Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Mani Martin yagaragaje agahinda kenshi yatewe no gusoma amagambo atari meza kuri Cecile Kayirebwa bigendanye n’ikirego yatanze ku burenganzira bw’ibihangano bye ariko akaba atatangaje aho yabisomye.
James Manzi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Humble Jizzo akaba ari umwe mu bahanzi bagize itsinda rya Urban Boys yakoze impanuka ariko Imana ikinga ukuboko.
Hamaze iminsi havugwa ko haba hari ikibazo hagati ya Urban Boys na Dream Boys, ibi bikaba ngo byaba bifitanye isano n’ibyo Mc Tino yavuze ubwo yatangazaga ko Urban Boys ikora cyane ariko Dream Boys yo ikaba itarakoze.
Buri mwaka tariki ya 29 Mata isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe “Imbyino” cyangwa Kubyina (Journee Internationale de la Danse) mu rwego rwo guha agaciro umuco wo kubyina ndetse no kwibuka uwitwa Jean-Georges Noverre, umubyinnyi ukomeye w’umufaransa wabaye ho mu bihe bya kera.
Igice cya kabiri cya filime nyarwanda y’uruhererekane JABO yakunzwe na benshi kubera inkuru ivugwamo yabayeho, kiragera ku isoko ku wa Mbere tariki 29/04/2013, nk’uko bitangazwa na KAZE FILMZ, kampani uatunganyije iyi filime.
Amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) yatangiye ari amarushanwa ashaka umuhanzi ukunzwe cyane kurusha abandi ariko kuri iyi nshuro yayo ya gatatu haribazwa niba umuhanzi uzegukana insinzi uzaba ari umuhanga kurusha abandi cyangwa se niba ari uzaba akunzwe cyane (warushije abandi abafana bamutoye).
Abahanzi Dominic Nic Ashimwe na Alexis Dusabe bateguye igitaramo cyo guhimbaza Imana bahaye insanganyamatsiko igira iti: “intambwe zacu yazaguriye kumukorera” kikaba ari igitaramo kizabera mu karere ka Rubavu tariki 05/05/2013 guhera ku isaha ya saa munani z’amanywa.
Umuhanzi Kamichi umaze kumenyerwaho inganzo ihambaye dore ko anandikira indirimbo benshi mu bahanzi nyarwanda, yadutangarije ko kuri uyu wa gatandatu tariki 27/04/2013 azashyira hanze indirimbo ye nshya yise « Ako kantu ».
Hashize iminsi mike hatangiye kuvugwa ko Uwiringiyimana Theo Bosebabireba yaba yarafashe gahunda yo kwigumira i Burayi kubera imyenda yaba yarasize afashe.
Mu Rwanda usanga bamwe mu bahanzi babaye ibyamamare kakahava bageraho bakazima ntibongere kuvugwa cyangwa se ugasanga urukundo bari bafitiwe mu myaka yashize rusa n’aho rusigaye ari umugani.
Umunyamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, ababajwe cyane no kubona umuziki nyarwanda udatera imbere ngo ugere ku rwego rushimishije.
Umwanditsi wa Filimi yamenyekanye cyane mu Rwanda yitwa “NIKO ZUBAKWA” witwa Yvette DOruwase, atangaza ko yanditse iyi filimi agendeye ku mibereho itandukanye y’abashakanye yitwa igaragara mu muryango Nyarwanda kuri iki gihe.
Bamwe mu bahanzikazi baremeza ko ruswa y’igitsina isabwa abahanzikazi kugira ngo bamenyekanishirizwe ibihangano, icyo kibazo kibabangamiye bagasaba ko hari icyakorwa kugira ngo icike.
Umunyamakuru Deejay Adams avuga ko byakabaye byiza abahanzi n’ibyamamare hano mu Rwanda bakoresheje izo mpano zabo, kumenyekana kwabo ndetse n’amafranga yabo mu kugira ngo ibyabaye bitazasubira ukundi.
Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Nyuma yo gutukwa n’umuhanzi mugenzi we Professor Nigga, Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys avuga ko nta mwanya afite wo gutinda kubyo Professor Nigga yamuvuzeho hari byinshi yagakoze mu buhanzi bwe.
Umuhanzi Tom Close, asanga kurera neza ari ukubaka ejo hazaza h’igihugu, kuko abana aribo Rwanda rw’ejo bazaba bakora ibikorwa byose by’ubuzima bw’igihugu, bityo kubayobora mu nzira bakwiye gukuriramo akaba ari ugutegura ejo hazaza h’igihugu.
Umujyanama w’itsinda rya Urban Boys, Alex Muyoboke, aratangaza ko abafana bose bo mu gihugu ari ababo bityo nta kintu kidasanzwe Urban Boys bazakora kugira ngo biyegereze abafana kitari ukubagaragariza ibyo bashoboye.
Alex Muyoboke, umujyanama y’itsinda Urban Boyz, agiye gushyikiriza ubutabera Karasira Aimable uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Professor Nigga kubera ibitutsi aherutse kubatukira kuri facebook.
Mani Martin n’abaririmbyi be bazitabira ibirori byo gutangiza iserukiramuco « Amani Festival » bizabera i Goma muri Congo tariki 06/04/2013.
Orchestre Amis de Jeunes ikorera mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yakoze igitaramo kidasanzwe cyo gushimira Perezida Kagame inkunga y’ibikoresho bya muzika bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni eshanu yabagejejeho mu mpera z’umwaka ushize nkuko yari yabibasezeranyije ubwo yasuraga akarere ka Rusizi muri 2010.
Umuhanzi M1 umaze igihe akorera umuziki we mu gihugu cya Uganda, aratangaza ko kuri ubu agiye gutangira amasengesho ya buri munsi nyuma yo kumenya ko ngo afite abatifuza ko muzika ye yatera imbere.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3 bakomeje kwiyegereza abafana ba Rayon Sports kuko ifite abafana benshi bityo umuhanzi uzatorwa n’abafana ba Rayon akazaba nta kabuza yizeye kwegukana insinzi.
Abakina cinema nyarwanda barakangurira abantu cyane cyane urubyiruko ruvuga ko rudafite akazi kwinjira muri uyu mwuga, kuko ubasha gutunga uwukora kandi ukamugeza ku iterambere rirambye.
Umuhanzikazi Gaby Irene Kamanzi yatangaje ko kuva tariki 31/03/2013 ubwo azaba amurika alubumu ye ya mbere azaba atangiye ubuzima bushya bwo gukora umuziki we ku mugaragaro mu rwego rw’umwuga.
Umugore ukina filimi wo mu gihugu cy’Ubufaransa, witwa Julie Gayet, yatanze ikirego mu rukiro rw’i Paris muri icyo gihugu, asaba ko bakurikirana abantu bashyize kuri interineti inkuru y’ibihuha ivuga ko yaba afitanye ubucuti na Perezida w’Ubufaransa, François Hollande.
Kuri uyu wa gatanu, tariki 29/03/2013 Urban Boys bazajya kwishimana n’abakunzi babo muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare banabamurikire ibihembo beherutse kwegukana muri Salax Awards ndetse n’amahirwe yo kuba mu bahanzi bahatanira PGGSS 3.
Hakunze kugaragara cyane ibibazo hagati y’abahanzi n’ibyamamare ariko wakurikirana ugasanga ba bahanzi hagati yabo ntacyo bapfa cyangwa se baba bakwisanzuyeho bakakwibwirira ko rwose babanye neza.
Igice cya mbere cya Filimi “Ineza Yawe” y’umukinnyi wa filimi, Iyaremye Yves, ukomoka mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, kizashyirwa ahagaragara tariki 31/03/2013.