Ishuri rya Gashora Girls Academy ryegukanye insinzi mu biganiro mpaka byahuzaga amashuri atandukanye yo mu mujyi wa Kigali, nyuma y’uko amakipe yaryo abiri ariyo yageze ku mukino wa nyuma.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko kimwe mu byo basanga bihungabanya ireme ry’uburezi ari uburyo bwo kwigishamo bwaje; aho buri somo riba rifite umwarimu waryo mu mashuri abanza.
Mu rwego rwo gufasha abanyeshuli guhabwa uburezi bufite ireme no gufasha Abanyarwanda bafite amikoro make abana babo bagahabwa amasomo y’ubumenyi kandi mu ishuri rigezweho, akarere ka Gatsibo harimo kubaka ishuli ry’icyitegererezo ryitwa Gatsibo Model School.
Abanyeshuri 25 bari bageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkombo mu karere ka Rusizi basubijwe mu mwaka wa gatanu n’uwa kane kubera ubumenyi buke.
Muri gahunda yabo yo gusura ibigo by’amashuri y’isumbuye y’icyitegererezo mu Rwanda,komisiyo y’abadepite mu nteko ishingamategeko ifite uburezi munsingano yasuye ikigo cya Lyce de Zaza maze yishimira uburyo gicunzwe.
Hakizimana Jean Bosco ushinzwe uburezi mu Karere ka Gakenke atangaza ko abarezi bazagaragaho ko bagize uruhare mu buriganya bwo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta bazabibazwa.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’amashanyarazi ku Ishuri Ryisumbuye rya APRODESOC-Nemba mu Karere ka Gakenke, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 25/02/2014 bigaragambije kubera kutiga neza bahanishwa icyumweru bari iwabo maze bajya ku karere kwibariza ikibazo cyabo.
Kirenga Chris, ishimwe Ange, Kayitare Jean Michel Toussaint na Ingabire Tricia ni bo banyeshuri bazahagararira abandi bo mu Turere twa Nyanza na Huye mu marushanwa ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ku bijyanye no kuvugira mu ruhame (public speaking).
Kuri uyu wa mbere taliki 24/2/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nyakubahwa Paul Kagame yakiriye mu biro bye uwahoze ari umuyobozi rusange wa Canada (Governor General of Canada) akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Kaminuza ya Ottawa muri icyo gihugu, nyakubahwa Michaelle Jean.
Ubwo abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bagize komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko, basuraga ishuri rya E.S.Kagogo riri mu karere ka Burera bemereye abanyeshuri baho kubakorera ubuvugizi ku bibazo bafite.
Ubwo komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko yasuraga amashuri yo mu Karere ka Huye y’icyitegererezo mu kwigisha siyanse, ku itatiki ya 13/2/2014, yasanze mu mbogamizi aya mashuri afite harimo ibitabo bikeya no kutagira ibikenewe byose muri laboratwari.
Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) hatangiye kubakwa inyubako zijyanye n’igihe zizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri na miliyoni magana ane, izo nyubako zikazacyemura ikibazo cy’inyubako nke iri shuri rifite.
Minisitiri Musoni James ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yabwiye urubyiruko rwo mu karere ka Rwamagana ko niba bashaka kuba abazagirira igihugu akamaro ndetse bagakora no ku mafaranga bakwiye gushyira ingufu zabo mu kwiga imyuga kuko aricyo cyerecyezo Leta yerekezamo ubukungu.
Abana biga mu ishuri ry’inshuke rya SAEMAUL riri mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nyabivumu bafite hagati y’imyaka itatu n’itandatu baherekejwe na komite y’ababyeyi, basuye ingoro ndangamurage y’u Rwanda iri i Huye hagamijwe gutembera ndetse no kuhigira.
Amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye asanzwe, ayigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET) ndetse n’amashuri nderabarezi ya TTC, ngo agaragaza ko ireme ry’uburezi rigenda ritera imbere, nk’uko Ministiri w’uburezi, Dr Vicent Biruta yabitangaje.
