Amakuru yavugaga ko abahanzi Elion Victory, Patrick Nyamitali, Peace, Fiona na Teta baba barerekeje muri Kenya kuri uyu wa Gatanut tariki 20/09/2013 kwitabira amajonjora ya nyuma bamwe muri abo bahanzi bahise babihakanira kure.
Umuhanzi Kamichi aratangaza ko kuba umuhanzi biryoha ariko ngo kuba umu star bikavuna cyane.
Nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye amarushanwa ya Francophonie, kuri uyu wa kane tariki 19/09/2013, Mani Martin arerekeza mu gihugu cya Uganda mu iserukiramuco mpuzamahanga rizwi ku izina rya “Bayimba International Festival”.
Nyuma y’uko abahanzi bagize itsinda “Benegihanga” mu baserukiye u Rwanda mu marushanwa ya francophonie yaberega mu Bufaransa ariko bagatoroka, Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) iratangaza ko bitazongera korohera abahanzi bakiri urubyiruko gusohokera u Rwanda.
Abel Nduwayo, umuhanzi ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ubuzima yanyuzemo ubwo yabaga hano mu Rwanda bwatumye avamo umuhanzi ukomeye mu gihugu cye.
Kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, nibwo abahanzi b’abanyarwanda bahatanira kwegukana insinzi muri Groove Awards bazamenyekana, urutonde rwabo rukaba ruzamenyekana mu kiganiro abategura aya marushanwa hano mu Rwanda bazagirana n’abanyamakuru.
Itsinda ry’abaririmbyi ‘Abenegihanga’ rihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera mu mujyi wa Nice, ryamaze gutsinda icyiciro cya mbere cy’amarushanwa, rikaba rikomeje guhatanira umwanya wa mbere.
Umuhanzi Germain Hagumakubaho uririmba indirimbo zihimbaza Imana agiye kumurika ku mugaragaro album y’indirimbo ze yise “Iyo utaza kwitanga simba nkiriho”. Iyi Album agiye kuyimurika nyuma y’imyaka igera kuri ibiri arimo ayikoraho.
Umuhanzi Mani Martin arisegura ku bakunzi be kubera ko harimo abahawe amashusho y’indirimbo zidasomeka.
Am-G The Black, umuhanzi wo mu Rwanda uririmba injyana ya Hip Hop yasusurukije abatuye umujyi wa Musanze mu karere ka Musanze, benshi mu biyabiriye igitaramo baranyurwa cyane, abiganjemo urubyiruko buzura aho yaririmbiraga babyina.
Hashize amezi asaga ane Eric Mucyo afatanyije na Jay Polly bashyize hanze indirimbo yitwa “I Bwiza” ikaba ari indirimbo yakunzwe birenze urugero kubera ubwiza n’ubuhanga ikoranye.
Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Uganda Bebe Cool ari mu Rwanda aho aje gufasha Uncle Austin mu kumurika alubumu ye yise « Uteye Ubusambo ». Iki gikorwa kiraba kuri uyu wa 30/08/2013 i Gikondo kuri Expo Ground 18h00.
Umuhanzi Dominic Nic azerekeza mu gihugu cya Tanzaniya mu kwezi kwa cyenda, uru rugendo rukaba ruri mu rwego rwo gutegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana azakora mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.
Hamaze iminsi havugwa amakuru y’ubukwe bwaba bwenda kuba bwa Knowless na Clement ariko aba bombi barabihakana.
Umuhanzi Jean Paul Murara umaze kumenyekana cyane mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bo mu idini Gaturika, ku wa kabiri tariki 27.8.2013, azashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ndabyemeye” iri kuri alubumu ye “Nzaririmba”.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013, abahanzi Ama-G The Black, Rafiki, Lil G na bagenzi babo bazataramira abakunzi babo muri Zaga Nuty Club ku Kimisagara imbere ya Maison des Jeunes.
Abasore babiri bavukana Mboneye Fidele na Patrick Mazimpaka bamaze gutera imbere mu muziki n’ubwo bafite uburwayi bw’uruhu rwera bamwe bakunze kwita Nyamweru.
Umuhanzi Senderi International Hit uherutse mu marushanwa ya PGGSS 3, nyuma yo gusezererwa yahise ashyira hanze indirimbo yise “Njomba” ikaba ari indirimbo ivuga ku rukundo.
Jackie Mugabo, Umunyarwandakazi w’umuhanzi ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza aho amaze imyaka 12 yibera, kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013 aziyereka Abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’ibihangano bye mu gitaramo yise «Oh Mana we ».
Umuhanzi Mani Martin yateguriye abakunzi be n’abakunzi ba muzika y’umwimerere muri rusange igitaramo “Mani Martin Live 2013” kizaba ku itariki 01/09/2013 kikazagaragaramo ubuzima bwe bwose muri muzika kuva agitangira kuririmba kugeza ubu.
Mu gitaramo cyo kumurika alubumu ya Korale “Abakoze bagororerwe” y’itorero rya ADEPR Nyanza muri paruwasi ya Rukali, tariki 18/08/2013, umukrisitu yaguze CD imwe ku mafaranga ibihumbi 100 mu gihe ubundi yagurwaga amafaranga 1000.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kakoza Nkuriza Charles uzwi ku izina rya KNC arahamya ko atigeze akubita umuhanzi Christopher nk’uko byatangajwe ku mbuga za interineti ndetse no ku maradiyo amwe ya hano mu Rwanda mu cyumweru gishize.
Kuri iki cyumweru tariki 18/08/2013 mu cyumba (Salle) cya Christian Life Assembly (CLA) hazaba igitaramo kimaze kumenyerwa ku izina rya “Praise and Worship Explosion” gitegurwa na Rehoboth Ministries buri mwaka.
Ku wa kane tariki 15/08/2013, Chorale de Kigali izizihiza imyaka 47 imaze ivutse, umunsi mukuru wo kwizihiza iyi sabukuru ukaba uzabanzirizwa na Misa ya saa tanu kuri Katederali Saint Michel i Kigali.
Niyibikora Safi, umwe mu bahanzi bagize itsinda rya Urban Boys bakaba nabo bari bari mu bahanzi bahataniraga kwegukana insinzi ya Primus Guma Guma Super Star 3, yatangaje ko yishimiye insinzi ya mugenzi wabo bari bahanganye muri aya marushanwa Riderman, anasaba bagenzi be nabo kuyishimira.
Nyuma y’uko umuhanzi Riderman yegukanye insinzi ya PGGSS 3, byatangiye kuvugwa ko yaba yaribiwe igikombe ngo kubera abafana bagaragaje ko bamwishimiye cyane mu muhango wo gutangaza umuhanzi wegukana insinzi kuwa gatandatu tariki 10/08/2013.
Umuhanzi Jules Sentore, umwuzukuru wa nyakwigendera Sentore Athanase wameyakanye mu ndirimbo nka "Udatsikira" aratangaza ko agiye gutegura igitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere kizaba mu Kwakira 2013.
Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman niwe wegukanye insinzi ya PGGSS 3 nk’uko imbaga nini y’abakunzi ba muzika yari ibitegereje.
Umunyamakuru Aboubakar Adam uzwi ku izina rya Dj Adams kuva kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013 ntakiri kubarizwa kuri City Radio Inshuti ya bose. Dj Adams yari amaze iminsi atangaza amakuru aca amarenga ariko aterura, ibi akaba yarabinyuzaga kuri facebook.