Korari Sinayi yamenyekanye cyane kubera indirimbo yayo yaririmbye yise ‘‘Akamanyu k’umutsima’’. Iyi korari ni imwe mu makorari abarizwa mu mudugudu wa Kamashashi muri Paruwasi ya Kanombe mu mujyi wa Kigali.
Umuhanzi Dr Claude wagombaga kwerekeza ku mugabane w’Uburayi kuwa gatanu tariki 17/08/2012 yagiye umunsi umwe mbere yahoo kubera imyitozo (répétitions) agomba gukorerayo mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera.
Umuhanzi Tom Close umaze kubaka izina muri muzika nyarwanda arataramira abakunzi be hirya no hino mu mpera z’iki cyumweru kizarangira tariki 19/08/2012.
Umuhanzi Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide yakatiwe igihano cy’amezi atatu y’insubikagifungo kuwa kane tariki 16/08/2012 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umutunganyiriza indirimbo (Producer).
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi, kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012 arashyira hanze indirimbo nshya yise “Byacitse” yakorewe muri Bridge Records.
Umuhanzi wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide yatawe muri yombi tariki 15/08/2012 nyuma yo gukubita no gukomeretsa umutunganyiriza indirimbo (producer).
Ibikorwa byo gushishikariza abantu umunsi wahariwe ubutabazi ku isi (World Humanitarian Day Campaign) bimaze kugera ku bantu barenga miliyoni 100 bari biyemejwe. Kugera tariki 19/08/2012 ngo bazaba bageze kuri miliyari imwe.
Bashabe Kate niwe ubahiga mu bwiza nyuma yo kwgukana ikamba rya Nyampinga wa Nyarugenge, mu birori byo gutora Miss Nyarugenge byabaye kuwa Gatanu tariki 10/08/2012.
Itsinda Kidz Voice rigizwe n’abana bava inda imwe rimenyerewe mu njyana ya Reggae rizamurika alubumu yabo ya mbere bise “African Children” kuwa gatandatu tariki 18/08/2012 kuri One Love hazwi nko kwa Rasta ku Kinamba hafi ya Cadillac.
Amakuru dukesha Laurent Marius Nzabandora uhagarariye itsinda B-Gun, ni uko amashusho y’indirimbo Bwiza bwanjye yageze hanze kuwa mbere tariki ya 6.8.2012 mugihe amajwi yayo (audio) yakozwe ahagana mu kwezi kwa gatanu na Jay P muri Hop Street.
Umuhanzi Lil P ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Miss President” ya Paccy kizaba tariki 24/08/2012.
Ranking Trevor, wari umuhanzi akaba n’umudije (Dj), ukomoka muri Jamaica yitabye Imana, kuwa Kabiri w’iki cyumweru tariki 07/08/2012, azize impanuka y’imodoka yakoreye i Kingston mu murwa mukuru wa Jamaica.
Knowless, umwe mu bakobwa bake mu Rwanda bakora umuziki akaba yari n’umwe mu bahanzi 10 bari bitabiriye amarushanwa ya PGGSS 2, azataramira abakunzi be kuri uyu wa gatandatu tariki 11/08/2012 kuri Olympiade i Remera imbere ya stade Amahoro.
Umuhanzikazi uzwi cyane mu njyana ya Hip Hop aho benshi banemeza ko ariwe mwamikazi w’iyo njyana Paccy, yahamije ko azamurika alubumu ye tariki 24/08/2012.
Umurirmbyi Rafiki yashishije Abanyamusanze bari bitabiriye ibirori byo gutoranya abazahagararira Intara y’Amajyaruguru mu irushanwa rya Miss Rwanda 2012, ubwo yaririmbaga indirimbo ze “Live”.
Ndahimana Jean de Dieu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Asa ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana akaba afite ubuhanga bukomeye mu njyana ya Afrobeat ndetse n’injyana ya R&B na Pop.
Jackson Kalimba uherutse kugaragaza ubuhanga buhambaye muri Tusker Project Fame 5 araganira n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 03/08/2012 mu rwego rwo kubanyuriramo uburyo Tusker Project Fame 5 yagenze kuri we.
Umuhanzi Emile Nyezimana aritegura kugaruka mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru aho azaririmba mu imuraka rya albumu ya Dominic no muri World-Camp ya IYF. Aho hose ngo azahagaragara abyina reggea amanitse amaguru yombi.
Umuhanzi Kamichi umaze iminsi avugwaho kwaka ruswa umuhanzi Jason Derulo ubwo yari hano mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize aratangaza ko ayo makuru atari yo.
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina rya Tonzi, yibarutse umwana wapfuye (umwana yapfiriye mu nda) mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 30/07/2012.
Umuhanzi nyarwanda Kalimba Jackson wari waritabiriye amarushanwa ya Tusker Project Fame 5 yavuyemo atsinzwe n’Umunyakenyakazi Ruth yegukanye iryo rushanwa tariki 29/07/2012.
Jason Derulo, umuririmbyi w’Umunyamerika wari waje kwitabira igitaramo cyo gusoza amarushanwa ya PGGSS 2, mbere yo gusubira iwabo muri Amerika yabanje gusura abarwayi mu bitaro bikuru bya CHUK aranabagaburira tariki 29/07/2012.
Abatuye umujyi wa Ruhango bavuga ko bamaze kumenya ko King James ari bwegukane igihembo cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2, bituma abantu bataramenyekana bangiza ifoto ya Jay Polly yari ku cyapa cyamamazaga abahanzi.
Umuhanzi ukomeye wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Jason Darulo, yaraye ageze mu Rwanda nk’uko byari biteganyijwe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Biteganyijwe ko tariki 28/07/2012 umuhanzi wo muri Amerika, Jason Joel Desrouleaux uzwi ku izina rya Jason Derülo, azataramira Abanyarwanda kuri sitade Amahoro i Remera ubwo bazaba basoza irushanwa rya PGGSS II (Primus Guma Guma Super Star 2).
Jason Deluro uzaririmbira Abanyarwanda ku munsi wo gusoza amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 azasozwa tariki 28/07/2012, azagera mu Rwanda tariki 27/07/2012 ahagana saa mbiri z’ijoro.
Derek, umwe mu bahanzi bari gufasha abahanzi bari muri Primus Guma Guma Super Star 2 kuririmba (backing) kubera ubuhanga azwiho, arihanganisha King James kubera ibibazo ari guhura nabyo muri iyi minsi.
Abakunzi ba Knowless bo mu Ruhango bavuga ko batababajwe n’uko yasezerewe muri Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya kabiri, ahubwo ngo babajwe cyane n’uko ka mitiyu Me2U babonaga kahagaze.
Umuhanzikazi uririmba injyana ya Hip Hop akaba ari n’umwe mu bahanzi batunguye abantu cyane mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2, Young Grace, n’ubwo afana Jay Polly nka mugenzi we mu njyana ya Hip Hop, arakangurira abafana ba R&B gutora King James.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ejo tariki 19/07/2012 muri Serela Hotel i Kigali, Josee Chameleon yatangaje ko atajya afata ku biyobyabwenge nk’uko hari bamwe babimutekerezaho.