Sgt. Hakorimana Eldephonse wari umurwanyi wa FDLR mu bice bya Rutshuru na Masisi akaza kujyanwa mu nkambi ya Kisangani muri gahunda yo gushyira intwaro hasi ku barwanyi ba FDLR, avuga ko nyuma yo kuzenguruka amashyamba ya Kongo akajyanwa mu nkambi ya Kanyabayonga na Kisangani asanga nta nyungu yabonye uretse guta igihe.
Abaturage baturiye ibagiro rya Kijyambere ry’Akarere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’umwanda uturuka muri iri bagiro, ugashokera mu ngo zabo, ukabanukira ku buryo ngo hari abatakirya ni mugoroba.
Ibiyobyabwenge birimo kanyanga, urumogi ndetse n’ibikoresho bikoreshwa mu gukora kanyanga birimo insheke, n’ingunguru byangiririjwe mu ruhame,nyuma y’urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge rwakozwe n’urubyiruko rwiganjemo abanyonzi n’abamotari.
Abanyeshuri b’abakobwa biga ku bigo bitandukanye byo mu Karere ka Gakenke bemeza ko icyumba cy’umukobwa ku bigo by’amashuri hari byinshi kimaze guhindura kuko mbere bahuraga n’imbogamizi mu gihe batunguwe n’imihango kandi akenshi hakaba hari n’abo byabagaho batazi ibyo ari byo bityo ngo hakaba hari n’abo byateshaga amasomo yabo.
Umuryango nyafurika witwa New faces New voices, washinzwe na Mme Graca Machel wari Madamu wa nyakwigendera Nelson Mandela, uratangizwa mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 10/6/2015 n’uwo muyobozi wawo ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mozambique kuri iki cyumweru,hakomeje kuvugwa ko agahimbazamusyi bagenerwaga kaba kagabanutse ndetse byaje no gutuma iyi kipe igirana inama y’amasaha agera kuri abiri na Minisitiri w’Umuco na Siporo.
Dusingizimana Jean De Dieu ukunze kwiyita Fulgence Kibenye w’imyaka 24 ari mu maboko ya Polisi kuri ku Mukamira mu karere ka Nyabihu, acyekwaho kwicisha umuhoro Hatangimfura Jean Baptiste Gasore w’imyaka 38.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga rwahawe amahugurwa n’umuryango JOC wita ku rubyiruko rw’abakristu mu Rwanda, ruravuga ko kuba hari abirirwa bicaye bategereje inkunga za leta mu kwihangira imirimo biteza idindira mu iterambere.
Kuva mu 2009 Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yitwa Vision 2020 Umurenge (VUP). Iyi gahunda ifite intego yo kurandura ubukene bukabije mu Banyarwanda nk’uko bikubiye ntego za gahunda y’icyerekezo cya 2020 u Rwanda rwihaye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, asanga ubufataye bw’imyaka 15 Polisi imaze ifitanye ubufatanye n’abaturage mu kwicungira umutekano, byatanze umusaruro ugaragara mu kurwanya ibyaha mu gihugu cyose.
U Rwanda rukomeje kugaragaramo izamuka rikomeye ry’indwara ya Malariya, kimwe mu bibazo bihangayikijije Minisiteri y’ ubuzima (MINISANTE), kuko bigaragara ko imbaraga zari zarashyizwe mu kurwanya iyi ndwara mu bihe byashize zagabanutse.
Nyuma y’uko impunzi z’i Burundi zari zimaze iminsi zihungira mu Rwanda zinyuze ku byambu bihuza Akarere ka Kirehe n’u Burundi, Polisi y’i Burundi imaze gufunga ibyambu byose ngo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abagabo n’abagore batuye umurenge wa Mutendeli ho mu karere ka Ngoma bemeza ko igihe cy’umwero w’imyaka, ingo zimwe ziba zitorohewe kubera amakimbirane avuka ashingiye ku gushaka kugurisha umusaruro ndetse bamwe bagasahura urugo.
Mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko, abasore n’inkumi bo mu murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero bashinze itsinda ryo kuzigama bita YIG (Youth Imvestment Group) ngo batezeho kuzabona igishoro mu mirimo itandukanye badatagereje ubaha akazi.
Abakora umwuga w’ubuhinzi mu karere ka Rubavu, bavuga ko bagorwa no kwishyura inguzanyo z’ubuhinzi baba bafashe kubera Ibiza bigwira imyaka yabo, bigatuma za banki ziganyira kubaha inguzanyo zo gukomeza guhinga.
Agakiriro k’Akarere ka Kayonza kubatswe mu Mudugudu wa Gihima mu Kagari ka Mburabuturo mu Murenge wa Mukarange, ku birometero nka bitanu uvuye rwagati mu mujyi wa Kayonza. Ako gakiririo kazengurutswe impande n’impande n’amazu ameze nk’ay’ubucuruzi agaragara nk’akiri mashya ndetse hakaba n’andi acyubakwa.
Abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gutangira kubyaza umusaruro amahirwe bafite y’umutungo kamere wiganjemo ikiyaga cya Kivu gikora ku mirenge hafi ya yose igize aka karere, ishyamba rya Nyungwe n’ubutaka bwera akarere gafite.
Abahanzi b’injyana ya afro beat baririmbana ari babiri bazwi ku izina rya Two 4real baratangaza ko badakora umuziki wabo bagamije kugaragara mu irushwanwa rya Primus Guma Guma ryitabirwa ku rwego rwo hejuru mu Rwanda.
Christine Mukakarisa ababajwe n’uko umwana we ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, adahabwa ishuri kandi afite ubushobozi bwo kumutangira ibisabwa n’umwana akaba aho yigaga mbere bamusezereye ngo kuko atsinda cyane atagikeneye kuhiga.
Abakora muri sinema Nyarwanda barashinja abafite amateleviziyo ko batagira uruhare mu kuyiteza imbere, mu gihe ba nyir’amateleviziyo bo bavuga ko basanzwe babikora n’ikimenyimenyi hakaba hari abo bafitanye amasezerano.
Abantu babarirwa muri 55 bo mu Mudugudu wa Mabanza mu Kagari ka Gishwero, ho Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, ngo bari kwa muganga nyuma yo kunywa ikigage mu birori by’ubutisimu byabaye ku munsi w’isakaramentu ku wa 7 Kamena 2015.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Kenya,Victor Wanyama usanzwe anakinira Southampton asanga amashyirahamwe y’umupira w’Amaguru mu karere k’Afrika y’Iburasiravuba atuzuza inshingano zawo ndetse bigatuma n’umupira w’Amaguru muri aka karere ukiri ku rwego rwo hasi.
Ubucuruzi bw’amata bukorwa mu kajagari mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Musanze ngo buteye impungenge kubera ko ayo mata ngo aba atujuje ubuziranenge kandi ngo ashobora gutera indwara abaturage bayanywa.
Bamwe mu bahinzi b’ingano bo mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu, bavuga ko ingano ari igihingwa kiza cyazamura ugihinga ariko bakavuga ko bafite ikibazo k’ifumbire ibageraho ihenze kuko yazamutse mu biciro ikava ku mafaranga 450 ikagera kuri 700.
Itoerero ingazo ngari ryari rihagarariye u Rwanda ryasusurukije bikomeye abari bitabiriye iserukiramuco Nyafurika riswe "Afrotest" ryabereye mu Burusiya mu cyumweru gishize cya tariki 5 Kamena 2015.
Murekezi Zacharie w’imyaka 58 n’umugore we Mukankubito Rahabu w’imyaka 54 y’amavuko batuye mu Kagari ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, bahamya ko bamaze imyaka irenga 30 barokamwe n’ubukene kubera gushyira imbere amakimbirane yo mu muryango.
Abatuye umujyi wa Ruhango wo mu karere ka Ruhango, baravuga ko bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’abanab’inzererezi bakiri bato, bakomeje kwiyongera mu mujyi umunsi ku wundi.
Eustache Mudatsikira, ukuriye Ibuka mu Murenge wa Huye wo mu Karere ka Huye, avuga ko abaturage bo mu Muyogoro bireze mu gihe cy’Inkiko Gacaca bakababarirwa, nyamara batarireze abagore n’abana babonywe mu Mudugudu w’Akagarama bakwiye gukurikiranwa mu nkiko.
Nyuma yo kugeza mu mirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi amakoperative yo Kubitsa, kuzigama no kuguza (Saccos), abenshi mu banyamuryango bitabira kubitsa no kuguza gusa, ariko gahunda yo kuzigama ngo yitabirwa na bake kandi na yo ngo ifasha umunyamuryango kunguka.
Kuri icyi cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 nibwo irushanwa ry’imiyoborere myiza “Kagame Cup” mu mupira w’amaguru mu bakobwa no mu bahungu ryasojwe mu ntara y’iburengerazuba,ikipe y’akarere ka Rutsiro ikaba ariyo izasohoka mu gihe amakipe y’abakobwa yanenzwe gukora amanyanga ku buryo hashobora kuba nta kipe y’abakobwa (…)
Umushinga mpuzamahanga wa Harvest Plus wita ku buhinzi bw’ibishyimbo n’ibigori, uvuga ko abahinzi bagira ikibazo cy’ibura ry’ibiti byo gushingiriza ibishyimbo bashobora gukoresha indodo cyangwa imigozi isanzwe; kandi bagahinga ibishyimbo n’ibigori bitanga umusaruro mwinshi wuzuye ubutare na vitaminA.
