Abahanzi Knowless na Young Grace nibo basezerewe tariki 14/07/2012 mu bahanzi bane bari basigaye muri Primus Guma Guma Super Star 2.
Karasira uzaramba Aimable, umuhanzi uririmba mu njyna ya HipHop uzwi cyane ku izina rya ‘Prof Nigga’ cyangwa ‘NDC’ yemeza ko n’ubwo hari abamubona nk’umuhanzi usanzwe abandi bakamubonamo umusazi, we yibonamo umuhanuzi.
Nyuma y’uko haje abantu bashaka kwiyitirira Young Grace kugira ngo bamusebye bamubuze amahirwe yo gukomeza gutorwa muri PGGSS 2, ngo haje n’abashaka kumwinjirira muri konti yari asanzwe akoresha bituma ahitamo kuzifunga zose asigarana imwe gusa.
King James, umwe mu bahanzi bane basigaye muri PGGSS 2 afite ubwoba bwinshi mu gihe ejo kuwa gatandatu tariki 14/07/2012 ari bwo hazamenyekana abandi bahanzi babiri bazasezererwa abandi babiri bagakomeza.
Lion Imanzi umenyerewe cyane mu bitaramo bya PGGSS 2 yatangaje ko atazahagarika kuba umushyushyarugamba (MC) wa PGGSS 2 kugeza irangiye bitandukanye n’amakuru yavugaga ko yaba yasezeye kuri ako kazi.
Umuhanzi Jay Polly n’umukunzi we, Nirere Afsa, biravugwa ko baba bibarutse umwana n’ubwo Jay Polly we atari yabyemeza.
Umuhanzi Murara Jean Paul asanga atari ngombwa gukora igitaramo mu gihe cyo kumurika albumu. Kuri we yumva ko gushaka uburyo bushya wakoramo ibintu ari byo byarushaho kuba byiza.
East African Promotors na Bralirwa, tariki 09/07/2012, batangaje amanota abahanzi bari muri PGGSS 2 bagiye bagira mu rwego rwo kumara Abanyarwanda impungenge.
Abo mu muryango wa nyakwigendera Sentore Athanase ndetse n’abategura iki gikorwa cyo kwibuka baragirana inama n’abanyamakuru muri Goethe Institute kuri uyu wa kabiri tariki 10/07/2012.
Nyuma y’ibyumweru bitatu gusa mu mujyi wa Ruhango hatangijwe imyidagaduro y’ibimansuro, abagore baratangaza ko bahangayitse cyane kubera ko abagabo benshi ntibagitaha kare ndetse ngo n’ihaho bageneraga ingo zabo ryaragabanutse.
Kuwa kane tariki 05/07/2012, abahanzi b’Abanyarwanda bifatanije n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, n’izabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Umwe mu bantu bazwi muri Showbiz Kalisa John uzwi ku izina rya Kjohn, yari azi abahanzi batatu bari buze gusezererwa mbere y’uko ibirori byo kubatangaza bigera ku mugoroba wa tariki 07/07/2012.
Cedru watunganya amashusho y’indirimbo “bibi” ya KGB yagiye muri Amerika atayarangije mu giha yari yarijeje abafana bayo ko aya mashusho azajya hanze mu mpera z’icyumwerukirangira tariki 08/07/2012.
Itsinda “Ramura Jazz Band” ryo mu murenge wa Ruli, akarere ka Gakenke rirasaba abakunzi baryo kubashyigikira kugira ngo ribashe no kugera ku isoko ry’umuziki muri Kigali no mu gihugu cyose.
Itsinda Dream Boys barataramira kwa Mutangana (La Belle Terrasse) i Nyabugogo kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012 guhera saa moya za nijoro.
Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Umunyamakuru Ruzindana Rugasa wamenyekanye cyane ubwo yakoraga ku rubuga rwa interinet rwa www.igihe.com mbere yo kwerekeza mu kinyamakuru Ijwi, aranenga imikorere ya PGGSS2 kubera uburyo idashobora gushyira mu bikorwa ibyo yatangarije Abanyarwanda ko izakora.
Kumurika alubumu ya Lil G bizaba tariki 17/11/2012 aho kuba tariki 24/11/2012; nk’uko yabitangaje tariki 03/07/2012.
Nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi ibiri mu mujyi wa Karongi, polisi yasubije studio zari zafatiriwe ibikoresho kubera gukekwaho gucuruza ibihangano by’abandi nta burenganzira.
Hari ingaruka zimaze kugaragara zatewe n’abantu bagiye bakora urutonde rw’ukuntu abahanzi barushanyije mu bitaramo bya PGGSS 2 byagiye bibera hirya no hino mu gihugu (road shows).
Umuhanzi Karangwa Lionel “Lig G” wamenyekanye cyane kubera uburyo yatangiye kuririmba akiri muto injyana ya Hip Hop, aratangaza ko mu kwezi kwa 11/2012 ariho azamurikira Abakunzi be ku mugaragaro album ye ya mbere yise “Nimba Umugabo”.
Polisi ikorera mu karere ka Karongi yakoze umukwabu utunguranye wo guta muri yombi abacuruza ibihangano by’abahanzi batabifiye uburenganzira maze amasitidiyo atatu arafungwa ndetse n’umuntu umwe atabwa muri yombi.
Jean Paul Samputu, umuhanzi nyarwanda wamamaye cyane ku rwego rw’isi arategura igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze avutse n’imyaka 35 amaze muri muzika kizaba tariki 30/06/2012.
Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya PGGSS 2 barasabwa kwitondera uburyo biyamamaza dore ko uzabirengaho azabihanirwa by’intangarugero bamukura mu marushanwa.
Ibitaramo bya Live biratangira aho abahanzi bose bari muri Primus Guma Guma Super Star 2, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/06/2012 batongera kuririmbira bataririmbiye bakoresheje CD.
Umuhanzi Jules Sentore yashize hanze amashusho y’indirimbo aherutse gukora yise “Ndayoboza”, indimbo y’urukundo ku ivuga k’umusore wakundanaga n’umukobwa, nyuma umukobwa akagenda umusore agasigara yibaza iyo yagiye.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, abanyamakuru b’imyidagaduro, abategura Primus Guma Guma Super Star 2 ndetse n’abahanzi 10 bari muri aya marushanwa barahurira muri Top Tower Hotel barebere hamwe ibyagezweho n’ibisigaye.
Abahanzi Kitoko, Dream Boys, Urban Boys, Riderman na Radio bari gukora indirimbo ya Tigo ivuga kubyiza by’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bwatangaje ko kwamamaza ikinyobwa cya Coca Cola ntaho bizahurira n’abahanzi kuko ikinyobwa cya Primus kibafasha ku buryo buhagije.
Hashize igihe kitari gito havugwa cyane imyambarire idashimishije igaragara ku bahanzikazi b’Abanyarwanda mu bitaramo hirya no hino.