Nyuma y’uko umuhanzikazi Knowless Butera asezeye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 4, bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzikazi bemeza ko nta kintu kindi kizatuma bakurikirana aya marushanwa kuva Knowless azaba atarimo.
Mu bahanzi 15 batoranyijwe kuzahatanira kwinjira mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 4 harimo Knowless, Paccy wamenyekanye ku ndirimbo “Fata Fata” na Teta Diane wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye “Canga ikarita”.
Nyuma y’umunsi umwe umuhanzi Kamuzinzi Jules Vivant yitabye Imana, abavandimwe be, abamuzi, abamukunda n’abo biganye bakomeje gushegeshwa n’urupfu rwe rwaje rutunguranye.
Umuhanzi Senderi International Hit ngo azagaburira abantu mu gitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere yise “Nsomyaho” izaba iriho indirimbo 10, iki gitaramo kizaba ku itariki ya 22.2.2014 mu karere ka Ngoma.
Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G azamurika alubumu ye ku munsi yizihirizaho itariki ye y’amavuko ku itariki 20/03/2014.
Bernard na Clement bari basanzwe bafasha abandi bahanzi kuririmba kubera ubuhanga bazwiho ariko ubu bishyize hamwe batangira kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ku giti cyabo.
Nyuma y’uko itsinda Urban Boyz (rigizwe na Humble, Safi na Nizzo) risohoye amashusho y’indirimbo yabo bise Ancilla, bamwe bakavuga ko irimo urukozasoni, bo basanga nta kibazo kiyirimo.
Umuhanzi Mazimpaka Rafiki uzwi cyane mu njyana ye yise Coga Style, atangaza ko kuba abahanzi bahora bategereje ababategurira ibitaramo ari kimwe mu bibadindiza.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana Dominic Nic arahamagarira abantu kunyurwa n’uko bari kuko hari ababa bifuza no kuba nk’uko bo bameze ariko ntibibakundire.
Umuhanzi Twizerimana Christian uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya The Bless, avuga ko n’ubwo acuranga umuziki aba yatunganyirije muri studio, ashobora no gucuranga izi ndirimbo ze yifashishije iningiri ya Kinyarwanda kandi bigakomeza kunogera amatwi.
Ku nshuro ya mbere, umuhanzi Cubaka Justin wamenyekanye cyane kubera ubuhanga bwe mu gucuranga akaba anakunze kugaragara acurangira abandi bahanzi mu bitaramo, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ijwi ryiza”.
Itsinda “Beauty for Ashes” ryatangije gahunda y’ibitaramo byo kumenyekanisha alubumu yabo nshya “The Wonders of the Son” bakoze umwaka ushize, ibi bitaramo bikaba bizazenguruka igihugu cyose.
Nubwo amarushanwa ajyanye no guhemba abahanzi akiri make cyane hano mu Rwanda, bamwe mu bahanzi ntibemeranya ku bigenderwaho ndetse bakomeje kwibaza impamvu bo batajya bayagaragaramo.
Umuhanzi Eric Senderi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit aratangaza ko kuri ubu abasore bariho kandi ko na cash zabonetse. Ibi yabitangaje abinyujije mu ndirimbo ye “Abasore bariho nta cash” aherutse gusubiramo akayita “Zarabonetse”.
Mwitenawe Augustin, umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bo hambere, avuga ko atemeranya n’abavuga ko umuziki wo mu Rwanda wateye imbere ngo kuko ntiwatera imbere kandi abaririmbyi benshi bo mu Rwanda b’iki gihe bigana injyana z’ahandi aho kuririmba mu njyana kavukire.
Umuhanzi Muneza Christophe uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Christopher ubarizwa muri label ya Kina Music azamurika alubumu ye ya mbere yise “Habona” ku wa gatandatu tariki ya 15.2.2014 muri Kigali Serena Hotel.
Itorero Indatwa n’abarerwa ba Kagina, ho mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, ribyina imbyino gakondo, rifite umwihariko wo gucuranga Ikondera, maze bakarushaho gususurutsa abo bataramiye.
Mike Karangwa umwe mu bagize Ikirezi Group ari nabo bategura amarushanwa azwi nka “Salax Awards” atangaza ko kuba umuhanzi w’icyamamare Stromae yarashyizwe mu bahanzi bahatanira ibihembo bya Salax Awards ari nta mbogamizi zirimo.
Umuhanzi Auddy Kelly wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Ndakwitegereza” aratangaza ko muri uyu mwaka wa 2014 azashyira hanze alubumu ebyiri icyarimwe.
Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly, ngo yatunguwe cyane no kuba yarinjiye muri Salax Awards ku nshuro ya mbere ariko ngo yiteguye kuzegukana insinzi.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, wanahisemo gushyira hasi izina Nd-Oliver ry’ubuhanzi ahubwo agakomeza izina yahawe n’ababyeyi, aratangaza ko agiye gushyira hanze umuzingo ugizwe n’indirimbo 12 zihimbaza Imana.
Abasore batatu b’Abanyarwanda bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa “Active” batangaza ko mu buhanzi bwabo baharanira gukora cyane kugira ngo bazageze Muzika Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Umuririmbyi wo mu Rwanda, Bruce Melody, atangaza ko adashyigikiye ibyo kwigana indirimbo z’abandi baririmbyi, ari byo mu Rwanda bakunze kwita “gushishura”, ngo kuko kubikora bituma umuririmbyi atagaragaza ubuhanga bwe mu guhanga ibishya.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Dominic Nic Ashimwe, aratangaza ko adateganya gushyira hanze alubumu mu gihe cya vuba bitewe n’uko ashaka ko indirimbo yamaze gusohora zabanza zikamenywa zose.
Senderi International Hit ngo arifuza kuzashaka umugore muri uyu mwaka wa 2014, bityo haramutse hari umukobwa umukunda yatinyuka akabimubwira maze nawe akamuhundagazaho urukundo asigaranye kuko ngo ariwe yarubikiye.
Ku cyumweru kuva saa yine kugeza saa tanu z’ijoro kuri televiziyo Rwanda hatambuka ikiganiro “Be Blessed” benshi bemeza ko ari impinduka mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu Rwanda.
Umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uncle Austin, biravugwa ngo ari mu maboko ya polisi azira sheki y’amafaranga 500 000 itazigamiwe yahaye uwamufashije mu kugura imodoka ye yo mu bwoko bwa Benz.
Umuhanzikazi akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uwimana Aisha uzwi ku izina rya Ciney, yashyize ku isoko karendari y’uyu mwaka wa 2014 igaragaza amafoto ye mu bihe bitandukanye biranga umuco nyafurika ndetse anashyiraho n’ubutumwa butandukanye bujyanye na buri kwezi k’umwaka.
Nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa ko Paccy akora cyane ariko ntahabwe amahirwe yo kuba yaserukira u Rwanda ndetse no mu bindi bitaramo byinshi hano mu Rwanda nk’uko bimeze kuri Knowless, Paccy yatangaje ko kuri we abona ari igihe cye kitari cyagera.