Ubwo abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bataramiraga mu karere ka Ngoma tariki 24/05/2014, Abanyengoma barabishimiye cyane baranabashyigikira.
Umuhanzi Young Grace abayizera, nyuma y’amakuru yamuvuzweho cyane y’uko ngo yaba aryamana n’abo bahuje igitsina ndetse akanayamaganira kure, mu minsi ishize yatangarije mu kiganiro Salux Relax kuri Radio Salus ko afite umukunzi w’umusore witwa Ntwari Army bamaranye imyaka ine bakundana kandi ko baryamana.
Abafana benshi bari bitabiriye igitaramo cya Primus Guma Guma Super Star cyabereye mu karere ka Ruhango tariki 10/05/2014, batunguwe cyane no kubona umuhanzi Eric Senderi Hit International agera ku rubyiniro akiyambura ubusa.
Nyuma yo gutungurwa n’ubwitabire bw’Abanyaruhango, bamwe mu bahanzi barahamya ko bagiye kumanura umuziki wabo bakegerana cyane n’abaturage badategereje Primus Guma Guma Super Star.
Umuhanzi Turatsinze Nkiko Prosper wamenyekanye cyane nka Mico Prosper nyuma akaza guhindura izina aho asigaye yitwa Mico The Best ni umwe mu bahanzi bazwi cyane mu njyana ya Afrobeat.
Mu gihe isi yose yibuka umuhanzi wabaye igihangange mu njyana ya reggae, Bob Marley, benshi babivuga ku buryo butandukanye gusa bagahuriza ku kamaro k’ubutumwa Bob Marley yasize ku isi burimo guca bugufi, gukundana, no gukora cyane akazi kandi ugakunda.
Abaturage benshi bo mu karere ka Ruhango bashimishijwe no kubona abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ubwo iryo rushanwa ryagezwaga muri ako karere bwa mbere tariki 10/05/2014.
Havugimana Erasto ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 uvuka aho bita mu Kagera mu murenge wa Bushekeri, avuga ko yarebye agasanga nyuma yo guhinga nta kindi yakora cyatuma abeshaho umuryango we uretse kuririmba no gushimisha abantu.
Abatuye akarere ka Ruhango bishimiye irushanwa rya Guma Guma Super Star (PGGSS) ryageze bwa mbere mu karere ka bo tariki 10/05/2014 maze bashimishwa cyane no kuba babashije ku gura Primus nini ku mafaranga 500 kandi isanzwe igura 700.
Umuhanzi kazi wamenyekanye cyane ku ndirimbo fata fata Teta Diana aratangaza ko mu minsi ya vuba indirimbo ye Kata izaba yasohotse mu mashusho, mu cyumweru gitaha ikaza yageze ku bakunzi be.
Umuhanzikazi Dada Cross ubarizwa ku mugabane w’Amerika, mu mwaka w’2012 hagiye havugwa amakuru anyuranye ko azabana n’umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Frank uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Vd Frank, none kuri ubu atwite inda y’undi mugabo.
Umuhanzi Faycal Ngeruka wahinduye izina aho asigaye yitwa Kode, ni umwe mu bahanzi bitabiriye amarushanwa ya“Euro Music Contest” nyuma y’imyaka itatu gusa amaze aba ku mugabane w’Uburayi, akaba akeneye ubufasha bwa buri Munyarwanda mu kumutora.
Umuhanzi w’umunyarwanda Alpha Rwirangira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu ari mu Rwanda aho yaje mu biruhuko by’amezi atatu nk’uko yabitangarije abanyamakuru ubwo yari akimara kugera ku kibuga cy’indege.
Ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Time Out, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/5/2014 cyasohoye numero yacyo ya 952 aho umuhanzi Stromae, ufite se w’Umunyarwanda naho nyina akaba Umubiligikazi, yari yihariye urupapuro rwa mbere rwacyo bibaza bati “ Who the hell is Stromae?” Ugenekerereje mu Kinyarwanda kikaba (…)
Umuhanzikazi Young Grace aratangaza ko atari umutinganyi nk’uko bimaze iminsi bimuvugwaho kandi ko ari umukobwa nk’abandi kandi ko afite umukunzi; nk’uko yabitangaje mu kiganiro na KTRadio 97,6 FM.
