Abahinzi bo mu Karere ka Burera batangaza ko abajyanama b’ubuhinzi babafashije cyane babigisha guhinga kijyambere, batera imbuto z’indobanure kandi bashyiramo n’ifumbire bityo umusaruro urushaho kwiyongera.
Bamwe mu bahinga igishanga cya Rwabashyashya batangaza ko guhinga mu mpeshyi bibaha umusaruro ufite agaciro karuta uwo babona mu bihe bisanzwe; kuko n’ubwo bakoresha ingufu nyinshi bavomerera ngo imyaka ya bo ituma, imboga bahinga ziba zikenewe cyane ku isoko.
Abahinzi n’abashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyamasheke biteze ko ubuhinzi bwabo bugiye guhindura isura umusaruro ukiyongera, nyuma y’uko bagiye guhabwa indi fumbire yunganira izari zisanzwe.
Abahinzi barakangurirwa kongera ikoreshwa ry’ifumbire mva ruganda, nyuma y’uko bigaragariye ko umusaruro ukomoka ku bihingwa wagabanutse, nk’uko bitangazwa na Henry Gitau, umuyobozi w’ikigo gikwirakwiza ifumbire mva ruganda mu Rwanda Balton Rwanda.
MFARMS, ni uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bufasha abacuruzi b’amafumbire hirya no hino mu gihugu, kugaragariza Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, uko ibikorwa by’ubucuruzi bw’amafumbire bihagaze.
Minisiteri ifite mu nshingano zayo gucunga Ibiza no gucyura impunzi, MIDIMAR, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, yahaye imiryango 53 yo mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu igizwe n’abahungutse kuva mu mwaka wa 2009 kugeza ubu inkunga y’amabati afite agaciro ka miliyoni zibarirwa muri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ifatanyije n’Urugaga n’Abikorera ndetse n’amakoperative y’abahinzi bumvikanye ku buryo bushya bwo gukusanya umusaruro w’ibirayi no kuwugeza ku isoko bwitezeho kurinda abahinzi igihombo bahuraga na cyo mu buhinzi bwabo.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Murenge wa Zaza ho mu Karere ka Ngoma baravuga ko amasambu bahawe bayahinze ntiyere,none bakaba basaba ubufasha bw’ ifumbire ngo bashyire muri iyo mirima barebe ko na bo bakweza.
Umushinga Welthungerhilfe kuva ku wa 26 Kamena 2015 urimo gutunganya igishanga cya Rusuri cyo mu Murenge wa Rwaniro, kugira ngo kizajye gihingwamo umuceri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Ibidukikije(REMA), gikomeje gusaba abahinzi kudashaka umusaruro mwinshi hakoreshejwe uburyo bwangiza ibidukikije, mu rwego rwo kurengera umutungo kamere uzatunga Abanyarwanda bazabaho mu bihe bizaza.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi kubakorera ubuvugizi bakabona isoko ry’imyumbati bahinga kuko bayigurirwa ku giciro kiri hasi.
Bamwe mu batuye mu karere ka Gisagara by’umwihariko mu murenge wa Save, bavuga ko mu matungo yose abaho iryo bakwemera gutunga babona rigira akamaro byihuse kurusha andi matungo ni ingurube.
Abayobozi b’amakoperative y’abahinzi baravuga ko ubushobozi buke bwayo mu kugurira abanyamuryango babo umusaruro bejeje, bituma abamamyi bahenda abahinzi kuko bo usanga bagura bahenda abahinzi ndetse akensgi bagakoresha ibipimo byiba abahinzi mu kugura.
Koperative “Abajyana n’igihe” ni imwe mu makoperative yo mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muko ikora neza aho yabaye iya mbere mu Karere muri 2013, ikora ibijyanye n’ubuhinzi bw’imbuto n’imboga. Yafashije abahinzi guhindura imyumvire bakora ubuhinzi bugezweho bubaha amafaranga.
Koperative “Abajyana n’igihe” ni imwe mu makoperative yo mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Muko ikora neza ikaba yaranabaye iya mbere mu Karere muri 2013. Iyi koperative ikora ibijyanye n’ubuhinzi bw’imbuto n’imboga yafashije abahinzi guhindura imyumvire bakora ubuhinzi bugezweho bubaha amafaranga.
Bamwe mu baturage bakorera ibikorwa by’ubuhinzi bw’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuba bagisarura umuceri mu buryo bwa Gakondo bibatera ibihombo.
Ishingiye ku kuba imaze kwiyubakira amazu afite agaciro ka miliyo zibarirwa muri 30, COARU, Koperative ihinga ingano mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jomba, yemeza ko uhinze ingano by’umwuga zagukuru mu bukene zikakugeza ku iterambere rirambye.
Bimwe mu bigo bicuruza umusaruro w’ubuhinzi nka “SARURA”, ngo bigiye gutangiza uburyo bwo gusinyana amasezerano n’amakoperative y’ubuhinzi yo kugura umusaruro wabo igihe weze ngo bakajya bayasinyana mbere y’uko batangira guhinga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Mukeshimana Gerardine arasaba abakora imyuga y’ubuhinzi n’ubworozi bitabiriye imurikagurisha ryari rimaze iminsi ribera ku Mulindi mu karere ka Gasabo, ko rikwiye kubabera umwanya wo kwisuzuma mu mirimo bakora.
Abahinzi bo mu karere ka Ngororero baravuga ko uburyo bushya bw’ikoranabuhanga abaganga bakoresha babavurira imyaka byagaragaje umusaruro, bituma nabo batangira kwitabira kuvuza ibihingwa byabo kugira ngo barusheho gukumira indwara zibasira imyaka mu mirima yabo.
Koperative y’abacuruzi b’Inyongeramusaruro mu Karere ka Musanze (CODIAMU), kuri uyu wa 10 Kamena 2015 bashyikirije abahinzi ibihembo by’ibikoresho by’ubuhinzi n’amafaranga byose bifite agaciro ka miliyoni 7 n’ibihumbi 600.
Abagabo n’abagore batuye umurenge wa Mutendeli ho mu karere ka Ngoma bemeza ko igihe cy’umwero w’imyaka, ingo zimwe ziba zitorohewe kubera amakimbirane avuka ashingiye ku gushaka kugurisha umusaruro ndetse bamwe bagasahura urugo.
Abakora umwuga w’ubuhinzi mu karere ka Rubavu, bavuga ko bagorwa no kwishyura inguzanyo z’ubuhinzi baba bafashe kubera Ibiza bigwira imyaka yabo, bigatuma za banki ziganyira kubaha inguzanyo zo gukomeza guhinga.
Bamwe mu bahinzi b’ingano bo mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu, bavuga ko ingano ari igihingwa kiza cyazamura ugihinga ariko bakavuga ko bafite ikibazo k’ifumbire ibageraho ihenze kuko yazamutse mu biciro ikava ku mafaranga 450 ikagera kuri 700.
Umushinga mpuzamahanga wa Harvest Plus wita ku buhinzi bw’ibishyimbo n’ibigori, uvuga ko abahinzi bagira ikibazo cy’ibura ry’ibiti byo gushingiriza ibishyimbo bashobora gukoresha indodo cyangwa imigozi isanzwe; kandi bagahinga ibishyimbo n’ibigori bitanga umusaruro mwinshi wuzuye ubutare na vitaminA.
Abahinzi b’umuceri mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara barasaba gushyirirwaho inzu y’ubucuruzi muri uyu murenge, bajya baguriramo umuceri barya ku giciro kiri hasi kuko basanga badakwiye kuwugura kimwe n’abandi kandi bitwa ko bawuhinga.
Nyuma y’ikibazo cy’uburwayi bwagaragaye mu gihingwa cy’imyumbati gihingwa cyane n’igice cy’Amayaga, mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi; kuri ubu abahinzi barataka ikibazo cy’umusaruro w’ibishyimbo n’amasaka wabaye muke kubera izuba, bakaba bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara.
Guhera mu gihembwe cy’ihinga gitaha cya 2015A kizatangira mu kwezi wa Cyenda, amafumbire mvaruganda yifashishwaga n’abahinzi azava ku bwoko butatu bwari busanzwe bumenyerewe agere ku 10.
Nyuma y’imyaka 15 umuryango DUHAMIC ADRI uharanira amajyambere y’icyaro, ufasha abahinzi bibumbiye mu Mpuzamakoperative IMPUYABO yo mu Murenge wa Musambira, kunoza ubuhinzi bwa Soya n’ibigori, ku wa 29 Gicurasi 2015, wahagaritse ku mugaragaro ibyo wabakoreraga maze ubasaba gukoresha ubumenyi bahawe bagafasha n’abandi (...)
Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI) iratangaza ko mu myaka umunani ishize u Rwanda rwavuye mu murongo w’imirire mibi hafi mu gihugu hose rugera ku mirire iringanire kuri ubu, rubikesha gahunda yo kongera umusaruro kandi rukaba rwifuza kugera kure harenzeho.