Jean Damascène Ndagijimana w’imyaka 35 yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri azira kwiba insinga z’amashanyarazi zifite uburebure bwa metero 1100 zaguzwe n’abaturage bagamije kwizanira amashanyarazi iwabo mu tugari twa Mataba na Shyembe two mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Abagize komite y’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) bo mu turere twose tw’u Rwanda ndetse n’umujyi wa Kigali bari mu itorero i Nkumba, mu karere ka Burera, aho bari gutozwa gukora uko bikwiye akazi bashinzwe.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kuri uyu wa 25/06/2013 mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku buryo bwo gukomeza gukumira forode zishobora kuzanywa mu gihugu zinyujijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi.
Ntahorutaba Jean de Dieu uzwi ku izina rya Gifege ukomoka mu Kagali ka Sereri, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi n’abaturage ahagana saa saba z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri tariki 25/06/2013 azitura intama enye mu rugo rw’umuturage.
Igikoni cy’ishuri rya Lycee Ikirezi de Ruhango cyagwiriye abakozi batekera abanyeshuri, babiri barakomereka bikomeye cyane bahita bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kibingo.
Nsabiyezu Venuste w’imyaka 24 ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuri uyu wa mbere tariki 24/06/2013, yiyemerera ko yishe umusore witwa Ntibansekeye Wellars akuraho ijosi, umutwe ajya kuwuhisha kure.
Abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyabihu barasabwa kwitabira kugira amakaye abafasha mu miyoborere myiza, mu mutekano, mu gutanga serivise nziza ndetse no mu kwesa imihigo.
Abatera ubwoba abaturage bakoresheje ibyo bita ubuhanuzi bimaze iminsi myinshi bigaragara mu karere Rusizi barasabwa kubicikaho kuko ngo hari n’ababurira abandi ngo bagiye gupfa bigatuma biheba.
Prundence Karamira umunyamabanga nshingwabikorwa wa Bureau Social de Developpement aratangaza ko benshi mu bana bo mu muhanda bakira mu kigo cyabo bababwira ko bahunze imiryango yabo kuko yaboherezaga mu gucukura amabuye y’agaciro mu birombe.
Itsinda ry’Abarundi ririmo abayobozi b’inzego z’umutekano n’ab’amakomine baje kuganira n’abayobozi b’akarere ka Rusizi ku birebana n’igikorwa cyatuma ibihugu byombi bisenyera umugozi umwe cyane cyane mu birebana n’umutekano.
Nyuma yo gufata icyemezo ko nta modoka ikora taxi-voiture izongera kuzana abagenzi mu Rwanda kubera ko hari Abanyarwanda babyihisha inyuma bagakwepa imisoro, Abarundi bakorera ku mupaka uhuza ibihugu byombi mu karere ka Rusizi ntibishimiye icyo cyemezo.
Mvuyekure Emmanuel w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi ku mugoroba wa tariki ya 19/06/2013 amaze guhohotera umwana w’umuhungu w’imyaka 13, aho yashakaga kumujugunya mu musarani, nk’uko umwana abivuga.
Mu ma saa kumi z’umugoroba tariki 21/06/2013 ikigo cy’imfubyi kitiriwe Mutagatifu Antoine kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyafashwe n’inkongi y’umuriro maze aho abana b’abakobwa barara harashya.
Abagabo bane bo mu murenge wa Rurenge, akagali k’Akagarama, umudugu wa Murambi, bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo bakurikiranweho icyaha cyo gutema inka.
Libératha Mukamana w’imyaka 38 utuye mu mudugudu wa Muganza mu kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, yafashwe mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 atetse inzoga iteweme ya Kanyanga.
Nyuma yuko umucungamutungo wa ES Mutendeli, Habinshuti Cassien, aburiwe irengero kuva tariki 09/05/2013 ubwo yasabwaga gusobanura ideni rya miliyoni 79 ryari rimaze kuvumburwa muri iki kigo, yafatiwe mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi INATEK tariki 18/06/2013.
Vedaste Ntirusekanwa wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro yasabye umugore we imbabazi mu ruhame amusezeranya ko atazongera kumuca inyuma.
Mu gihe mu mujyi wa Kibungo hakorwa imikwabu itandukanye inzererezi zigafatwa, abatuye uyu mujyi baravuga ko igituma izi nzerezi zidacika aruko zongera zikarekurwa zitabanje kugororwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko “Abarembetsi” baza ku isonga mu bintu biteza umutekano muke muri ako karere kuburyo n’abaturage bo muri ako karere babatinya kuko baba bazi ko babagirira nabi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere kugira amakenga kugira ngo batazahabwa amafaranga y’amiganano kuko muri ako karere hafatiwe abantu bayafite ndetse n’umwe mu bakekwaho kwigana kuyakora.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kurara irondo kugira ngo bafashe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bityo umutekano ukomeze usagambe.
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero bakomeje kwinubira urusaku rwa nijoro ruturuka mu tubari ducuruza inzoga, aho ba nyiratwo barara bavuza amaradiyo n’urusaku rwinshi bikabuza bamwe gusinzira.
Inkongi y’umuriro ifite inkomoko kugeza n’ubu itarabasha kumenyekana yibasiye urugo rw’umupasiteri w’itorero EBENEZER mu karere ka Nyanza itwika bimwe mu byumba by’inzu ye ndetse n’ibyari biyirimo.
Umuforomo ukiri umusore ukora ku Bitaro bya Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi, Stasiyo ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 17 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Abana batatu b’abakobwa bariwe n’imbwa mu Murenge wa Kanombwe, Akarere ka Kicukiro ku cyumweru tariki 16/02013, Polisi igasaba abatunze imbwa kuzingiza no kuzikingirana kugira ngo zitarya abantu.
Ntamahungiro Theodore w’imyaka 21 na Kaberuka Jean Damascene w’imyaka 42 bafungiye kuri poste ya Polisi ya Ntyazo bakuriranweho kwigiza ibiti by’ishyamba cyimeza bitwikiriye ijoro.
Rukundo Pascal uyobora Akagali ka Kabilizi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamukubitiye iwe banamutera icyuma mu rubavu kimuhinguranya imbere mu mubiri.
Niyitegeka Ephron w’imyaka 21 umurambo we wabonetse mu gishanga cy’umuceli wo mu mudugudu wa Kimirama mu kagali ka Gitwa mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bigaragara ko yatewe ibyuma mu ijosi.
Niyomugabo Pascal wishe muramu we amuteye icyuma yafatiwe mu karere ka Bugesera akaba afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu gihe hagiteregerejwe ko agezwa aho yakoreye icyaha mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Kanyandekwe Aaron w’imyaka 52 wari utuye mu murenge wa Macuba, tariki 14/06/2013 yimanitse mu kagozi ahasiga ubuzima.