Abaneshuri batatu biga ku kigo cya College Urumuri Politechnique cyo mu murenge wa Rukozo, baguwe gitumo bari kunywa inzoga za Kanyanga bagombaga kumena, mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’igihugu cyo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013.
Niyomugabo Pascal bitaga Rubyogo wari utuye mu mudugudu wa Gisayura mu kagali ka Bugali mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yateye icyuma muramu we witwa Bizimana André w’imyaka 41 y’amavuko ahita apfa.
Umusore w’imyaka 19 uvuga ko yitwa Minani yafatiwe mu Mujyi wa Gakenke, Umurenge wa Gakenke ashaka kugurisha umunzani yibye ngo abone amafaranga y’itike imusubiza iwabo nyuma yo kwibwa n’indaya ibihumbi 35.
Mu gihe tukiri mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, abatuye akagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi barasabwa kumva ko inzoga zizwi nka nyirantare ari ikiyobyabwenge cyangiza ubuzima bityo bakakirwanya bafatanya na Polisi kugaragaza abazenga n’ababicuruza.
Muri iki cyumweru cya Polisi, mu karere ka Rulindo hakomeje ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu. Tariki 13/06/2013, mu murenge wa Rukozo habereye ibiganiro ku kumvisha urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge no kubashishikariza kutabikoresha.
Habihirwe Maritin w’imyaka 25, yishe nyina Maniraguha Therese w’imyaka 69. Abavandimwe be barakeka ko uyu musore yishe nyina bitewe n’uko yamwatse amafaranga yo kugura moto akayamwima, naho Habihirwe akavuga ko yabitewe n’amashitani.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano muri ako karere bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 910.
Umugore witwa Mukurizehe Gaudence utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yakomerekejwe n’umugabo we bapfuye ko amushinja kuba afite inshoreke.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo afunzwe akekwaho gukoresha inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 52 yafatanywe udupfunyika 200 tw’urumogi ku bufatanye n’abaturage, ahita afungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza, akurikiranywe gucuruza no gukoresha icyo kiyobyabwenge.
Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kuwubungabunga ni kimwe mu byashimangiwe mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe bikorwa bya Polisi mu karere ka Nyagatare.
Pastori Munyabugingo Sawuli na Harerimana Etienne bakurikiranweho gusengera abantu ntibajyanwe kwa muganga ndetse bakanabapfiraho.
Umugabo witwa Ntirera David utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke avuga ko adashaka gutandukana n’umugore we kugira ngo isambu ye batayigana.
Uwineza Carine w’imyaka itatu y’amavuko wo mu murenge wa Nyamiyaga mu kagari ka Gahumuriza mu mudugudu w’Amajyambere mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi witwa Mwange ahita y’itaba Imana.
Uwamusetsa Marianna w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Rwabagoyi, akagari ka Mataba mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akekwaho kwica umwana yari yabyaye mu gitondo cyo wa kabiri, tariki 11/06/2013, ariko we akabihakana.
Habamungu Isac utuye mu murenge wa Rukira yateye urugo rw’uwahoze ari umugore we Ingabire Monique, tariki 10/06/2013, ateragura abantu ibyuma bane bari bahuruye umwe muri bo yitaba Imana.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 17 n’umusore w’imyaka 22 batawe muri yombi n’ aba-local defense bakurikiranweho kwiba terefone ngendanwa mu isoko rya Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Kabiri tariki 11/06/2013.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubarinda impanuka bakunze guhura nazo kubera umuhanda wa kaburimbo unyura mu kigo cyabo.
Hagumimana Jean Bosco asabira imbabazi gutunda no gucuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko kuva yafatwa amaze kumenya ububi bwacyo kandi agisabira imbabazi.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Polisi mu karere ka Kirehe, hasobaniwe ko Polisi yihaye inshingano yo gukangurira abantu cyane cyane urubyiruko kwirinda ibisindisha n’ibiyobyabwenge kuko bibangiriza ubuzima.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 15 ukomoka mu murenge wa Base ho mu karere ka Rulindo, avuga ko yishe umwana w’umukobwa w’umuturanyi w’iwabo wari afite imyaka itatu.
Igikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi mu karere ka Huye cyaranzwe no gusibura hamwe mu hari ibimenyetso bigaragaza aho abanyamaguru bambukira mu muhanda wa kaburimbo (zebra crossing) unyura rwagati mu mujyi wa Butare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere bafite “ibicugutu” cyangwa “ibitogotogo” bikoze mu biti ko barekera aho kubigendaho kugira ngo birinde impanuka bibatera.
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Daihatsu yabereye mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke tariki 09/06/2013 yakomerekeyemo abantu batandatu bahise bajyanwa ku Bitaro bya Bushenge.
Uwingabire Donatha w’imyaka 18 ukomoka mu karere ka Nyanza yafatiwe mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 08/06/2013 yibye umwana muto w’imyaka ibiri wo mu rugo yakoragamo i Kigali.
Niyonsenga Jean w’imyaka 25 uzwi ku izina rya Gumiriza wo mu mudugudu wa Rubavu, akagari ka Nyamugari mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke azira gukubita se inyundo mu mutwe ngo kuko yari yahaye mushiki we umunani.
Umwana w’imyaka 11 wo mu mudugu wa Badura, akagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe, yatwitswe amaboko na nyina umubyara witwa Uwizera amuziza ko afite ngeso yo kumwiba.
Uwamungu Jacqueline w’imyaka 22 wari utuye mu mudugudu wa Rugandu, akagari ka Nyarutamana mu murenge wa Byumba yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bamuciye umutwe n’amaboko.
Umukecuru witwa Mukamuganga Thacienne w’imyaka 58 wo mu mudugudu wa Gahwazi, akagari ka Kamatita ho mu mu murenge wa Gihundwe yari agiye kwicwa n’umwana yibyariye witwa Ingoboke Egide w’imyaka 23.
Umugabo witwa Vincent Yambabariye wari ucumbitse mu mudugudu wa Mataba y’epfo, akagari ka Kabugondo mu murenge wa Mugina, yatorotse urugo rwe, mu gihe abaturanyi bahasanze umurambo w’umugore we bari baraye batonganye.