Itorero “Garukurebe” ryo mu Karere ka Rwamagana ryakiranye ibyishimo impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ryari ryaremerewe na Perezida Paul Kagame, nk’inkunga yo kurifasha mu ngendo zo gusakaza umuco Nyarwanda hirya no hino.
Itsinda ry’abasenateri rimaze iminsi 10 mu karere ka GIcumbi mu gikorwa cyo kugenzura imitangire ya serivisi muri aka karere, ryanenze bikomeye uburyo umujyi wa Byumba urangwa n’umwanda ndetse ukaba nta n’aho bamena imyanda ugira.
Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI) iratangaza ko mu myaka umunani ishize u Rwanda rwavuye mu murongo w’imirire mibi hafi mu gihugu hose rugera ku mirire iringanire kuri ubu, rubikesha gahunda yo kongera umusaruro kandi rukaba rwifuza kugera kure harenzeho.
Akarere ka Gasabo n’umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE Rwanda) ku bufatanye na kaminuza yo muri Hong Kong yigisha iby’ikoranabuhanga (The Hong Kong Polytechnic University) byashyikirije ingo 45 zo mu Karere ka Gasabo umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba, ku wa kane tariki ya 28 Gicurasi 2015.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwahamije icyaha cyo kwiyicira umugabo Musabimana Solina wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo, maze rumuhanisha igifungo cya burundu.
Abitabiriye kongere ya 8 y’inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyanza yateranye ku wa 29 Gicurasi 2015, biyemeje kuba abarinzi b’ibyagezweho mu iterambere ry’igihugu, birinda uwo ari we wese waba intandaro yo kubisenya.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) irasaba abasanzwe bafite utuduka duto tw’imiti (Comptoirs Pharmaceutiques) kuduhagarika bagakora mu mavuriro aciriritse (Poste de santé); icyakora ikaba itarabasha kubibumvisha kubera ko ngo Poste de santé zihagije bajya gukoramo.
Imihanda yo mu Mujyi wa Musanze, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabemereye ko izakorwa nyuma yo kwangirika cyane, imirimo yo kuyisana irarimbanyije, mu cyiciro cya mbere hazakorwa ibirometero bitanu byo mujyi n’ibindi 10 byo mu nkengero zawo.
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’umwana no guhesha agaciro cy’icyayi cy’u Rwanda mu mahanga, abafite uruhare mu guteza imbere uburezi bw’umwana barimo Abarimu, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ababyeyi, barasabwa gukura abana mu mirimo ivunanye barimo cyane cyane mu buhinzi bw’icyayi, abakoreshwa mu ngo ndetse (…)
Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, mu Murenge wa Cyinzuzi ho mu mu Karere ka Rulindo ,habereye umuhango wo gushyikiriza bamwe mu bacitse icumu ba Jenoside amazu bubakiwe n’itorero rya ADEPR mu Rwanda.
Amarushanwa y’akarere ka 5 k’Afrika (Zone 5)muri Karate yari ategenyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 6 n’iya 7 Kemena 2015, yimuriwe ku itariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2015 nk’uko bitangazwa na Rurangayire Guy. Umuyobozi ushinzwe Tekinike mu ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA.
Abakora ubuhinzi bw’umwuga bo mu Murenge wa Sake, Akarere ka Ngoma barishimira kwegerezwa imashini zifashishwa mu buhinzi ngo kuko zatumye batakirara ihinga kubera abakozi ba nyakabyizi bahingishaga amasuka, bityo bigatwara igihe kinini guhinga ubuso bunini.
Nyuma y’uko Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu yeguje komite nyobozi y’akarere ikanirukana uwari umunyamabanga nshingwabikorwa wako tariki ya 27 Werurwe 2015, ikanashyiraho Kaduhoze Jeanne nk’umuyobozi w’akarere w’agateganyo, ku wa 29 Gicurasi 2015 hatowe abayobozi bashya.
Iteroro garukurebe ryo mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa 29 Gicurasi 2015,ryaramukiye mu birori byo kwakira impano y’imodoko yo mu bwoko bwa Coaster bagabiwe na Perezida Kagame mu buryo bwo kuborohereza urugendo bajya mu bitaramo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo ikibazo cy’umwanda kireba buri wese, abagore bakwiye kukigira icyabo ku buryo bw’umwihariko, kuko ngo gisubiza inyuma agaciro bahawe na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Itsinda ry’abasenateri ryari rimaze iminsi 10 risura ibikorwaremezo by’Umujyi wa Muhanga n’ibyaro, riravuga ko n’ubwo iterambere rigenda ryiyongera mu Karere hagikenewe byinshi byo gushyirwamo imbaraga.
