Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, aratangaza ko n’ubwo mu gihugu hamaze iminsi hagaragara ibikorwa bibangamiye umutekano nk’inkongi z’umuriro n’ubwicanyi mu miryango nta gikuba kiracika kugeza ubu, ku buryo umuntu yakwemeza ko nta mutekano uhari.
Fidele Kubwimana w’imyaka 21 y’amavuko arwariye mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro nyuma yo gutemwa mu mutwe n’umwe mu barwanaga, ubwo yari agiye kubakiza.
Umugabo ufite imyaka 45 wabanaga mu rugo n’umwana we w’umukobwa w’imyaka 9, yamuhohoteye tariki 25/5/2013. Bwacyeye umwana abimenyesha nyirasenge nawe wabimenyesheje Polisi maze atabwa muri yombi.
Frederick Sematama w’imyaka 33 y’amavuko wari atuye mu mudugudu wa Gasasa akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda basanze umurambo we umanitse mu giti tariki 30/05/2013, bikaba bicyekwa ko yimanitse ariko impamvu yatumye yiyahura ntiyabashije guhita imenyekana.
Nyirashyirambere Claudine w’imyaka 45 utuye mu Kagali ka Mubuga, Umurenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke tariki 29/05/2013 yishe uruhinja arunize nyuma y’umunsi umwe arubyaye.
Ku mugoroba wa tariki 29/05/2013, inzuki zo mu ruvumvu ruri mu mudugudu wa Bitaba mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba zaraturuye zirya abantu, zica inka ndetse n’ingurube.
Abasore batatu tutabashije kumenya amazina batuburiye umugenzi amafaranga ibihumbi 100 muri gare ya Kayonza baracika, ariko nyuma baza gufatirwa mu kabari bari bagiye kwiyakiriramo bakubitwa n’abaturage karahava mbere yo kugezwa kuri Polisi.
Nshimiyimana Kayitani w’imyaka 29, yiciwe mu muhanda uva ku Ruyenzi werekeza i Gihara, mu rukerera rwa tariki 30/05/2013, ahagana saa cyenda n’igice z’ijoro. Mu bakekwaho kumwica basangiriraga mu kabari, umwe niwe umaze gutabwa muri yombi.
Umuyobozi w’akagari ka Ijwi mu murenge wa kamember ari mu maboko ya Polisi akekwaho gufata ruswa y’amafaranga ibihumbi 120 yahawe n’abo yari yafatiye imitego ya kaningini itemewe.
Havugimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu mudugudu wa Nkuro mu kagari ka Vugangoma mu murenge wa Macuba afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo kuniga undi mugabo amushinja ko yamusambanyirizaga mushiki we.
Umusore w’imyaka 20 wo mu murenge wa Kamembe yacunze umwana asohotse iwabo maze yica ingufuri yinjira mu nzu yiba matora ariko ubwo umwana wari ku rugo yagarukaga yahise asakirana na Havugimana yikoreye matora y’iwabo.
Mudahigwa w’imyaka 55 wari utuye mu Kagali ka Kamonyi, Umurenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yitabye Imana aguye mu muyoboro w’amazi y’urugomero rw’amashanyarazi ya Musarara ahita yitaba Imana.
Umugabo witwa Yohani Uwihoreye utuye mu mudugudu wa Mututu mu murenge wa Nyarusange arashinjwa kwica abantu batatu ubwo yashakaga kwivugana umukuru w’umudugudu wamutanzeho amakuru avuga ko yatemye ibiti ku buryo butemewe.
Tuyishime Jibu arwariye mu bitaro bya Rubavu nyuma yo gutemagurwa na se amuhora ko amubajije uburenganzira ku mutungo wabo yarimo ajyana ku undi mugore yashatse.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rukoro, akagari ka Kanyefurwe, umurenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu barasaba ko amazi ava ku muhanda wa Musanze-Rubavu yashakirwa indi nzira kuko abangiriza.
Mu mudugudu w’Amabumba n’uwa Rugarama mu kagali ka Kinyonzo mu murenge wa Kazo haravugwa abantu biba bakahungabanya umutekano nijoro babanje gufungirana abantu bari mu mazu. Ngo barabanza bagashyira umwanda w’abantu (amabyi) imbere y’inzu.
Abatuye umudugudu wa Mirama ya mbere mu kagari ka Nyagatare mu murenge wa Nyagatare baratangaza ko muri iyi minsi uragaragaramo ubujura bukabije.
Zirimabagabo Epaphrodite w’imyaka 25 utuye mu Kagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke arwariye mu Bitaro bya Nemba nyuma yo gutemwa n’umugore wamufatiye mu cyuho amwiba.
Mu gitondo cya tariki 25/05/2013 imbere y’umuryango wa Habagusenga Edson utuye mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bwa Tortoise ihateze ku rugi.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Muyobokimana Jean Pierre w’imyaka 34, nyuma yo gukekwaho kwica umuturanyi we witwa Mukambora Dancilla w’imyaka 60 amukubise umuhini w’isuka mu mutwe.
Nyuma yo gukangurirwa gukumira no kurwanya inkongi z’imiriro aho zigaragara ubu ahenshi mu karere ka Gisagara, nta bikoresho bihari byakwifashishwa mu gihe izo nkongi z’ imiriro zaba zibonetse.
Izabayo Elia w’imyaka 17, wari utuye mu mudugudu wa Mpandu mu kagali ka Karama,umurenge wa Kazo,wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku magali yatoraguwe tariki 24/05/2013 mu kizenga cy’amazi (icyinyonzo) i Karama, yarishwe anamburwa igari.
Sindambiwe Theoneste w’imyaka 22 wo mu mudugudu wa Kamonyi mu kagari ka Murambi, mu murenge wa Cyato wo mu karere ka Nyamasheke yagwiriwe n’ikirombe kimuheza umwuka ubwo yari yagiye kwiba amabuye y’agaciro ya coltan mu kirombe cya Koperative CODINYA muri uwo murenge.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda arasaba abaturage bo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, kureka burundu ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko bizatuma umutekano usagamba mu ngo zabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu kagali ka Nyanza mu mudugudu wa Kavumu bakomeje kwibasirwa n’ubujura bubibasira mu ngo bakibwa ibikoresho bitandukanye ndetse n’imyaka yabo yo mu mirima.
Mukamana Alphonsine na Mukagashugi Mariam bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2013 bakurikiranyweho gucuruza inzogo itemewe y’Igikwangari.
Mukeshimana Furaha utuye mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro avuga ko nta bushobozi asigaranye bwo gucuruza nyuma y’uko abajura bamwibye inshuro ebyiri bakamutwara amafaranga ibihumbi 56.
Ahagana saa mbili na mirongo itanu z’ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 24/05/2013, abaturage bo mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, bakanzwe n’urusaku rw’amasasu gusa kugeza ubu icyateye aya masasu ntikiramenyekana.
Abantu barindwi bafungiye kuri station ya Polisi ya Rubavu bakurikiranyweho ibikorwa byo gukopera ibizami by’impushya z’ibinyabiziga mu manyanga taliki 21/05/2013. Abacyekwa bagishakishwa ni 48.
Nyandwi Felicien w’imyaka 42 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gaseke mu kagari ka Gatare mu murenge wa Macuba wo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma yo gukomeretsa umugore we amukata umunwa.