My District Today

Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.

Kigali Today yihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bayisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye.

Mu buryo bwo kurushaho kunoza imikorere, Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda. Ubwo buryo ni bwo MY DISTRICT TODAY.

Kigali Today.

Ibitekerezo   ( 1423 )

Abaturage bo mu murenge wa Minazi, akarere ka Gakenke, banejejwe n’uko bwa mbere babonye ifumbire mvaruganda yo gushyira ku’ikawa zabo kuko n’ubwo ahandi yatangwaga bo ntiyabageragaho. Iyo fumbire yatanzwe kumugaragaro Le20/11/2013

alias yanditse ku itariki ya: 23-11-2013  →  Musubize

Muri Ewasa Serevice Yabontago Arinziza Kubonabishya Amafranga Ya Cachpower 2mukwezi?Bisubireho

Habimana yanditse ku itariki ya: 23-11-2013  →  Musubize

mukarere ka kayonza umurenge nyamirama akagali ka rurambi umudugudu wa ntinnyi ewsa idufashe kukibazo cy’umuriro ntitukireba amakuru kumugoroba saa8hoo umuriro uba wagiye,murakoze

Desire yanditse ku itariki ya: 22-11-2013  →  Musubize

birare nze mubugesera kubo na umugabo yica umugore we nahi Mana

hakizimana eric yanditse ku itariki ya: 22-11-2013  →  Musubize

ndashimira abayobozi b’AKARERE KA NGOMA kukobatugezaho amakuruyose kandi kugihe

NDARUHUTSE INNOCENT yanditse ku itariki ya: 22-11-2013  →  Musubize

BAYOBOZI BACU MUKARERE KA KICUKIRO TUGERERANYIJE NAHO TWAHOZE UBU TURASHIMA KO HARIBYAGIYE BIKOSOKA GUSA TURASABA UMUYOBOZI AMANUKE MUMIRENGE AKORANE INAMA NABATURAGE NTITUMUHERUKA KUBIJYANYE NIBYAKOSOKA BYO NINKAHANDIHOSE MUMITANGIRE YA SERVICE NTACYIGENDA NKUBU MAZE IMINSI NSIRAGIRA KUMURENGE NSHAKA ICYANGOMBWA BAKAMBWIRA KO NTAMUYOBOZI UHARI(MASAKA)IMITANGIRE YIMYANYA NAYO YAKAZI MWISUBIREHO KOTUZIKO HARAHABURA ABAKOZI HARABURIKI NGO MUBASHYIREMO NUBWO TUTAMENYA IGIHE YAGIRIYEMO NTACYO KUBIJYANYE NUBUHINZI TURACYARI HASI IBISAMBU BIRACYARI BYINSHI BIDAHINZE NIBAGABANYE GUTEKINIKA BAKORE

RUHONDO yanditse ku itariki ya: 20-11-2013  →  Musubize

Imisoro yacu barayongera kugira ngo babone ibyo kunyereza bihagike. Ariko Paul Kagame arahari kugira ngo aturengere, TUBYIZERE.

gatama yanditse ku itariki ya: 20-11-2013  →  Musubize

Ndashimira abayobozi b’akarere ka Bugesera kubwitange bafite kuko bita kubibazo by’abaturage

PASCAL HABIMANA yanditse ku itariki ya: 19-11-2013  →  Musubize

Mbanje kubashimira uru rubuga mwatanze ngo tujye twunganirana mu gutanga amakuru duharanirako twateza imbere igihugu cyacu.ndagirango nk’abantu mugera ku nzego zisa nizisumbuye za polisi ko mu karere ka Rwamagana’ umurenge wa Nyakariro ko nta mutekano uhari bitewe n’indiri y’abantu banywa ibiyobyambwenge nk’urumogi cyane rukaba rucururizwa mu mudugudu wa Bihembe kwa Ngiriyingabo na mukuruwe’polisi nitabare nta muturage ugitema igitoki cg ngo yorore agatungo kdi si ukuvuga ko bitazwi n’abayobozi ’mudutabarize’ basigaje kudusanga mu nzu. murakoze.

Alias yanditse ku itariki ya: 19-11-2013  →  Musubize

KU WA 15/11/2013, MU KARERE KA GASTIBO HATAZWE INKA 344 ZITUWE MURI GAHUNDA YA GIRINKA ZIHABWA IMIRYANGO IKENNYE. IBI BYAKOZWE MU CYUMWERU CYA GIRINKA WEEK:11-15/11/2013. UYU MUHANGO WASOREJWE MU KARERE KA GATSIBO KU RWEGO RW’INTARA Y’IBURASIRAZUBA.

alias yanditse ku itariki ya: 19-11-2013  →  Musubize

twagirango mudukorere ubuvugizi rwose, kuri company zishinzwe umutekano kuko harimo izihembera 3mois kandi bakaguhemba 1mois. ikindi nk’ iyo urwaye ukajya kwa muganga ntuzane repo medicale baguha absent niba baziko indwara zose zitangirwa repo ntago mbizi rwose!! bagiye bafata urupapuro wivurijeho ko ruba ruriho cachet, itariki,...(ariko ubundi leta yashyizeho amategeko agenga company itabishoboye igasenywa 4rexample TOPsec)

charlotte yanditse ku itariki ya: 19-11-2013  →  Musubize

abantu ba NYamagabe barabura iki? kuki mutabigisha ikoranabuhanga ngo nabo bajye baboneka ku ku mbuga , ni ari ubumenyi buke mubahugure niba ari za mudasobwa badafite Leta igire icyo ibikoraho, niba kandi ari ikibazo cy’ umuriro Leta nishyiremo ingufu. ariko abo mumurenge wa Gasaka abo mu Gasarenda abo ku Kitabi iyo za Uwinkingi nasize bubaka ingomero z’ amashanyarazi rwose nibahugure abantu bakoreshe computer, nzi neza ko kuva kera Gikongoro bari intiti ariko rwose ubu bari ugusigara muruhando mpuzamahanga. Kigali today Imana ibahe umugisha kuko natwe abari hanze dushobora kumenya ibyo iwacu mukomereze aho.

john yanditse ku itariki ya: 18-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka