Perezida Kagame atangaza ko ibimaze gukorwa mu gihugu nyuma y’imyaka 20 ari urugero rw’ibishoboka gukorwa bigateza imbere Abanyarwanda imbere.
Bamwe mu bana bakomeje gutakaza ubwenge bikavugwa ko biterwa n’imbuto z’icyatsi bise ibisazi by’imbwa baba bariye nyuma bagata umutwe.
Kuwa 9 Nzeri 2015, mu Ngororero hatangirijwe ku rwego rw’Igihugu, umushinga wo kugenzura serivisi n’ikoreshwa ry’imari ya Leta mu mirenge.
Abatuye akagari ka Ruragwe, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, bahangakishijwe n’ikiraro cya Ryabutwatwa cyaridutse kikaba kimaze guhitana abantu barindwi.
Minisiteri ishinzwe impunzi no gukumira ibiza MIDIMAR, yashyize ahagaragara igitabo kigaragaza ubwoko bw’ibiza n’uduce tw’igihugu bikunze kwibasira.
Perezida Paul Kagame arakorera urugendo mu karere ka Nyanza abonereho no kureba ibikorwa by’urugomero rw’amazi ruherereye mu murenge wa Rwabicuma.
Agakiriro k’akarere ka Ruhango, kagiye kumara amezi ane gatangiye gukorerwamo n’abanyabukorikori, ubuyobozi bukavuga kazabafasha guhanga imirimo myinshi isaga ibihumbi birindwi.
Inzego zitandukanye zikorera mu gihugu zigomba kugira uruhare mu guhanga imirimo mishya mu rwego rwo guhangana n’ubushomeri mu rubyiruko.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen. Paul Malong Awan, atangaza ko igihugu cye kizigira ku iterambere n’ubumwe Abanyarwanda bamaze kugeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buratangaza ko abayobozi bo muri aka karere bakwiye gufasha abaturage guharanira kugera ku iterambere.
Dr Nishishikare Fabrice wakoraga mu bitaro bya Kirehe yaguye mu bitaro by’umwami Faycal kuwa 09/9/2015 nyuma yo kuva mu nama y’akazi arangije izamu.
Muhindo watashye mu Rwanda tariki 8/9/2015 avuga ko igihe yamaze muri FDLR nta nyungu yayibonyemo, agarutse iwabo mu buzima bushya.
Donald Kaberuka wayoboraga banki Nyafurika itsura Amajyambere agiye kwigisha muri Kaminuza ya Harvard nyuma y’imyaka 10 ku buyobozi bw’iyi banki.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yasabye abari mu inkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe gushyira hamwe.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hadutse uburyo bushya bwo kwaka no gutanga ruswa mbere y’igihe, ku buryo uyisaba ayaka mbere y’igihe.
Mu rwego rw’ubushakashatsi ku mazi yo munsi y’ubutaka, Leta y’Ubushinwa yatunganyije amariba 58 imiryango 7784 ibona amazi meza.
Abarwanashyaka b’ishyaka riharanira ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), baratangaza ko nta cyababuza gushyigikira Perezida Kagame kubera iterambere amaze kugeza ku Banyarwanda.
Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bataremewe kuba abakene kuko nta cyiza babusanzemo ahubwo bakwiye gukora ngo babuvemo byaba ngombwa bigakorwa kungufu.
Imiryango itegamiye kuri leta [NGOs] ikorera mu karere ka Kayonza irasabwa kunyura mu buyobozi mbere y’uko itangira ibikorwa byayo.
Umuryango wa ba kanyamigezi mu Rwanda COFORWA, wiyemeje kwagura no kunoza ibikorwa by’isuku n’isukura mu gihugu kugira ngo abaturage barusheho kubona amazi meza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abaturage batutiye pariki y’Ibirunga gukomeza kugira uruhare mu kuyibungabunga kugira ngo umutungo uyivamo wiyongere.
Abaturage b’akarere ka Kirehe barataka ikibazo cy’izamuka ritunguranye ry’igiciro cy’ibirayi ko bavuga ko ribatera igihombo mu bucuruzi no mu mirire.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/9/2015, Ministeri y’ibikorwaremezo(MININFRA) n’abubatsi, bemeje ubufatanye mu kunoza umwuga w’ubwubatsi mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko Rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryiyemeje kugeza ijwi ryaryo kure mu guhangana na yo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kujya banengera mu ruhame abaturage bafite umwanda kugira ngo bikosore.
Bamwe mu bagana akarere ka Nyamagabe, baranenga imitangire ya serivisi itaranoga kuko batazibonera igihe kandi ntibakirwe neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe burasaba abahagarariye amadini n’amatorero kwirinda inyigisho z’ibinyoma zihungabanya umutekano w’abo bayoboye.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuri uyu wa 03 Nzeli 2015 yasambuye amazu 75 umwe arapfa akubiswe n’inkuba abandi batatu barakomereka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bufatanyije na polisi, batwitse bimwe mu bikoresho bivugwa ko byifashishwaga mu kuroga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyubakiye isomero rya miliyoni 43 abaturiye Pariki y’Ibirunga mu rwego rwo kubasangiza inyungu iva mu bukerarugendo.