Abakozi b’akarere ka Rwamagana barashinja sosiyete yitwa “Revolution Electronic Ltd” kubatekera umutwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize ikabambura amafaranga.
Umujyi wa Kigali bwabwiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batujwe muri Gasabo ko igihe kizagera ntibabe bagifashwa ahubwo bakishakira imibereho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burateganya guha abaturage agatabo k’imihigo y’ibanze kazajya kabafasha gushyira mu bikorwa no kwesa imihigo y’umuryango.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umuturage wo mu Karere ka Ngororero ukekwaho gukora impapuro mpimbano z’rwego rw’Umuvunyi.
Imiryango ibarirwa mu gihumbi y’Abanyekongo mu Mujyi wa Goma barengereye imbibe bakubaka mu Rwanda kuva kuri uyu wa 26 Kanama 2015 batangiye gusenyerwa.
USAID Ejo Heza iributsa abaturage ba Tumba na Mukura mu Karere ka Huye ko amashereka ya nyuma ari yo agira intungamubiri nyinshi ku bana.
Abavuye ku masomo ku Iirwa cya Iwawa barasaba abaturage kubagirira icyizere ntibazongere kubabona mu ishusho y’abagizi ba nabi.
Kuri uyu wa 26 Kanama 2015, umukecuru Kamaraba w’i Maraba yatemwe n’umugabo yari abereye mukase, naho i Rwaniro utumva ntanavuge yicisha ishoka abagore babiri.
Abarwayi bavurwa n’Ibitaro bya Gahini i Kayonza ntibishyure ngo babishyira mu gihombo cy’amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri buri kwezi.
Bamwe mu Nyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu karere ka Nyagatare bibaza uko bazarangiza amazu batujwemo atuzuye kandi batizeye kuzayagumamo.
Bamwe mu banyonzi bo mu Mujyi wa Nyanza barishimira ko bakomorewe gukora nubwo ngo bagihura n’imbogamizi zo gusuzugurwa n’abatwara ibindi binyabiziga.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko mu gihe cy’impeshyi basabye abaturage guhagarika gutwika amakara mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro.
Abayobozi b’amatorero n’amadini akorera mu Karere ka Muhanga ngo bahangaykishijwe n’ikibazo cy’umutekano w’abasengera ku Musozi wa Kanyarira na Kizabonwa.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bishimira ko ubuzima bw’abaturage burushaho kugenda neza bitewe n’uruhare rwabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) hamwe na Ministeri y’ubutegetsi b’igihugu/MINALOC, batangije kuri uyu wa gatatu tariki 26 Kanama 2015, ikoranabuhanga rizafasha kwishyuza imisoro y’uturere.
Umuryango Scaling Up Nutrition (SUN), ku uyu wa 25 Kanama 2015 watangaje ko witeguye guhangana n’imirire mibi mu Banyarwanda, wongerera ubushobozi indi miryango isanzwe muri iki gikorwa.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26 Kanama 2015, isoko rya Kabeza ryamaze amasaha arenga atanu rifunze kubera ko nyiraryo atishyura imisoro.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera ruvuye Iwawa rurasaba ubuyobozi kuruba hafi kugira ngo na rwo rugere ku iterambere nk’abandi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro cyafunze Isoko rya Kabeza kubera imisoro, abarikoreramo barigaragambya maze Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro ategeka ko rifungurwa bagaha abaturage bakabanza bagashaka ahandi bakorera.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko hakiri urugendo ngo ababyeyi bitabire konsa babikoranye isuku.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bufite imbwa zigera ku munani zizifashishwa mu guhangana na ba rushimusi bajyaga bahiga inyamaswa zayo.
Abantu batatu bakekwaho ubujura bw’ibikoresho byo mu ngo mu Murenge wa Bweramana bari mu maboko ya polisi kuva tariki 24 Kanama 2015.
Kuva tariki 11 Nzeri 2015 i Kigali hazabera inama y’iminsi ibiri izahuza impuguke ziturutse mu bihugu bitandukanye.
Abahingaga mu gishanga cya Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza ngo bafite inzara baterwa no kuba barabujijwe kugihingamo kugira ngo gitunganywe.
Abikorera basaga 140 baturtse mu bihugu by’Afurika n’Aziya bari imurikagurisha ry’iminsi 10 mu Karere ka Ngoma kuva tariki 23 Kanama 2015 .
Ubuyobozi bwa MONUSCO bwateguje abitandaukanyije na FDLR bari mu Nkambi ya Kisangani ko itazongera kubagemurira ibiribwa kubera ubushobozi buke.
Intumwa ya AU, Alpha Oumar Konare, aratangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagira uruhare runini mu guhosha intambara yo muri Sudani y’Epfo.
Ngendahayo utuye mu Murenge wa Bwisijye abasha kwinjiza ibihumbi 30 ku munsi abikuye mu migati akora mu bijumba.
Ansonsiyata Mukarugabiro wo mu karere ka Nyamagabe, atangaza ko yicuza kuba yarashatse kwivugana umugabo we kubera amakimbirane yo mu muryango.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’Igihugu (RDF/ SCSC) buratangaza ko imikorere myiza iranga Ingabo z’u Rwanda ziyikomora ku mahugurwa n’amasomo zibona.