Umuyobozi mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’inderabarezi, Prof. George Njoroge avuga ko abanyeshuri biga n’abarangije mu mashuri y’inderabarezi ya Rukara (Rukara College of Education) na Kavumu (Kavumu College of Education) bemerewe kongera ubumenyi bashaka impamyabumenyi yisumbuye ku yo bahabwa n’ayo mashuri, ariko (...)
Mu gihe hari bamwe mu bakobwa usanga banenga imyuga imwe n’imwe bavuga ko yagenewe abahungu gusa, umukobwa urimo kuyiga mu karere ka Nyagatare bashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga kuko kubaka urugo bitakireba umugabo gusa.
Abanyeshuri bigaga mu ishuri rya Kavumu College of Education mu kwezi kwa 12/2014 bazimurirwa mu ishuri rya Rukara College of Education. Aya mashuri makuru yombi yari asanzwe ari amashuri nderabarezi atandukanye, kuyahuriza hamwe bikaba biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo guverinoma y’u Rwanda yafashe mu mwaka (...)
Abanyeshuri 290 bo mu karere ka Ngororero bari mu bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza ariko ntibagikoze kuko bataye ishuri bakajya ahandi hantu hatandukanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Amahugurwa, Nsengiyumva Albert, aratangaza ko yishimiye kuba mu banyeshuri 21325 bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye biga imyuga, hafi kimwe cya kabiri cyangwa 50% ari abakobwa.
Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (College of Education), Prof John Njoroge arifuriza abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta intsinzi, akabibutsa ko batarangije kwiga ahubwo bikwiye kuba intangiriro.
Abanyeshuri 201 bo mu ishuri rya GS Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bagiye bata ishuri mu bihe bitandukanye muri uyu mwaka wa 2014 akenshi biturutse ku mibanire itanoze ya bamwe mu babyeyi.
Mu gihe bigaragara ko amashuri y’inshuke akiri macye mu mujyi wa Muhanga, ubuyobozi bw’ako karere burashishikariza abikorera kugira uruhare rufatika mu gutangiza aya mashuri kuko Leta itabyishoboza yonyine.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera baravuga ko uburyo bwo kwigisha hakoreshejwe imikino mu ishuri bwatumye abanyeshuri barushaho gusobanukirwa n’amasomo ku buryo bwihuse kandi bworoshye, ku buryo byanazamuye ireme ry’uburezi kandi binagabanya umubare w’abana bataga ishuri.
Ishuri “Akagera International school” riri mu karere ka Kirehe ryakira abana baturutse mu bihugu binyuranye rikaba rifite gahunda yo kurenga imbibi z’u Rwanda rikaba ishuri mpuzamahanga nkuko izina ry’ikigo ribivuga.
Bwa mbere mu mateka y’akarere ka Rusizi, hagaragaye abana bize amashuri atatu y’incuke. Umuhango wo kubaha impamyabumenyi ibemerera ko umwaka utaha w’amashuri bagomba gutangira kwiga amashuri abanza wabaye 26/10/2014.
Ababyeyi bo mu karere ka Rwamagana basabwe kuba maso bakita ku bana babo kugira ngo babarinde ibyabashuka bikabashora mu ngeso mbi zibangiriza ubuzima, muri iki gihe ahenshi mu Rwanda abana bashoje amashuri abanza bajya mu biruhuko guhera kuri uu wa gatanu tariki 24/10/2014.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-EAST), kuri uyu wa 22/10/2014, ryatangije ku mugaragaro amasomo y’imyuga azamara igihe gito ku rubyiruko rwahoze ruba mu muhanda ndetse no ku banyonzi, hagamijwe kubafasha guhindura imibereho yabo ngo ibe myiza.
Abanyeshuri bo mu karere ka Gakenke bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza kuri uyu wa 23/10/2014 bemeza ko muri rusange ibizamini bakoze bitari bikomeye gusa ngo ikizamini cy’imibare nticyaboroheye.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke bakoze akazi ko kubaka icumbi ry’abarimu ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Gatonde, barinubira ko bamaze igihe kirenga amezi atatu batarahabwa amafaranga bakoreye mu gihe bubakaga iri cumbi, ku buryo abenshi byabaviriyemo kubura ayo kwishyura ubwishingizi (...)
Bamwe mu bavuka ndetse n’abize mu kigo cy’abafite ubumuga cya HVP Gatagara (Home de la vierge des Pauvres) kiri mu karere ka Nyanza, tariki 18/10/2014 barahuye barasabana bwa mbere mu mateka yabo banasura abana barererwa muri iki kigo.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo yishyuriye abanyeshuri 100 amafaranga y’amafunguro y’umwaka wose wa 2015, itanga n’ibikoresho birimo amakaramu, imipira yo gukina n’udukapu two gutwarwamo amakayi.
Abanyeshuri ba Sonrise School, ishuri riherereye mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve, kuri uyu wa mbere tariki 13/10/2014, basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) kugira ngo biyungure ubumenyi mu bijyanye no kubaka amahoro aho batuye no ku isi hose.
Ishuri Rikuru rya PIASS (Protestant Institute of Arts and Social Sciences), risanganywe icyicaro i Butare mu Karere ka Huye, ryaguriye amarembo mu Ntara y’Uburengerazuba aho ryafunguye ku mugaragaro Ishami ryaryo rya Rubengera mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 11 Ukwakira 2014.
Mu rwunge rw’Amashuri rwa Rwanamiza (GS Rwanamiza) ruri mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barataka ikibazo cy’ibura ry’amazi bavuga ko ari kimwe mu bigangamiye gahunda yo kugaburira abana ku ishuri.
Ubwo yatangizaga urugerero muri kaminuza n’amashuri makuru byo mu Rwanda ku itariki ya 1/10/2014, Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, yibukije abigiye ku nguzanyo ya Leta (buruse) bataratangira kuzishyura kwihutira kubikora kuko ari ngombwa.
Mu gihe byabaye nk’akamenyero ko hirya no hino mu mashuri makuru na kaminuza zo mu Rwanda abagira ibirori byo guhabwa impamyabumenyi (graduation ceremony) bataha bakazagaruka kuzifata nyuma, si ko byagenze ku ishuri PIASS uyu munsi tariki 30/09/2014 kuko bo bazitahanye.
Ishuli ryisumbuye ryitiriwe Roho Mutagatifu “Ecole Secondaire de St Esprit Nyanza” ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuri uyu 28/09/2014 ryizihije isabukuru y’imyaka 50 rimaze rishinzwe.
Ku mashuri yisumbuye 44 ari mu karere ka Nyabihu, 31 yose ni ay’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12. Ababyeyi bavuga ko ubu ari uburyo bwo guha agaciro uburezi, ku buryo kuri ubu n’umwana w’umukene yiga ntacyo asabwe.
Umuyobozi wungirije muri REB ushinzwe ireme ry’uburezi, Janvier Gasana, avuga ko abayobozi b’ibigo by’amashuri ndetse n’abarezi bakwiye kwita kuri disipurine y’abo barera, naho ubundi ntaho baba baganisha igihugu.
Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza mu Rwanda (HEC) irasaba ko abarimu bigisha muri kaminuza batarahuguwe mu mwuga w’uburezi bagomba kubyiga kuko kugeza ubu ngo ireme ry’uburezi mu rwego rwa kaminuza ridindizwa n’abarimu bahigisha batari abanyamwuga.
Ishuli ryisumbuye rya Islam riri i Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ryungutse umubano n’igihugu cy’Ubudage rinaterwa inkunga yo kuzubakirwa laboratwari izatwara amafaranga asaga miliyoni icumi mu rwego rwo gufasha imyigishirize myiza y’amasomo ya siyansi ahatangirwa.
Mu karere ka Ngororero haracyari ababyeyi badafasha abana babo gukurikirana amasomo yabo mu mashuri y’isnhuke abandi bakayabakuramo imburagihe, mu gihe Minisiteri y’uburezi ivuga ko abana bose bagomba kwiga amashuri y’incuke mbere yo gutangira abanza.
Nicodeme Hakizimana wo mu Murenge wa Gashaki, akarere ka Musanze wavukanye ubumuga bw’uruhu bakunda kwita ‘nyamweru” avuga ko byamugoye kwiga kuva yatangira amashuri abanza kugeza arangije kaminuza ahanini bitewe n’ubumuga yavukanye.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.