Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Francois Kanimba, yijeje ubufatanye ikigo cya Eden Business Center gikora amasabuni n’amavuta yitwa “Ubwiza”, kuko bafite gahunda ziganisha ku iterambere igihugu gikeneye, nyuma y’uko abagendereye akumva n’ubuhamya ku bahahuguriwe, kuri uyu wa gatanu tariki 23/1/2014.
Bamwe mu bacururiza mu isko rikuru rya Byumba baravuga ko bafite ikibazo cy’uko isoko risakaye nabi imvura yagwa ibicuruzwa byabo bikangirika.
Abacuruzi bacururiza mu isoko rya Rwagitima rihereye murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo, bavuga ko babangamiwe no gukorera mu isoko ritagira amashanyarazi bagasaba ubuyobozi kubashyiriramo amashanyarazi kugira ngo ubucuruzi bwabo burusheho gutanga umusaruro uhagije.
Ikigo cy’iguhugu gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) cyagiranye ibiganiro n’abafite ibigo bikora ubwubatsi ku musoro wo gufatira wa 15%, benshi bemezaga ko batari basobanukiwe icyo bawishyurira.
Igihugu cy’u Buhinde kiratangaza ko kigiye gutera u Rwanda inkunga mu guteza imbere ibigo biciriritse, kugira ngo bizamure ubukungu bw’u Rwanda nk’uko ibyo mu Buhinde byazamuye ubw’iki gihugu.
Abikorera by’umwihariko abacuruzi bo mu Mujyi wa Musanze bakoresha amafaranga yo kugurizanya bitanga inyungu bizwi nka “Bank Lambert”, bagira ikibazo cyo kubura ubwishyu kubera inyungu z’umurengera bagahitamo guhunga kugira ngo badafungwa.
Ku nshuro ya mbere ikigo cy’itumanaho MTN cyahaye ibihembo bya miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda abo bafatanya mu gutanga no gusakaza serivisi hirya no hino mu Rwanda, cyiyasaranganya abakora neza kurusha abandi.
Umuyobozi wa CEPGL (Umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’ibiyaga bigari) Herman Tuyaga arasaba abakora ku mipaka korohereza abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka kugira ngo babashe gutera imbere mu bikorwa byabo, dore ko akenshi usanga bakora ubucuruzi buciriritse ari nayo mpamvu bagomba koroherezwa kugira ngo nabo (…)
Abikorera bo mu karere ka Kirehe barishimira gahunda y’itorero ry’igihugu yabashyiriweho, bakizera ko bazunguka byinshi ku bijyanye n’indangagaciro z’Umunyarwanda baharanira kunoza imikorere yabo.
Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA) kigiye guteza cyamunara toni 155 z’umuceri w’Uwitwa Bimenyimana Celestin ushinjwa kenyereza imisoro n’amahoro bya gasutamo kuko ngo yawuguze avuga ko awujyanye muri Kongo nyamara akawugurisha mu gihugu.
Gucururiza hasi mu muhanda bishobora guteza impanuka bamwe mu bagenzi, bikanabangamira uburyo bwo kugenda mu muhanda, kuko abagenzi babura aho bahigamira imodoka bitewe n’imyaka iba idanditse hasi mu muhanda.
Mu rwego rwo kubaka ubushobozi bw’abaturage ngo babashe kugira imibereho myiza, ibitaro bya Munini biri mu karere ka Nyaruguru byashyize imari mu murenge SACCO, “Wisigara Munini” bituma icyo kigo cy’imari kibasha guha inguzanyo abaturage biteza imbere.
Abakiriya bagana banki y’abaturage ishami rya Rutsiro barinubira ko icyuma gitanga amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga kizwi ku izina rya ATM kimaze hafi ibyumweru bibiri kidakora bityo bakaba babangamiwe no kutabonera amafaranga igihe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baratangaza ko muri iyi minsi mikuru basanga hari ibyahindutse ku bijyanye n’ibiciro by’imyaka ku masoko.
