Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwaturutse hirya no hino muri Afurika ruteraniye i Kigali mu nama y’umushyikirano, ko niba badahagurutse ngo birwaneho hagamijwe kuva mu bukene, intambara no gutegekwa n’abandi, batagomba gutegereza ko hari undi uzabakemurira ibyo bibazo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko servise z’ubutaka zigitinda kuri bo cyane mu ihererekanya ry’ubutaka, hakiyongeraho ko zitanabegereye bakifuza ko zabegerezwa.
Mu gusuzuma imihigo y’umwaka wa 2013-2014, ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu n’abakozi batandukanye bako bishimira uburyo bushya bwo gusuzuma imihigo, basanga bwarajemo agashya kuko bufasha abakozi gutanga Serivise ku baturage nk’uko byari bisanzwe.
Helen Smith w’imyaka 42 y’amavuko ukomoka ahitwa Prestatyn mu Burengerazuba bwa Wales, yahuye n’igitangaza nyuma yo gukora ikanzu muri lasitike (élastiques) mu ibara ry’umukororombya akayishyira ku isoko maze ikagurwa akayabo k’amayero 215000 bishatse kuvuga arenga miliyoni magana abiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga batangaza ko bafite ikibazo cy’ubukonje bw’agace batuyemo butuma inzuki zabo zikonja bigatuma zidatanga umusaruro w’ubuki uhagije bakaba bifuza ko bahabwa imizinga ijyanye n’ako gace gakonja.
Bijya bibaho ko izina rimenyekana cyane ariko abantu benshi ntibamenye inkomoko yaryo. Ibi birashoboka ko ari ko bimeze ku izina “akabenzi” ryitirirwa ingurube cyangwa ifunguro rikoze mu nyama zayo.
Inzu y’uwitwa Iryamukuru Corneille iherereye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati mu kagari ka Bumba yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa tanu z’ijoro rishyira ku wa mbere tariki 21/07/2014 ntihagira umuntu uhiramo, ariko ibyarimo hafi ya byose birakongoka.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kararo, Akagali ka Mudakanwa mu Murenge wa Gataraga ho mu Karere ka Musanze bagaragaza ko inka za Girinka zitangwa hakurikije ikimenyane kandi zigahabwa abantu bifite.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kongerera ubumenyi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, basabwe kugira umuco wo kuzigama kugira ngo barusheho kugira imibereho myiza, maze bateze igihugu cyabo imbere.
Bayavuge Leonidas uri mu kigero cy’imyaka 32 y’amavuko yanyweye umuti wica udukoko two mu myaka witwa Kiyoda ajyanwa kwa muganga, ariko ntiyabasha kubaho.
Abakozi bubatse inzu y’ubucuruzi y’abahabwa inkunga y’ingoboka (VUP) mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba barakoze ntibahembwa bakavuga ko birimo kubagiraho ingaruka zitandukanye zirimo ubukene no kutabasha gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Mu rwego rwo kwihutisha serivisi z’ubutaka ba noteri bagera kuri 94 barahiriye kujya kwemeza inyandiko zirebana n’iby’ubutaka mu mirenge igize intara y’amajyepfo.
Abanyamuryango 30 ba koperative ya ba karaningufu bo mu mujyi wa Ngororero baravuga ko batishimiye imikoranire yabo n’abacuruzi bo muri uwo mujyi kuko itabateza imbere nk’uko bigenda ahandi bavuga ko ba karingufu babayeho mu buzima bwiza.
Abaturage bacumbitse mu mudugudu wa Kazaza bita kwepa inonko hafi y’igishanga cy’umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bishimira ko babonye aho bacumbika bakava mu gishanga hagati ariko ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha burabagawa isuku nke no gutura mu kajagari.
Abahinzi b’inyanya bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko umusaruro wabo muri uyu mwaka wagabanutse kubera ikibazo cy’uburwayi zahuye nabwo bw’agakoko ka Milidiyu.
Amahirwe y’ikipe y’u Rwanda Amavubi mu gukomeza gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha yagabanutse cyane ubwo yatsindwaga na Congo Brazzaville ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Complex Sportif i Pointe Noire ku cyumweru tariki ya 20/7/2014.
Intore z’umuryango wa FPR inkotanyi mu Karere ka Karongi ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2014 zasoje amahugurway’iminsi ibiri ku ndangagaciro zikwiye kuranga abayobozi ndetse n’ibyo zikwiye gukora mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere myiza, kwihutisha iterambere ry’igihugu no gukomeza kubungabunga isura nziza y’u (...)
Akimana Elyse w’imyaka 10 y’amavuko, avuga ko akunda kuvuza cyane ingoma ndetse ngo bibaye ngombwa yabihindura umwuga mu buzima bwe bwose.