Abana batandatu b’imfubyi birera bo mu Kagari ka Rusera mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza ngo bamaze igihe kigera ku myaka ibiri batagira icumbi kuko inzu basigiwe n’ababyeyi babo yaguye mu myaka ibiri ishize kubera gusaza.
Bamwe mu bagore bakoraga umwugaw’uburayabo mu karereka Nyamasheke bavugako uburaya bwabasigiye ibikomere bikomeye by’umubiri n’umutima, ku buryo bikibakomereye kwiyubaka ngo baterimere nk’abandi Banyarwanda.
Nubwo umunsi ubanziriza igitaramo cye atiyumvagamo ko ameze neza bitewe n’ibyo yari amaze kubona no kumva ku Rwibutso rwa Genocide rwa Gisozi ku wa gatandatu, kabuhariwe mu gusetsa abantu umugandekazi, Anne Kanssiime, ntibyamubujije gushimishije imbaga y’abari baje kwihera ijisho no kumva aho atembagaza abantu n’urwenya kuri (…)
Abanyamuryango ba Koperative Nyampinga y’abagore bahinga kawa mu Kagari ka Bunge mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira kuba barahawe uruganda rutonora rukanaronga kawa, ariko bakavuga ko babangamiwe no kuba uru ruganda nta mazi rufite.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukindo ho mu Karere ka Gisagara bazwi nk’abatishoboye, bahabwa inkunga y’ingoboka (Direct Support), bibumbiye muri koperative Urumuri baravuga ko izina ry’abatishoboye barisezereye kuko bamaze kwigeza ku bikorwa by’iterambere.
Nyuma y’imyaka itanu ibigo by’imari by’umurenge sacco bitangiye gukora, abanyamuryango babyo basanga bamaze kugera ku iterambere mu bijyanye no kubitsa no kwaka inguzanyo, ariko ngo baracyabona imbogamizi muri serivisi zitangwa n’ibyo bigo bigikoresha amafishi, ndetse n’umunyamuryago ukeneye amafaranga ari kure ya sacco ye (…)
Nyuma y’uko umusaza witwa Bambabenda Joseph yibwe inka n’iyayo agatakamba asaba ubufasha kuko ari yo yari imutunze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwamwemereye kuzamushumbusha indi nka izamufasha gukomeza kwikura mu bukene.
Kuri uyu wa 07 Kamena2015 ahagana mu ma saa sita z’amanywa, mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Gahurura, mu Murenge wa Rukomo, habonetse umurambo w’uwitwa Kayitare Egide.
Kuri iki cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 abakinnyi, abayobozi na bamwe mu bafana b’ikipe ya Rayon Sports icumbitse mu Mujyi wa Nyanza bibutse ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda igahitana bamwe mu bari abakinnyi n’abakunzi bayo.
Nyuma y’urupfu rwa Karangwa Yves witabye Imana kuri uyu wa 7 Kamena 2015, umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, arimo gukorwaho iperereza kuko ngo yari kumwe na nyakwigendera ku wa gatandatu tariki 6 Kamena 2015 kandi ngo ari muzima.
Guhera kuri uyu wa 04 Kamena, Mugabo Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakagarama mu Murenge wa Rukomo ho mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko ya Polisi/ Sitasiyo ya Gatunda akekwaho kwaka no kwakira ruswa ingana n’amafaranga ibihumbi 20.
Kuba mu Kagari ka Gishamashayo mu Murenge wa Rubaya nta shuri ryari rihari ngo biri mu byadindizaga imyigire y’abanyeshuri kubera gukora urugendo rurerure.
Abajyanama b’ubuzima barishimira ko bavunwe amaguru bakegerezwa Ikigo Nderabuzima cya Kibilizi, nyuma y’uko bakoraga ibirometero birenga 30, ngo bikaba byaratumaga hari n’abajyanwaga kwa muganga bitewe n’urugendo rurerure bakabyarira mu nzira.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutsinda APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994,nyuma yo kuyitsinda Amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Petit Stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yashyizweho na Leta yo gutoza urubyiruko ubutwari binyuze mu itorero, yahinduye benshi mu myumvire kuko uru rubyiruko rubafasha kumva gahunda zitandukanye zibagenewe.
Abahinzi b’umuceri mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara barasaba gushyirirwaho inzu y’ubucuruzi muri uyu murenge, bajya baguriramo umuceri barya ku giciro kiri hasi kuko basanga badakwiye kuwugura kimwe n’abandi kandi bitwa ko bawuhinga.