Nyuma yuko akarere ka Rusizi kemereye urwunge rw’amashuri rwa Murira ruri mu murenge wa Muganza gusana amashuri yangijwe n’ibiza, ubuyobozi bw’iryo shuri buvuga ko bwatunguwe no guhagarikwa kubaka bigatuma abanyeshuri bigira mu rusengero no mu bubiko (stock).
Abanyeshuri bo mu kigo cy’ amashuri yisumbuye cya Murama, basanga kuba bashyikirijwe insakaza mashusho “Télévision”, ikoresha ikoranabuhanga rya Digital ari inkunga ikomeye bahawe, nabo bakazarushaho gukurikira amakuru y’ u Rwanda no hanze , ariko bazanayifashisha mu masomo yabo.
Abayobozi bakuru ba kaminuza y’u Rwanda, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kane tariki 30/01/2014, mu mwiherero w’iminsi ibiri kugirango baganire ku nshingano bahawe yo guhindura iyi kaminuza imwe mu z’icyitegererezo muri Afurika.
Mu muhango wo kwakira abanyeshuli 71 bashya baje kwiga mu ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) wabaye ku wa 27/01/2014 byagaragaye ko abanyamahanga ari bo bitabiriye kuryigamo ari benshi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri minisiteri y’uburezi, aravuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire bakamenya ko ubumenyingiro butagenewe abantu batabashije kwiga amashuri ngo babone impamyabushobozi, kuko n’abazifite babukeneye.
Umugabo witwa Ruhama Juvenal wo mu karere ka Gicumbi yikoreye imashini ya siporo ihagaze akayabo ka miliyoni 35 maze anegukana umwanya wa mbere mu banyabukorikori bo mu karere ka Gicumbi.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Huye rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye ntiruyitabira nk’uko bikwiye, ibi ariko ngo bitewe n’uko baba bagiye gushaka amaramuko dore ko ngo abenshi ari imfubyi zirera.
Ishuri rikuru ryitwa Community Intergrated Polytechnic (CIP) rifite icyicaro mu karere ka Kayonza ryongeye gukingura imiryango tariki 06/01/2013, nyuma y’amezi icyenda ryari rimaze ryarahagaritswe na minisiteri y’uburezi kubera bimwe mu bikoresho ritari rifite.
Ababyeyi n’abanyeshuri bo mu karere ka Gatsibo barakangurira bagenzi babo kujya bubahiriza umunsi wa mbere wo gufungura, kuko aribwo amasomo atangira mu bigo byose by’amashuri kandi ku banyeshuri ngo usibye uwo munsi aba acikanywe.
Ababyeyi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko mu murenge wabo hakwiye kubakwa ishuri ry’incuke rigezweho abana babo bakwigamo ngo kuko kuba ubu nta rihari bituma bajyana abana babo kwiga kure y’iwabo bikabatwara amafaranga menshi.
Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (Rwanda Tourism Institute) ryahaye impamyabumenyi abanyeshuri bagera kuri 885 basoje amasomo yabo mu butetsi n’ubukerarugendo. Igikorwa cyari kibaye ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Ibigo bibiri by’amashuri yisumbuye, irya IJW-Kibogora n’irya APEKA-Kagano yo mu karere ka Nyamasheke yemerewe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) gutanga amasomo y’ubumenyingiro ku rwego rwa A2 mu mwaka w’amashuri wa 2014.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga kimwe n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko umumenyi buke ari imwe mu mpamvu zitera imicungire idahwitse mu bigo.
Ishuri rikuru ry’Abadivantisiti b’Abalayiki rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ku nshuro ya mbere ryahaye impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuli bagera kuri 223 barangije muri iri shuli mu mwaka wa 2013.
Umushinga wa SWISSCONTACT wo mu gihugu cy’Ubusuwisi, kuri uyu wa 17/12/2013, wagaragarije Leta y’u Rwanda aho ugeze wubaka ibyumba bitandatu by’amashuri yigisha imyuga mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.