Nyuma y’uko Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugabanyije amafaranga yo gukoresha bwahaga imirenge bimaze kwemezwa n’inama njyaanama y’aka karere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari ntibishimiye igabanywa ry’ayo mafaranga ngo kuko ari bo bigiraho ingaruka nyinshi mu kazi bikanabatera gukora amakosa.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bangirijwe imitungo baravuga ko n’ubwo batishyuwe ibyabo byangijwe ababikoze baramutse babasabye imbabazi bivuye ku mutima bazitanga.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mukino w’intoki wa Volleyball irakomeza mu mpera z’iki cyumweru aho amakipe ahanganiye ku mwanya wa mbere ariyo Rayon Sports na INATEK ziza kuba zisobanura mu mukino uzabera muri INATEK
Umuhorakeye Josephine, umukecuru utishoboye warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utuye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma yashyikirijwe inzu anahabwa inka n’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Uburasirazuba (IPRC East).
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Isaac Bizuru Nkurikiyimana, yakatiwe gufungwa imyaka 7 y’igifungo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ruri mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015.
Mu gihe cya saa munani z’amanywa kuri wa 28 Gicurasi 2015, ni bwo uwitwa Nizeyimana Dieudonne w’imyaka 18 ari kumwe na nyina Nyransababera batoraguye igisasu cya “60MM Mortar Gun”, ubwo bahingaga mu murima wabo, mu Mudugudu wa Kabungo, Akagari ka Cyanza mu Murenge wa Mbuye.
Nyuma y’umwaka n’amezi abiri batawe muri yombi bashinjwa gukorana na FDLR, kurwanya ubutegetsi buriho no kugambirira guhungabanya umudendezo w’igihugu, abantu 11 basabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25 naho Mukashyaka ufatwa nk’uwabajyanye muri FDLR asabirwa n’ubushinjacyaha kugabanyirizwa igihano.
Kuva mu mwaka wa 2009, mu Karere ka Kamonyi hatangiye gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bigana n’abatabufite, abana bafite ubumuga bitabiriye kugana ishuri bishimira ubusabane bagirana n’abandi kuko ngo bubakura mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera ndetse n’abikorera batandukanye bo muri ako karere bemeza gahunda y’ibiganiro bibahuza yatanze umusaruro haba mu bucuruzi ndetse no mu misoro yinjira mu karere.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda( BNR), John Rwangombwa, mu itangazo yashize ahagaragara kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, yavuze ko Leta y’u Rwanda yamaze kugurisha impapuro z’agaciro-faranga (T-bond) mu gihe cy’ imyaka 10 zifite agaciro ka miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), Umulisa Henriette, aratangaza ko abihakanaga abakobwa bateye inda bakanga gufasha abana babyaye akabo kashobotse, kuko mu Rwanda hagiye gutangira gukorerwa ibizamini bigaragaza amasano (DNA/ADN).
Abaturage benbshi ntibashinganisha imitungo yabo n’ibikorwa byabo kubera ngo nta makuru aba ahagije baba bafite ku buryo ubwishingizi bukora, kuko baba bakeka ko buhenda kandi umuntu ashobora gushinganisha ibye ku mafaranga y’u Rwanda atageze ku gihumbi.
Mufti w’u Rwanda, Kayitare Ibrahim, aravuga ko kuba u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo mu bindi bihugu bituruka ku buyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, agasanga ingingo y’101 y’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ikwiye kuvugururwa akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda.
Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, mu Mudugudu wa Nshuri, Akagari ka Gitengure mu Murenge wa Tabagwe hatangirijwe uburyo bwo kuhira imyaka imusozi hakoreshejwe ibyuma bizenguruka bimisha amazi ku bihingwa.
Bamwe mu bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku cyakorwa kugira ngo abasivili bari mu bihugu birimo imvururu n’intambara barindirwe umutekano, bagaragaje amakosa y’imiryango mpuzamahanga n’ibihugu mu kurengera abaturage.
Igitaramo umunyarwenya w’umugandekazi Kansiime Anne azakorera mu Rwanda tariki ya 6 Kamena 2015 cyateguwe na Decent Entertainment, ariko ngo nta muhanzi wayo n’umwe uzakigaragaramo aririmba.
Umugabo witwa Musonera Patrice w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, akekwaho gusambanya akana k’agakobwa kitwa Mpuhwezayo Aline k’imyaka 3 y’amavuko.
Nyuma y’igihe kinini umuganura utizihizwa mu Rwanda, ariko umwaka ushize ukaba warizihijwe hamwe na hamwe mu Rwanda, uyu mwaka noneho ngo uzizihirizwa mu tugari twose two mu Rwanda bishimira ibyagezweho.
