Umuhanzi Eddie Mico yashyize hanze indirimbo yakoranye n’umuhanzi wo mu gihugu cya Kenya uzwi ku izina rya Kafashia, iyi ndirimbo yabo ikaba yitwa “Connected”.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit arahamya ko amashusho y’indirimbo ye yise “Njomba” azaba ari amashusho aruta andi mashusho yose yabayeho.
Umuhanzi Mani Martin, abaye Umunyarwanda wa mbere ubashije kugira amahirwe yo kuba mu bahanzi 12 bo muri Afurika bahatanira insinzi mu marushanwa akorwa na radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) mu guteza imbere impano nshya z’abahanzi bo muri Afurika.
Butera Jeanne uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless yashyize hanze indirimbo nshya yise “Baramushaka”, ikaba ari indirimbo isa n’iyiyama abakobwa baba bashaka gusenya urukundo rw’abikundaniye.
Chorale St Etienne ni korali ibarizwa mu rusengero rwa EAR Biryogo ikaba ari korali igizwe n’abaririmbyi 26. Iyi korali yavutse mu mwaka wa 1982 ari nabwo yahise itangira umurimo w’ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu.
Korali Kinyinya yamenyekanye cyane ku ndirimbo «Urondereza ubusa bukimara » igiye kumurika alubumu y’amashusho bise « Iherezo ry’ubutayu ».
Umuhanzi Auddy Kelly avuga ko kuba igitaramo cyo kumurika indirimbo ye yakoranye na Jody bise “Sinzagutererana” kitaritabiriwe n’abantu byatewe n’umunyamakuru Mister One.
Umuhanzi Kizito Mihigo umaze kubaka izina mu Rwanda mu ndirimbo zitandukanye ndetse no mu bikorwa bya Fondasiyo ye, Kizito Mihigo pour la Paix (KMP), aratangaza ko nta kintu na kimwe abujijwe kuririmbaho mu gihe cyaba kimurimo.
Umuhanzi Bobo Bonfils umaze kubaka izina mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana afatanyije n’itorero Glory to God, bateguye igitaramo bise ‘‘Nimuhumure’’ kigamije guhumuriza abantu.
Abahanzi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bakoze ishyirahamwe rizajya ribafasha kwiteza imbere no gufashanya mu buhanzi bwabo dore ko amasomo ataborohera gukora umuziki uko byagakwiye.
Amakuru yavugaga ko abahanzi Elion Victory, Patrick Nyamitali, Peace, Fiona na Teta baba barerekeje muri Kenya kuri uyu wa Gatanut tariki 20/09/2013 kwitabira amajonjora ya nyuma bamwe muri abo bahanzi bahise babihakanira kure.
Umuhanzi Kamichi aratangaza ko kuba umuhanzi biryoha ariko ngo kuba umu star bikavuna cyane.
Nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye amarushanwa ya Francophonie, kuri uyu wa kane tariki 19/09/2013, Mani Martin arerekeza mu gihugu cya Uganda mu iserukiramuco mpuzamahanga rizwi ku izina rya “Bayimba International Festival”.
Nyuma y’uko abahanzi bagize itsinda “Benegihanga” mu baserukiye u Rwanda mu marushanwa ya francophonie yaberega mu Bufaransa ariko bagatoroka, Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) iratangaza ko bitazongera korohera abahanzi bakiri urubyiruko gusohokera u Rwanda.
Abel Nduwayo, umuhanzi ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ubuzima yanyuzemo ubwo yabaga hano mu Rwanda bwatumye avamo umuhanzi ukomeye mu gihugu cye.
Kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, nibwo abahanzi b’abanyarwanda bahatanira kwegukana insinzi muri Groove Awards bazamenyekana, urutonde rwabo rukaba ruzamenyekana mu kiganiro abategura aya marushanwa hano mu Rwanda bazagirana n’abanyamakuru.
Itsinda ry’abaririmbyi ‘Abenegihanga’ rihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera mu mujyi wa Nice, ryamaze gutsinda icyiciro cya mbere cy’amarushanwa, rikaba rikomeje guhatanira umwanya wa mbere.
Umuhanzi Germain Hagumakubaho uririmba indirimbo zihimbaza Imana agiye kumurika ku mugaragaro album y’indirimbo ze yise “Iyo utaza kwitanga simba nkiriho”. Iyi Album agiye kuyimurika nyuma y’imyaka igera kuri ibiri arimo ayikoraho.
Umuhanzi Mani Martin arisegura ku bakunzi be kubera ko harimo abahawe amashusho y’indirimbo zidasomeka.
Am-G The Black, umuhanzi wo mu Rwanda uririmba injyana ya Hip Hop yasusurukije abatuye umujyi wa Musanze mu karere ka Musanze, benshi mu biyabiriye igitaramo baranyurwa cyane, abiganjemo urubyiruko buzura aho yaririmbiraga babyina.
Hashize amezi asaga ane Eric Mucyo afatanyije na Jay Polly bashyize hanze indirimbo yitwa “I Bwiza” ikaba ari indirimbo yakunzwe birenze urugero kubera ubwiza n’ubuhanga ikoranye.
Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Uganda Bebe Cool ari mu Rwanda aho aje gufasha Uncle Austin mu kumurika alubumu ye yise « Uteye Ubusambo ». Iki gikorwa kiraba kuri uyu wa 30/08/2013 i Gikondo kuri Expo Ground 18h00.
Umuhanzi Dominic Nic azerekeza mu gihugu cya Tanzaniya mu kwezi kwa cyenda, uru rugendo rukaba ruri mu rwego rwo gutegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana azakora mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.
Hamaze iminsi havugwa amakuru y’ubukwe bwaba bwenda kuba bwa Knowless na Clement ariko aba bombi barabihakana.
Umuhanzi Jean Paul Murara umaze kumenyekana cyane mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bo mu idini Gaturika, ku wa kabiri tariki 27.8.2013, azashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ndabyemeye” iri kuri alubumu ye “Nzaririmba”.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013, abahanzi Ama-G The Black, Rafiki, Lil G na bagenzi babo bazataramira abakunzi babo muri Zaga Nuty Club ku Kimisagara imbere ya Maison des Jeunes.
Abasore babiri bavukana Mboneye Fidele na Patrick Mazimpaka bamaze gutera imbere mu muziki n’ubwo bafite uburwayi bw’uruhu rwera bamwe bakunze kwita Nyamweru.
Umuhanzi Senderi International Hit uherutse mu marushanwa ya PGGSS 3, nyuma yo gusezererwa yahise ashyira hanze indirimbo yise “Njomba” ikaba ari indirimbo ivuga ku rukundo.
Jackie Mugabo, Umunyarwandakazi w’umuhanzi ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza aho amaze imyaka 12 yibera, kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013 aziyereka Abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’ibihangano bye mu gitaramo yise «Oh Mana we ».