Abaturage bakorera ubucuruzi mu isoko rya Nyagahinga riri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera basaba ko bakwegerezwa banki bajya babitsamo amafaranga yabo ngo kuko banki ziri muri uwo murenge ziri kure y’aho batuye.
Abanyamahirwe babiri ari bo Kabongo Patrick na Jean Marie Ange Mukakibibi, nibo begukanye amahirwe yo gutemberera mu mijyi itandukanye ku isi, muri tombola ya Heineken yakozwe na Bralirwa kuri uyu wa mbere tariki 29/12/2014.
Nyuma y’iminsi ubuyobozi bw’isoko rya Kimironko na rwiyemezamirimo wapatanye gukora isuku muri iri soko banengwa isuku nke yagaragaraga mu bimoteri byaryo, baravuga ko bafashe ingamba zo gutuma akazi kongera kugenda neza nka mbere.
Bamwe mu bakora imirmo y’ubucuruzi ku dusanteri twa Kamuhanda na Ruyenzi two mu Murenge wa Runda, baratangaza ko mu kwizihiza umunsi wa Noheri batabonye abaguzi nk’uko byari bisanzwe mu birori by’imyaka yatambutse.
Abakozi 250 bakorera kampani NBC (Now Business Center) yubaka inyubako y’ishuri ry’ubukerarugendo mu Murenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze batangaza bamaze amezi atatu badahembwa bikaba bigiye gutuma barya iminsi mikuru isoza umwaka nabi nta mafaranga yo kwifata neza.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mukuru wa Noheri kuri uyu wa 25 Ukuboza, mu mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi abaturage baho baravuga ko bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa byazamuye ibiciro cyane cyane umuceri, inyama n’ibirungo.
Bamwe mu bagore batishoboye bakora isuku n’isukura mu mujyi wa Nyanza baravuga ko bagiye kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri na Bonane by’umwaka wa 2014 batishimye kubera ko amezi abiri ashize badahembwa.
Nyuma y’amezi atatu barangije inyubako nshya z’ibitaro by’akarere ka Kirehe abaturage bagera ku 150 bazindukiye ku biro by’akarere kuri uyu wa 22/12/2014 bishyuza amafaranga yabo birangira batashye amaramasa.
Mu rwego rwo kwirinda guha icyuho abamamyi b’ibirayi, nta modoka yemerewe gupakira ibirayi nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuko hari aho byagaragaye ko abamamyi bananiza amakoperative yemerewe kugura umusaruro w’abaturage.
Ishami rya Polisi mpuzamahanga (Interpol) rikorera mu Rwanda rifatanije n’izindi nzego z’Igihugu bagaragaje ibicuruzwa binyuranye byafashwe kuko bicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura mu igurisha ry’imyaka yabo kubera iminzani idakora neza n’ingemeri (mironko cyangwa udusorori bifashisha bapima imyaka) nini by’abacuruzi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko ikibazo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakagenda batabahembye ubu cyakemutse, kuko umuturage wese azajya ajya gukorera rwiyemezamirimo ari uko babanje kugirana amasezerano y’akazi.
Mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo haracyaboneka abasora badatanga umusoro uko bikwiye, ibi ngo bikaba biterwa n’uko inzego zishinzwe kwakira imisoro zitabegera ngo zibashishikarize gusorera igihe no kwitabira gutanga inyemezabuguzi (facture).
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, François Kanimba arifuza ko inama iteraniye i Kigali kuva 01-02/12/2014 yiga ku ishoramari mu bya serivisi yavamo ibisubizo byafasha inzego zitanga serivisi mu Rwanda kwinjiza miliyari 2.5 z’amadolari (USD) ku mwaka.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.
Depite Nyiragwaneza Athanasie arasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana guhinga igihingwa cya Soya ku bwinshi kuko ifite isoko rikomeye ry’Uruganda Mount Meru Soyco ruri mu karere ka Kayonza rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa.