My District Today
Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.
Kigali Today yihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bayisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye.
Mu buryo bwo kurushaho kunoza imikorere, Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda. Ubwo buryo ni bwo MY DISTRICT TODAY.
Kigali Today.
Ibitekerezo ( 1423 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Akarereka nyanza mayor afite ikibazo(ajye avuga aza yasubiramo umuyobozi muzima abwira umuturage ngo niyo yakwiyahura....!) gusa kd yirinde kuyoborerwa kuko yatowe abandi bahari ahubwo nibamufashe kuyobora ark neza.
Mu karere ka kayonza,umurenge wa Rukara,akagari ka Rwimishinya duheze mu icuraburindi ryo kubura umuriro mugihe tugoswe n’utugari tuwufite.
Murakoze ariko mutubarize impamvu mu karere ka ngoma mu murenge wa rukumberi hari amatsinga y’umuriro abaturage bakaba bari mumwijima?
burakari nagije
Rurindo Mumurenge wa Ntarabana Ewasa Yaradutereranye.
Mugiramahoro,...amashyi ngo kacikaci,mbere ndashimira iki kinyamakuru cyashyizeho gukurikirana amakuruyohiryanohino akarusho muturere iwacu none mboneyeho kubatuma kandi nizeyeko muzambera intumwanziza,mu MURENGE WA KAMUBUGA,MU KARERE KA GAKENKE,execif,etatcivil bisubireho ndabanengacyaneee bagabanye kunaniza abazababaga kandi bite no kukazi kabo,murakoze
ni ayahe makuru mashya ya za kaminuza zo mu rwanda.
Mbanje kubasuhuza.nashaka kubibaza ese umuntu yabona ubutumwa binyuze muribunoburyo mtrakoze
EWASA nitabare ibura ryumuriro kayonza birakabije buri mugoroba
Abaturage batuye Centre ya Nyagahita,akagari ka Mahoro ,umurenge wa MIMULI,akarere ka NYAGATARE, barasaba ubuvugizi bwo kuva mucuraburindi,bakeneye umuriro w’amashanyarazi,baribaza niba atari abanyarwanda kuko ntaterambere rigera aho batuye.
Mumurenge wamukarange harimo coperative yurubyiruko
ikora Umwuga w’ubudozibw’imyenda bugezweho biguriye imashine zijyanye nigihe mubakorere ubuvgizi mubijyanye namasoko. Kandi baterwe inkunka gushira mubikorwa ibitekerezo byabo fafite intego yo guteza imbere umwuga wubudozi bigisha nababyifuza udozi bugezweho bihesha agaciro coop girimbereheza Muri Mukarange.
Ndashima cyane KIGALI today uburyo utugezaho amakuru kugihe kandi bagakora ubuvugizi aho bikwiye dufite ikibazo Muri Rwamagana mumurenge warubona Akagali Ka kabuye aho Ewsa yadutemeye urutoki Muri gahunda yikwirakwizwa ry’umuriro hakabarurwa ibyangijwe ariko ntibyishyurwe mudukorere ubuvugizi hishyurwe ibyagiye byangiza baduhe igurane murakoze