Umuhanzi Makanyaga Abdoul yakoze impanuka ya moto mu gitondo cya tariki 21/04/2012 ubwo yari avuye kwa muganga kuri Policlinique du Plateau gukoresha bimwe mu bizamini by’indwara.
Inkuru ikomeje gukwirakwira ko Bahati Grace wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2009 yaba atwite inda y’umuhanzi w’umunyarwanda w’umuraperi uzwi ku izina rya K8 Kavuyo kandi ngo isigaje amezi atatu ngo ivuke.
Abahanzi bari muri Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), tariki 16/04/2012, basuye imfubyi n’abapfakazi za Jenoside mu mudugudu wa Rwakibilizi ya 2, akagali ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata i Nyamata banabashyikiriza imfashanyo zitandukanye.
Ibyo mu Rwanda bita gushishura, aho umuhanzi cyangwa umu-producer afata indirimbo y’umuhanzi wundi runaka akayigana cyangwa se akaririmbira mu njyana (beat) yayo, ngo si mu Rwanda biba gusa kuko na bamwe mu baririmbyi bakomeye ku isi nabo hari indirimbo zabo zamenyekanye ariko injyana zazo barazibye ku bandi baririmbyi (...)
Hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza hagati ya Cecile Kayirebwa n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) ndetse bikaba binavugwa ko Cecile Kayirebwa yaba yiteguye kujyana ORINFOR mu nkiko.
Mu rwego rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, abahanzi 10 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 (PGGSS II) bazasura urwibutso rwa Ntarama mu karere ka Bugesera tariki 09/04/2012.
Mu rwego rwo guteza imbere Gospel mu Rwanda, abahanzi bane bari mu cyiciro cya Gospel muri Salax Awards 2011 bagenewe ibihembo n’abakunzi b’iyo njyana. Abazahembwa ni Dominic Nic, Gahongayire Aline, Blessed Sisters na Liliane Kabaganza.
Umuhanzikazi Knowless ubwo yaririmbaga mu gitaramo aherutse kwitabira mu Bubiligi tariki 31/03/2012, yituye hasi mu buryo budasobanutse ku buryo na n’ubu impaka zitarashira ku cyamugushije.
Umuhanzi w’Umunyarwanda witwa Lil P uba mu Bwongereza yari kuririmba mu gitaramo cyateguwe na Exotic Night mu Bubiligi ariko byarangiye ataririmbye. Lil P avuga ko yasuzuguwe cyane ntibamuhe umwanya wo kuririmba kandi bari babimwemereye ndetse baranamushyize kuri affiche y’igitaramo.
Abahanzi 10 bahatanira kwegukana instinzi ya Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) bitabiriye umuganda rusange wabaye tariki 31/03/2012 mu karere ka Gasabo aho bateye ibiti bakanubaka ibiro by’umudugudu wa Nyakabungo
Mu birori bya Salax Awards byabaye tariki 31/03/2012 kuri petit stade i Remera mu mujyi wa Kigali, King James niwe wegukanye ikamba ryo kuba umuhanzi w’umwaka awutwaye Dream Boys, Young Grace na Kamichi bahatanaga.
Knowless ntazitabira ibitaramo byose byari byamujyanye i Burayi kuko byari biteganyijwe kuzabera muri Suede na Hollande biri ku matariki Abanyarwanda bazaba bibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Umuhanzi uzegukana insinzi muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) azahembwa amafaranga miliyoni 24 azahabwa mu byiciro; nk’uko byatangajwe n’abategura icyo gikorwa tariki 27/03/2012.
Mu mpera z’uku kwezi kwa gatatu (tariki 31/03/2012) hategenyijwe igitaramo cyiswe Roof Top Party kizabera hejuru y’inzu ya mbere ndende muri Kigali yitwa Kigali City Tower (KTC).
