Iri shuri riherereye mu Karere Ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi, ryakira abana guhera ku myaka ibiri ( Creche), rikagira icyiciro cy’abana b’inshuke ( Maternelle), rikagira amashuri abanza n’ayisumbuye bahabwa uburezi bufite ireme mpuzamahanga (Cambridge).
Umuyobozi w’iri shuri Isa Gokturk Yilmaz, yatangaje ko bazatuma nta muuntu utuye mu Rwanda wagira ikibazo cyo gushakisha amashuri yo gushyiramo abana mu mahanga, kuko HOPE ACADEMY yujuje ibisabwa kandi iri ku rwego mpuzamahanga.
Yagize ati “HOPE ACADEMY yujuje ibisabwa nk’ishuri rifite ireme mpuzamahanga, kandi abana twakira bahabwa uburezi bwizewe cyane kuko dufite abarimu beza kandi bafite ubunararibonye mu myigire mpuzamahanga.”
Yakomeje atangaza ko bita cyane ku kinyabupfura cy’abana bakira, kuko ubumenyi gusa butajyanye n’imyitwarire mizima, ntacyo bumarira nyirabwo.
Atangaza kandi ko iri shuri rizafasha ababyeyi boherezaga abana babo hanze bakahigira imico mibi, kuko bazajya biga kandi bakiga neza kandi bari hafi y’ababyeyi babo, ku buryo bazajya babasha kubakurikiranira hafi, kuburyo nta kibazo cy’imico mibi bazigira hanze kizongera.
Isa akangurira Abanyarwanda kurigana, kuko ari ishuri ryiza ku nzego zose yaba mu ireme ry’uburezi, mu kinyabupfura no mu myidagaduro y’abana.
Avuga ko hari ibibuga bihagije byo gutuma abana bisanzura, n’ibindi bikinisho byose bituma abana bidagadura bakaruhuka, bakiga banezerewe.
Andi mafoto:
Roger Marc Rutindukanamurego
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Hope Academy kuzibuka.
Ndagukunda Hope Academy
Murakoze
Iri shuri ni ryiza. Nibatubwire Minerval ni angahe?
kuza kwa Hope Kids academy nigisubizo ariko ni abanyarwanda bangana iki bafite ubushobozi bwogutwalayo abana babo-amakuru nfite avuga ko bigishya neza ariko rirahenze.
HOPE ACADEMY iradutabaye, ntabwo abanyarwanda bazongera guhangayika bajya kwigira cambridge kuko iri shuri rikorana nayo.
Thanks to HOPE ACADEMY, iri shuri ntakabuza zizatanga umusaruro mwiza, cyane cyane ko rikorana na cambridge, kuko cambridge ni shuri zizwe ku rwego rw’isi ko ari ryiza.