Nicodeme Hakizimana wo mu Murenge wa Gashaki, akarere ka Musanze wavukanye ubumuga bw’uruhu bakunda kwita ‘nyamweru” avuga ko byamugoye kwiga kuva yatangira amashuri abanza kugeza arangije kaminuza ahanini bitewe n’ubumuga yavukanye.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bikorera mu karere ka Rusizi badatangira ku gihe imibare y’abana bafite mu mashuri yabo cyangwa bagatanga imibare igoretse ku nyungu zabo bwite, ntibazongera kwihanganirwa,ahubwo bazajya bafatirwa ibihano bikaze birimo no kuba bavanwa kuri iyo myanya.
Mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana hatashwe ishuri ry’inshuke ryo mu rwego rwo hejuru ryubatswe n’umuryango “Gira Impuhwe” ku nkunga y’ambasade y’Ubuyapani mu Rwanda.
Umushumba wa Diocese Gatolika ya Butare na Gikongoro, Musenyeri Phillipe Rukamba, arasaba ababyeyi kuganira no kuba hafi y’abana babo kuko iyo bataganirijwe ariho bahura n’ibishuko binyuranye bishobora no kubangiriza ubuzima.
Urubyiruko rurimo kujya kwiga mu Buyapani muri gahunda icyo gihugu cyemeye gufashamo Leta y’u Rwanda, ngo rwitezweho kuzagaruka rushoboye imirimo isaba ubuhanga buhanitse, ubusanzwe ikorwa n’abanyamahanga ngo baza bakishyurwa akayabo, nk’uko byatangajwe na Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana.
Nyuma y’uko Intara y’Iburasirazuba igaragaye ku isonga mu buriganya n’imikorere mibi y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka ushize wa 2013, abashinzwe uburezi muri iyi Ntara bose barasabwa kurwanya iyi sura mbi yabagiyeho, baharanira ubunyangamugayo mu gufasha abana gukora neza ibizamini.
Abanyeshuri biga mu bigo byigisha imyuga kimwe n’abarimu babo, bavuga ko Abanyarwanda batari bakwiye gukomeza kwibwira ko ibikoresho byiza ari ibikorerwa hanze y’u Rwanda gusa, kuko ngo no mu Rwanda hari ibihakorerwa kandi byiza kurusha n’ibitumizwa mu mahanga.
Ababyeyi bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko gahunda y’uburezi kuri bose yaje ikenewe kandi izarushaho kuzamura ireme ry’uburezi no guca ubujiji. Kuri ubu imibare igaragaza ko muri uyu mwaka mu karere ka Nyabihu hari amashuri 31 y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yigamo abana barenga ibihumbi 13.
Kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014, Umushinga Plan international Rwanda washyikirije akarere ka Bugesera ishuri wubakiye abatuye ako karere rifite agaciro ka miliyoni 362 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) ryatangije ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko kuko bigira ingaruka ku myigire n’imibereho by’urubyiruko ndetse no ku gihugu muri rusange.
Mu kigo cyigisha imyuga n’ubumenyingiro cyo mu ntara y’amajyepfo (IPRC-South) hari kubera imurikabikorwa ahanini ryatumiwemo amashuri ndetse n’abandi bantu bakora ibikorwa by’imyuga n’ubukorikori guhera ku itariki ya 23 kugeza ku ya 31/8/2014.
Ikibazo cy’ubushomeri kizarangizwa no kwiga imyuga nk’uko bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri y’imyuga rubivuga.
Nyuma y’imyaka ibiri urwunge rw’amashuri rwa Murira ruhagaritswe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kubaka ibyumba by’amashuri rwari rwatangiye runabigeze kure bigatera ubwumvikane buke, byatumye Guverineri w’intara y’uburengerazuba uri mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rusizi n’inzego zinyuranye basura iki kigo, kuri uyu (...)
Hagamijwe gukumira inda zitateguwe mu bana b’abakobwa, mu kagari ka Karenge mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo habereye ubukangurambaga hagamijwe gusobanurira abana b’abakobwa ingaruka bashobora guhura nazo mu gihe batitwaye neza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Abanyeshuri 27 barangije mu ishuri ry’imiyoborere no guhindura abantu abigishwa ba Kirisitu, School of Leadership and Discipleship (SLD), tariki 17/8/2014, bahawe impamyabushobozi z’amasomo bari bamazemo igihe cy’amezi cyenda.
