Abikorera bo mu Karere ka Gakenke bagiye kuhubaka amazu y’ubucuruzi ajyanye n’igihe, kuko amazu asanzwe akorerwamo ubucuruzi atajyanye n’igihe.
Amazi y’u Rwanda amaze afatwa nk’afite umwihariko w’ubwiza busanzwe muri Goma, ku buryo bamwe baretse indi mirimo bayoboka kuyavoma bajya kuyacururizayo.
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu no kunyereza imisoro, ryafashe amakarito 1971 acuruzwa nta misoro n’imodoka yuzuye amasashe yaciwe.
Akarere ka Ngoma katashye inyubako nshya z’isoko rikuru rya Kibungo zatwaye agera Miliyoni 210 ngo hakemuke ikibazo cy’ubuto bw’isoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwahagurukiye abagicururiza mu muhanda mu mujyi w’aka karere, mu gihe bo basanga ari ukurenganywa.
Abaturage binjiza ibicuruzwa biva Goma binubira kuba ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro (RRA) kitabagaragariza imisoro mbere yo kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.
Abaturiye agakiriro ko mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi gukemura ibabazo bituma agakiriro bubakiwe kadakora kuko babifata nk’igihombo kuri bo.
Abafite aho bahurira n’imisoro mu karere ka Gakenke basanga kuba abaturage bagiye kuzajya bayishyura bakoresheje ikoranabuhanga bizarushaho kubafasha.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gisanga guhemba abaka inyemezabuguzi muri tombola ya EBM bizafasha kongera umubare wabo.
Kuba imvura y’umuhindo yaratinze kugwa byatangiye gutera impungenge bamwe mu baturage muri Kigali batekereza ko bishobora ku intandaro yibura ry’ibiribwa.
Urugaga rw’Abacungamutungo b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR, rugaragaza ko hari icyuho cy’abacungamutungo b’umwuga, bikaba impamvu ituma ibigo bihomba.
Abatuye mu masantere ya Remera aherereye ku bwinjiriro bw’umujyi wa Kibungo, barasaba amatara ku muhanda kugira ngo babashe gukora igihe kirekire nijoro.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyafunze ibikorwa by’abasora bagifitiye ibirarane by’imisoro, mu mukwabu wabaye kuri uyu wa mbere tariki 5 Nzeri 2015.
Abatuye muri Santere ya Rwanza, bavuga ko uruhu rw’ingurube ruzwi nk’igishabiro rubaryohera kandi rukabahendukira kuko no ku giceri cy’amafaranga 50 ruboneka.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.
Akineza Devotha w’imyaka 24 akora akazi ko gutanga serivisi zitandukanye akoresheje terefone mu Mujyi wa Musanze bikamwinjiriza amafaranga ibihumbi 300 ku kwezi.
Abacuruzi b’inyama bakorera mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko bahagaritse kubaga kubera ko bazamuriwe imisoro mu buryo butunguranye.
Ibyuma byongerera umuriro mu matelefoni mu mujyi wa Kigali biha serivisi benshi bahakorera umuriro ukabashiriraho, bikaninjiriza amafaranga ababikoraho.
Ikigega gishinzwe gukusanya amakuru ku bigo by’imali (TransUnion) kizafasha Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kubona amakuru y’abasora bityo hirindwe ibirarane bitarishyurwa.
Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba wita ku binyampeke, EAGC, urasaba abakora ibijyanye na byo gukoresha ikoranabuhanga mu kubiteza imbere.
Abagore 64 bo mu karere ka Muhanga bacururizaga mu muhanda bishingiwe n’ikigega cy’iterambere (BDF), bamaze guhabwa inguzanyo yatumye biteza imbere.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bufite impungenge ku isuku y’amazi yo kunywa agurishirizwa muri gare ya Nyabugogo ku bayagura.
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu karere ka Kayonza bavuga ko baguye mu gihombo nyuma yo kwimurwa ngo ribanze risanwe.
Abagize ishyirahamwe ry’abikorera mu karere ka Rutsiro, PSF/Rutsiro baravuga ko bakibangamiwe n’ubuyobozi bubafungisha aho bacururiza ku buryo butunguranye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro kiratangaza ko amafaranga y’imisoro n’amahoro umwaka ushize, yiyongereyeho 12% kubera ingamba cyashyizeho zo guhumira abayinyereza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda irakangurira abatwara ibinyabiziga gukoresha ikarita ya Visa mu kwishyura lisansi, kuko ari byo bizabafasha kwihutisha serivisi bahabwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri igiciro fatizo cya essence na mazutu muri Kigali ari amafaranga 920.
Abikorera bo mu karere ka Gicumbi barasabwa gushyira hamwe kugira ngo babashe guteza imbere inyubako zo mu mugi wa Byumba.
Abayozozi bazaKoperative n’amashyirahamwe yose akorera mu karere ka Gatsibo, barashishikarizwa kumenya uruhare rwabo ku musoro kugira ngo babashe kuwutanga batagononwa.