Ndererimana Bosco wari utuye mu murenge wa Mushonyi yateye icyuma umugore we tariki 03/06/2013, amuziza ko yamutangagaho amakuru igihe yabaga yatorotse TIG, akomeretsa umukobwa we arangije na we anywa umuti wica udukoko twangiza ibihingwa yitaba Imana.
Polisi yo mu karere ka Rubavu yashoboye kugaruza telefoni z’uwitwa Baba Ushindi zari zatwawe n’uwitwa Hassan Sibomana taliki 22/05/2013 nyuma y’uko mu mujyi wa Goma humvikanye umutekano mucye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 afungiye kuri station ya Polisi mu mujyi wa Gisenyi azira kuba agira uruhare mu gutera amabuye abamurera.
Ngaboyisonga Alphonse w’imyaka 57 wari utuye mu kagari ka Rubona mu murenge wa Kinazi yaraye yivuganywe n’abajura mu ijora rya tariki 06/06/2013.
Mu gihe mu karere ka Ngoma havugwa impanuka zitari nke, abatwara abagenzi ku magare no kuri moto barashinjwa kugira uruhare muri izo mpanuka kubera kwica amategeko y’imihanda.
Abana b’inzererezi bagera kuri 25 mu mujyi wa Gisenyi biyise intumwa za Shitani kubera ibikorwa bakora by’ubwambuzi no kugirira nabi ushaka kubarwanya mu bikorwa byabo.
Nyuma y’uko umugabo witwa Gihana Yohani ukomoka mu murenge wa Mugombwa akarere ka Gisagara yiyahuye anyweye umuti witwa simikombe agapfa, ubuyobozi bw’uyu murenge buratangaza ko nta mpamvu yo kwiyahura bukanahamagarira abayurage kubwiyambaza igihe bafite ibibazo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013 ahagana mu ma saa mbiri, amazu ane y’ubucuruzi mu mujyi wa Muhanga yafashwe n’inkongi y’umuriro arashya akongokana n’ibyari birimo kuko abari aho batabashije gusohora ibyari birimo.
Impanuka ya Busi nini ya Horizon yabaye tariki 05/06/2013 ahagana saa saba z’amanywa mu mudugudu wa Nyamiyaga mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakomerekeyemo abantu 15 ubwo imodoka yarengaga umuhanda.
Kuwa 01/06/2013, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe inzego z’umutekano zarabutswe umugabo wikoreye igikapu zimukekaho kuba yahungabanya umutekano dore ko aribwo bwa mbere bari bamubonye bashatse kumuhagarika kugirango bamubaze uwo ariwe ahita ajugunya igikapu yari afite ariruka.
Abayobozi b’utugari n’imirenge igize akarere ka Ngoma barasabwa gushyira ingufu mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga kuko imibare y’ababifatanwa igenda yiyongera cyane bityo bikaba biteye impungenge ko ikoreshwa ryabyo ryiyongereye.
Bitariho Celestin w’imyaka 67 utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Kigabiro, umurenge wa Rutare yaraye yivuganye umugore we Bantegeye Xaverina w’imyaka 63 amukubise isuka ya majagu mu mutwe arangije nawe ahita yiyahuza umuti bita Rava ahita apfa.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Munyinya cyo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi witwa Nsabimana Aloys yaburiwe irengero nyuma yo guta akazi agashakishwa akabura.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rweru mu karere ka Bugesera buratangaza ko ikibazo cy’urugomo giterwa n’intaragahanga cyahagurukiwe n’inzego z’umutekano, ku buryo hari icyizere ko nta muturage uzongera guhohoterwa n’abo banyarugomo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buraburira abagatuye kwirinda kunywa uruvangatikane rw’inzoga kuko kuzivanga nabyo byabyara ibiyobyabwenge.
Ndikubwayo Jeanvier w’imyaka 22 wigaga ku kigo cy’amashuri cya GS.Kabeza kiri mu murenge wa Kibungo yiyahuye tariki 03/06/2013 yiziritse injishi mu nzu aho yacumbikaga.
Ndayambaje Donatien w’imyaka 21 utuye mu murenge wa Mutete wakoreraga kuri Santere y’ubucuruzi ya Rwafandi ari mu maboko ya Polisi azira ubucuruzi bwa mazutu butemewe n’amategeko.
Nzabigirante Fabien uyobora umudugudu wa Nyamasheke mu kagari ka Murambi, umurenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’abantu batanu bo mu muryango umwe, mu gihe yarimo akemura ikibazo umwe muri abo bamukubise yari afitanye n’umwana wari umaze guta amafaranga.
Nyirabahire Didasiene w’imyaka 56 utuye mu mudugudu wa Nyagakiza akagari ka Ruhondo, mu murenge wa Ruvune mu ijoro rishyira kuri uyu wa 04/06/2013 yatemwe mu mutwe n’umuntu utaramenyekana.
Dufatanye Eugène w’imyaka 24 y’amavuko utuye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza akurikiranweho gukorera undi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo (Permis provisoire).
Umwana w’imyaka 16 witwa Uwimana Habineza wo mu mudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 02/06/2013, aburirwa irengero.
Dukomeze Ezechiel w’imyaka 30 utuye mu mudugudu wa Maya, akagari ka Kabuga, umurenge wa Kageyo, mu joro rishyira tariki 03/06/2013, yatemye umugore we witwa Mukamana Vestine nawe w’imyaka 30 aramukomeretsa bikomeye ku ijosi arangije nawe ahita yitwika na essance.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete KBS yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza i Kigali yagonze ikiraro cya Base ubwo yakwepaga imodoka itwara abagenzi izwi nka “Twegerane”, abagenzi batatu barakomereka.
Munyemana Jean Claude w’imyaka 23 yitabye Imana ahagana saa saba z’amanywa tariki 01/06/2013 azize intebe yakubiswe mu mutwe kuwa gatanu tariki 31/05/2013 ubwo yari mu mudugudu wa Muganza ho mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Bamwe mu bacuruzi b’utubari tw’inzoga bafungura utubari mu masaha y’akazi, abaturage bakanywa inzoga bakageza ubwo basinda ntacyo bikanga aho kujya gukorera ingo zabo ngo zitere imbere.
Abantu babiri bitabye Imana abandi babiri barakomereka cyane mu mpanuka y’imodoka ya FUSO yabaye mu gitondo cya tariki 01/06/2013 mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe giherereye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Kubera inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ishuri rya Ecole des Science Byimana, tariki 02/06/2013, abanyeshuri 320 b’abahungu biga muri icyo kigo basubijwe iwabo mu gihe hagishakishwa ahandi bazajya barara.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 01/06/2013 yatahuye abacururizaga ibiyobyabwenge by’urumogi mu gisenge cy’inzu mu murenge wa Musha ahitwa Kadasumbwa.
Gatambayire Aimable, Hajabakiga Gilbert, Rukundo Juvenal na Mukarukundo Rose bari mu mabko ya Polisi Station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho gukora no gucuruza inzoga z’inkorano “ibikwangari.”
Umurambo wa Ntezirizaza Pierre w’imyaka 73 y’amavuko wabonetse mu ishyamba riherereye mu mudugudu wa Karuruma mu kagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro tariki 31/05/2013, nyuma y’iminsi itandatu yari ishize nta muntu uzi aho aherereye.