Umuhanzi Christopher umaze igihe gito yigaragaje mu mu muziki Nyarwanda, yabaye umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda wahawe igihembo cya Diamond gitangwa n’inzu ishinzwe gutunganya umuziki yo mu Bufaransa yitwa VirtuaMusic Label.
Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ku nshuro yayo ya kabiri, ifite gahunda iteganirijwe abahanzi 10 basigaye muri iri rushanywa.
Raporo yavuye mu itohoza ku cyishe umuririmbyi wo muri Amerika, Whitney Houston, witabye Imana mu kwezi gushize igaragaza ko uwo muririmbyi yishwe no kuba ahanini yarafataga cyane ku kiyobyabwenge cya Cocaine.
Umusore Nsabimana Olivier bakunze kwita “Roy” wamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel Music), arimo gutegura igitaramo cyo kumurikira abakunzi be album ye ya mbere yitwa “umubisha ni nde?” mu kwezi kwa kane uyu mwaka.
Nyuma y’amatora muri Primus Guma Guma igice cya kabiri (PGGSS 2) abahanzi icumi bazahatanira umwanya wa mbere baramenyekanye ndetse n’imibare ibaranga.
Abahanzi Danny, Bull Dog,Young Grace, Jay Polly, Just Family, Emmy, Dream Boys, Rider Man, King James na Knowless nibo bazakomeza mu cyiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma super Star season 2.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin “The Ben”, ubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe n’imwe mu mazu ashinzwe ibikorwa by’abahanzi n’ubuhanzi bwabo muri Amerika ya Mavaka Music Label.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri Radio Maria Vincent de Paul Ntabanganyimana aratenganya kumurikira abakunzi be alubumuye ya mbere «Ngwino urebe” mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka; nk’uko yabidutangarije.
Abagize Ikirezi Group itanga Salax Awards baratangaza ko gahunda izaba yateganyijwe ku munsi wo gutanga ibihembo igomba gukurikizwa uko yagenywe kabone nubwo abahanzi bazahembwa batinda kuhagera.
Kuwa gatanu tariki 16/03/2012 saa moya za nijoro hateganyijwe igitaramo cyiswe “An Evening with Natty Dread” i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda. muri icyo gitaramo Natty Dread azaba ari kumwe na Kamichi, Ras Kayaga uzwi ku izina Maguru, Holy Jah Doves, King Patience n’abandi.
Ikwiyikuzo Diane uvuka mu murenge wa Butaro mu karere ka Burera afite imyaka irindwi y’amavuko; ariko iyo ari imbere y’abantu ari kuririmba ntiwapfa kumenya ko angana atyo ukurikije ukuntu aririmba nta bwoba afite.
Umuhanzi w’Umunyamerika Jason Derulo niwe uzaririmbana n’umuhanzi w’Umunyarwanda uzegukana intsinzi muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II).
Dr Drew Pinsky, umuganga uzwi cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, avuga ko kuba Angelina Jolie afite umubiri muto ari ibibazo by’imirire mibi.
Hashize iminsi havugwa urukundo hagati ya Young Grace na Kamichi, ndetse ko Young Grace yaba atwite inda yatewe na Kamichi. Ese ko ibi bintu ni ukuri? Ni ugusebanya? Cyangwa ni promotion bashaka? Dore uko bamwe babibona ndetse na ba nyiri ubwite icyo babivugaho.
Umuhanzi Chrispin yashyize ahagaragara alubumu ye “Adieu l’Afrique Shida” tariki 11/03/2012 muri Serana Hotel. Nubwo haje abantu bacye, Chrispin yatangaje ko bimushimishije kandi ko yumva intego ye yayigezeho 50%.
Abazitabira ibirori bya Salax Awards 2011 bazataramirwa n’abahanzi batandukanye baba aba hano mu Rwanda ndetse n’abo hanze. Dore urutonde n’indirimbo buri muhanzi azaririmbira abazaba bitabiriye ibirori; nk’uko tubikesha Ikirezi Group.