Ku nkunga y’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) muri porogaramu yacyo ya Ejo Heza abantu 412 bo mu murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza bigishijwe gusoma, kwandika no kubara bakuze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko bitarenze Nzeri 2015 abaturage b’Umurenge wa Mbuye bazaba batangiye gucana amashanyarazi bemerewe na Perezida Paul Kagame ubwo aheruka gusura Akarere ka Ruhango mu mwaka wa 2012.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga barasaba abiyamamaza ku mwanya wa Senateri ugomba gusimbura uwahoze ari Senateri Bizimana Jean Damascene yazita ku mategeko atakigendanye n’igihe no gushishoza ku mategko ashobora kugira ingaruka zitari nziza ku baturage.
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseaux des Femmes) rigiye gutangiza umushinga witwa “TUSHIRIKI WOTE” mu Karere ka Rusizi ugamije kongerera ubushobozi abagore 100, by’umwihariko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka mu rwego rwo kubateza imbere.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ubwo yari atashye avuye ku ishuri ku mugoroba wo ku wa 27 Gicurasi 2015 yajyanye na bagenzi be mu rugomero rwa Kinoni II batangiye koga ararohama ahita apfa.
Intumwa ziturutse muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) zahagurukijwe n’ikibazo cy’imikoreshereze y’ifumbire mvaruganda mu Karere ka Nyanza maze zikorana inama n’abahinzi, abacuruza inyongeramusaruro n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa kugira ngo umusaruro ukomoka ku buhinzi urusheho kwiyongera.
Ministiri w’Umuco na Siporo,Madamu Uwacu Julienne amaze gusura ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, mbere yerekeza Uganda ku isaha ya 14h00, gukina umukino wo kwishyura n’ikipe ya Uganda U23, aho yahaye abakinnyi ubutumwa bw’icyizere kandi abibutsa ko bahagarariye Milioni 12 z’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Imyuga, Musanze Polytechnic, buravuga ko bugiye gutera ikirenge mu cy’ayandi mashuri makuru yigisha imyuga ritanga ubumenyi-ngiro bufatika ndetse bazagira akarusho kuko bafite ibikoresho bihagije.
Mu gihe benshi mu byamamare badakunze kwerura ko bari mu rukundo, Producer Bob, we yeruye ko ari mu rukundo kandi ashimira umukunzi we wamubaye hafi ubwo mama we yakoraga impanuka y’imodoka akajya mu bitaro.
Senateri Bajyana Emmanuel arakangurira abayobozi b’Akarere ka Musanze kurushaho kwegera abaturage kugira ngo basobanukirwe ko na bo bafite uruhare bagomba kugira ngo bikemurire ibibazo biba bibugarije igihe cyose badateze amaboko Leta ko ari yo ibikora.
Umuhanzikazi, Uwimana Aisha Ciney, na we yatangariye ubuhanga bwa musaza we Yvan Buravan uherutse kwinjira mu muziki, akaba yabitangaje nyuma y’uko n’abandi bantu banyuranye bavuga ko uyu musore ari umuhanga.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gisagara baratangaza ko hagaragara ibintu bitandukanye bikurura amakimbirane mu ngo, muri byo hakaba harimo no kwishyingira abantu bakiri bato bisigaye bigaragara mu rubyiruko.
Umugabo witwa Mihigo Joël wo mu Kagari ka Curazo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe bamusanze mu ishyamba yapfuye mu gitondo cyo ku wa 27 Gicurasi 2015, batatu bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu baburirwa irengero.
Ubwo Umunyamahanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Kalihangabo Isabelle, yaganiraga n’abaturage b’Umurenge wa Rugarika kuri uyu wa 27 Gicurasi 2015, yaburiye abakomeza kwinangira kwishyura imitungo bangije muri Jenoside yakorewe abatutsi abibutsa ko icyaha cya Jenoside kidasaza.
Nyuma y’icyumweru intumwa za Sena zisura Akarere ka Rubavu mu kugenzura gahunda y’imiturire no kunoza umujyi, tariki ya 27 Gicurasi 2015, zagaragaje ko hakiri ikibazo mu myubakire no gutunganya Umujyi wa Gisenyi ufatwa nk’uwa kabiri nyuma ya Kigali.
Icyegeranyo cyakozwe na KT PRESS kigaragaza ko umwuga wo gutwara abantu kuri Moto mu Rwanda ugeze ku ntera ishimishije, ndetse ko winjiza akayabo ka miliyali zisaga 726 z’amafaranga y’u Rwanda ku mwaka yiyongera ku mari ya Leta.