Mu gihe hasigaye igihe kitari kinini ngo abanyeshuri barangiza amashuri abanza n’ayisumbuye bakore ibizamini bya Leta, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Huye barasabwa kongera imbaraga mu migendekere myiza y’imyigire y’abana kugira ngo bazabashe gutsinda neza muri uyu mwaka.
Guhera ku itariki ya 13/08/2014 kugeza tariki ya 20/08/2014, itorero Mashirika rizwi ho gutambutsa ubutumwa butandukanye binyuze mu ma kinamico no muri cinema, riri mu gikorwa cyo gukangurira abatuye mu karere ka Rusizi cyane cyane urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.
Bamwe mubasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu mudugudu wa Gakurazo mu akagari ka Musenyi umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera bakura abana babo mu ishuri bavuga ko babangamiwe n’ubukene kuko ngo batabona amafaranga ishuri ribaka.
Ubuyobozi bw’ishuli rya Green Hills Academy, rimwe mu mashuli akomeye mu Rwanda, ryakoze ibirori by ’ubusabane na bamwe mu banyeshuli baryizemo mu myaka yashize bagize icyo bita “Alumni”, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 14/8/2014.
Mu itangira ry’igihembwe cya gatatu cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, abanyeshuri 82% gusa nibo bageze ku bigo bigaho ku gihe, Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ikaba isaba ababyeyi, abarezi n’inzego zitandukanye zibishinzwe, guharanira ko abanyeshuri bose bagera ku mashuri hakiri kare mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwashyikirijwe, kuwa 12/8/2014, amarerero umunani yubatswe n’umuryango Plan International Rwanda, inyubako n’ibikoresho bikaba byaratwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 245.
Abanyeshuri 260 barangije mu mashami atandukanye bigaga mu ishuri rikuru rya ISPG (Institut Superieur Pédagogique de Gitwe) mu karere ka Ruhango, bashyikirijwe impamyabumenyi kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014, maze basabwa kwitwara neza mu buzima bundi bagiyemo, bibuka ko Abanyarwanda babategereje kugirango bababere (...)
Ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Bushenge kiri mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, gikomeje guhangayikishwa no kutagira amazi meza mu gihe bamaze gutangira gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza kuzamura, abarezi bakavuga ko haramutse nta gikozwe mu maguru mashya bashobora kugira ibibazo bituruka ku (...)
Abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 bo mu karere ka Gisagara, baratangaza ko gahunda yo kubagaburira ku ishuri n’ubwo ari nziza ikigaragaramo ibibazo, aho bitoroshye kuri bose kubona amafaranga batumwa kugirango babashe kurya bitewe n’uko n’ubusanzwe aya mashuri yigamo abana benshi baturuka mu (...)
Nyuma y’aho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ifatiye icyemezo cyo kwishyuza visa Abanyarwanda bose bambuka bajya muri icyo gihugu banyuze ku mupaka wa Rusizi ya mbere, abanyeshuri n’ababyeyi bafite abana biga i Bukavu muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza impungenge z’icyo cyemezo.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryatangije itorero ku banyeshuri baryigamo maze basabwa kurangwa no gukunda umurimo unoze birinda kuzavamo abanyamwuga basondeka.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rutsiro, Nyirabagurinzira Jacqueline, avuga ko mu karere hose habarurwa ibigo by’amashuri 36 bishaje cyane ku buryo bitakagombye kuba byigirwamo n’abanyeshuri, akaba asaba imirenge biherereyemo ndetse n’ababyubatse biganjemo amadini n’amatorero gufata (...)
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko uburezi bw’abana bafite ubumuga ntacyo buhindura ku burezi bufite ireme mu gihe abana bose bigira hamwe, ndetse bagahabwa inyigisho zimwe.
Abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri ari mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo, baravuga ko imyigire yabo ikomeje kuba mibi cyane kubera ikibazo cyo kwiga mu ishuri ari benshi “bacucitse”.