Umuhanzi King James nyuma y’igihe atigaragaza cyane mu bikorwa bya muzika kubera uburwayi bw’umunaniro yari amaranye iminsi kwa muganga bakamusaba kuruhuka, kuri ubu yashyise hanze indirimbo yise “zizane tuzinywe.”
Umuhanzi Kamichi atangaza ko aryohewe n’uruzinduko arimo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho avuga ko yagiye gusura abavandimwe n’inshuti ndetse no gukora indirimbo.
Nyuma y’igihe kinini umuhanzi Isaro Sandrine wamenyekanye ku izina rya Sacha Kat atigaragaza mu ruhando rwa muzika, hari amakuru ari kuvugwa ko yaba atwite.
Umuhanzi Dufitumukiza Jeremie uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Kash Power yashize ahagaragara indirimbo “Profit” inenga imikorere ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS).
Bamwe mu bahanzi bagize itsinda rya Gakondo Group aribo Masamba Intore, Jules Sentore na Daniel Ngarukiye berekeje mu gihugu cy’Ubusuwisi mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya n’Abasuwisi n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuhanzi Seth Nyungura warokotse Jenoside afite imyaka 4 arahamagarira abantu bose cyane cyane urubyiruko guhaguruka bagaharanira icyateza imbere ubumwe Imana yabihereye.
Umuhanzi umenyerewe cyane mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Dieudonne Munyanshoza, atangaza ko urubyiruko rugomba gufata iya mbere mu guhindura amateka kuko aribo mbaraga z’igihugu.
Nyampinga Mutesi Aurore afatanyije na bamwe mu bahanzi basanzwe bazwi mu ndirimbo zihimbaza Imana bakoranye indirimbo yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Umuhanzi Diplomate wamamaye mu Rwanda mu minsi yashize yasuye urubyiruko rwa Nyamasheke tariki 02 Mata 2014, arubwira ko azutse kandi ko azanye ingufu zikomeye zizatuma arenga urwego yari agezeho agakuba kabiri.
Abahanzi biyise ibyamamare bya Nyamasheke (Nyamasheke all stars) bakoze indirimbo bashyize hamwe bayita “indongozi”. Aba bahanzi bavuga ko nta bundi buryo bafite bwo gushima ibyiza akarere kabo kamaze kugeraho atari ukubiririmba no babiratira abahandi batabizi.
Kuri roadshow ya kabiri ya PGGSS4 yabereye i Nyamagabe, tariki 29/03/2014, abahanzi bashya muri aya marushanwa bagaragaje gushyushya abari bitabiriye igitaramo ugereranyije n’uko byagenze i Rusizi.
Ibirori byo gutanga ibihembo bya Salax Awards ku nshuro yayo ya gatandatu byabaye ku mugoroba wa tariki 28/03/2014 ntibyitabiriwe cyane ugereranyije n’ibyayibanjirije ndetse bamwe bavuga ko bikabije.
Mu gitaramo cyo kwiyereka abakunzi babo (Roadshow) i Nyamagabe, abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Stars 4 uko ari icumi, bagerageje gushimisha cyane abakunzi babo ariko injyana ya Hip Hop iba ariyo yiganza cyane aho Jay Polly we byabaye akarusho.
Mu gihe abantu benshi bakomeje kwinubira bamwe mu bahanzi batanga ubutumwa budahwitse mu ndirimbo, umuhanzikazi Young Grace arashishikariza bagenzi be kujya bazirikana ubutumwa batanga aho kuyoborwa n’amarangamutima yabo bwite.
Abanyamakuru bakora mu myidagaduro ku maradiyo atandukanye barashinjwa kuzamura abahanzi kubera ko baziranye nabo cyangwa hari amafaranga babahaye kandi badafite ibihangano nyabyo bitanga ubutumwa. Bamwe mu bahanzi bemeza ko kuzamuka mu muzika udafite umuyoboro w’abanyamakuru bidashoboka mu gihe mbere byaterwaga (…)