Ubwo hatangizwaga itorero mu ishuri rikuru rya Institut polytechnique de Byumba (IPB) umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri biga muri iryo shuri kwimakaza ubutore na kirazira ndetse bakongera indangagaciro ku bumenyi barimo bavoma muri iryo shuri.
Ikigo cy’itumanaho cya Tigo cyamaze kumvikana na banki KCB ko ubu umukiliya wabo agiye kuzajya yihitiramo ikimworoheye mu gukoresha konti ya banki akoresheje telefoni ndetse n’umukiliya wa Tigo cash akaba yakoresha amafaranga ye anyuze mu byuma ATM bya banki KCB.
Umukobwa witwa Uwimana Asha w’imyaka 36 afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi akurikiranweho icyaha cyo gutwika amazu abiri mu rukerera rwo ku cyumweru tariki ya 20/07/2014.
Ministeri ishinzwe umutekano (MININTER), iy’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) hamwe n’inzego zinyuranye, bagaragaje ko gushya kw’amazu cyane cyane mu mujyi wa Kigali, biterwa n’impamvu zitandukanye zitarashyirwa ahagaragara, ariko ko muri zo hashakishwa abakorana n’abo mu mitwe ya FDLR na RNC.
Abayobozi b’amadini n’amatorero bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwita kuri gahunda yo kuboneza urubyaro no kuyikangurira abayoboke babo ndetse bagashishikarizwa kwigisha urubyiruko rwo mu madini bayobora ibijyanye na gahunda yo gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere yabo.
Amakoperative y’abahinzi b’umuceri bakorera mu bishanga bya Ruhango, Muhanga na Huye n’umuryango w’abakoresha amazi muri ibi bishanga ku bufatanye bw’umushinga Welt hunger hilfe, barishimira urugendo shuri bakoreye mu karere ka Kirehe tariki 18/07/2014.
Mu gihe ubusanzwe itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye ryatangiraga mu kwezi kwa 11 nyuma y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ngo baratangira gutozwa muri ibi biruhuko by’ukwezi kwa Nyakanga na Kanama 2014, bikorerwe mu bigo byatoranyijwe muri buri murenge.
Miliyoni hafi 15 z’amafaranga y’u Rwanda yateganyijwe kuzagura imbuto y’imyumbati mu ngengo y’imari y’akarere ka Bugesera y’umwaka wa 2014-2015, azafasha mu gukemura ikibazo cy’imbuto kigaragazwa n’abahinzi b’imyumbati.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage cyane cyane urubyiruko barasaba Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) kubafasha kubona ikigo cyihariye gitanga serivisi ku buzima bw’imyororokere kubera ikibazo cy’inda zitateganyijwe n’izitwarwa n’abana b’abakobwa kibugarije.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yanyagiwe ibitego 4-0 na Uganda mu mukino wabereye kuri Namboole Stadium ku wa gatandatu tariki ya 19/7/2014 mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Niheri umwaka utaha.
Bamwe mu bahoze mu bu local defense mu karere ka Rulindo basezerwe ku mirimo yabo mu mpera z’iki cyumweru ngo basanga kuba barakoze igihe kirekire bitwa abakorerabushake bitakagombye gukuraho ko bahabwa ishimwe nk’abantu bakoreye igihugu ngo bakitanga kugira ngo umutekano uboneke mu baturage.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rutsiro, Nyirabagurinzira Jacqueline, avuga ko mu karere hose habarurwa ibigo by’amashuri 36 bishaje cyane ku buryo bitakagombye kuba byigirwamo n’abanyeshuri, akaba asaba imirenge biherereyemo ndetse n’ababyubatse biganjemo amadini n’amatorero gufata (...)
Muri Nyakanga 2013 niho mu murenge wa Nyarubaka ho mu karere ka Kamonyi batashye umuyoboro w’amazi wari mu mihigo y’umwaka wa 2012/2013. Abaturage batangaza ko amazi yo muri uwo muyoboro bayavomye igihe gito, ubundi akagenda, ubu bakaba bamaze amezi arindwi batayabona.
Intore za FPR Inkotanyi mu karere ka Rusizi zirasabwa kurushaho gutekereza udushya twakwihutisha iterambere ry’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage muri rusange kugira ngo umuryango wa FPR INKOTANYI nka moteri y’igihugu urusheho kugera ku bikorwa byinshi kandi bitandukanye wemereye Abanyarwanda.
Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe ishinzwe uburenganzira bwa muntu, hamwe n’Urukiko rwa Afurika ruca imanza zirebana n’uburenganzira bwa muntu; byavuze ko bihangayikishijwe n’uko umubare w’ibihugu byemeje amasezerano yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu no kuregwa iyo bibaye ngombwa, bikiri bike cyane.
Umunyeshuri witwa Tuyishimire Emmanuel w’imyaka 19 y’amavuko, yasanzwe mu nzu yararagamo yapfuye nyuma yo kwimanika mu mugozi. Byarabereye mu mudugudu wa Gitega, mu kagali ka Bushenyi mu Murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yashyikirije imfubyi za Jenoside zo mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, inkunga y’amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.
Sosiyete zitanga ubwishingizi ku bikorwa by’ubuhinzi zikoranye n’abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) byafasha mu kugera ku bahinzi benshi kandi mu buryo bworoshye. Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wagatanu tariki 18/7/2014, ubwo hatangizwaga umushinga RADD II ugamije guteza imbere abacuruzi b’inyongeramusaruro.
Ivuriro rya Nyamicucu riherereye mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru ryagizwe ikigo nderabuzima, nyuma y’uko bigaragaruye ko ryakira abantu benshi kandi barenze ubushobozi bwaryo, nk’uko byatangajwe kuwa kane tariki 17/7/2014.
Abaturage bo mu karere ka Kirehe batangaza ko bamaze kwiteza imbere, nyuma y’uko umusaruro ukomoka ku rutoki muri aka karere umaze kuzamuka ku buryo bushimishije, kubera kuvugurura ubuhinzi bw’urutoki baruhinga kijyambere, bakoresha n’ifumbire y’inka.
Abaminisitiri batatu barimo uw’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba, uw’imari n’igenamigambi Amb. Claver Gatete n’uwubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata basuye uruganda rwa Mount Meru Soyco rutunganya Soya rukayibyaza amavuta rwo mu karere ka Kayonza, kuri uyu wa gatanu tariki 18/7/2014.
Abanyarwanda 71 bambutse umupaka wa Congo baza mu karere ka Rusizi, aho bari bavuye mu mashyamba ya Congo garutse mu gihugu cyabo nyuma yimyaka 20, kuri uyu wa gatanu tariki 18/7/2014.
U Rwanda rwishimiye impano yo guteza imbere ubushakashatsi rwahawe na Suwede, ingana na miliyoni zirenga 278 SEK (amafaranga y’icyo gihugu) ahwanye n’amanyarwanda miliyari 28, kuko ngo izagira uruhare rukomeye mu kugeza igihugu ku cyerekezo 2020 kizashingira ku baturage bafite ubumenyi.
Abari aba Local Defense Force mu karere ka Bugesera, baravuga ko ngo bakoze akazi katoroshye mu gihe bari bamaze muri aka kazi, iyi ikaba ari yo mpamvu basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha imperecyeza ngo bitewe n’uko banahuriyemo n’ibibazo byinshi.
Abacuruzi bo mu mujyi wa Kigali barifuza ko ubuyobozi butabaharira ikibazo cyo kwirindira inkongi z’umuriro, bakavuga ko n’ubwo hari ibikorwa remezo byashyizweho ariko hari ibigikenewe nk’amazi yo kuzimya akiri kure y’umujyi mu gihe agiye kwitabazwa.
Umuyobozi Mukuru wungirije wa Banki y’Isi akaba n’umuyobozi mukuru ushinzwe imari, Bertrand Badré, arashima ko u Rwanda rukoresha neza amafaranga atangwa n’iyi Banki mu rwego rwo gushyigikira imishinga iteza imbere abaturage.
Imigano yera cyane cyane mu bibaya hafi y’amazi ni kimwe mu gihingwa bigaragara ko cya cyakwera mu Karere ka Musanze mu bice byegereye ibirunga. Ngo yitaweho igahingwa ku bwinshi yakoreshwa mu mirimo y’ubwubatsi n’ibindi, amashyamba agasubira.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barema isoko rya Byangabo riri mu Murenge wa Busogo bavuga ko babangamiwe n’umukono w’urusimbi bakunda kwita kazungunarara ukinirwa inyuma y’iryo soko, abana n’abagore bajya bashukwa bagakina uwo mukino bataha imbokoboko kandi baba baje guhaha ibintu bitandukanye.
Ikigo cy’ubwisungane mu buvuzi cya gisirikare (MMI) cyahaye abahoze mu mwuga w’uburaya ibikoresho bitandukanye bibafasha gutangira ubuzima bushya, nyuma yo guhugurwa mu myuga itandukanye.
Bamwe mu banyamuryango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya KOBACYAMU bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa KITABI, “COOPEC Ntukabumwe”, baratangaza ko batishimiye kuba amafaranga yabo bagiye bakatwa agashyirwa muri iyi koperative yarahombye, none ngo bakaba bagiye kongera (...)
Abacuruzi bakorera inyuma y’isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze n’abahaturiye bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu myanda iva mu isoko imenwa aho, basaba ubuyobozi ko bubatabara bagashaka ahandi yajya ishyirwa.