Bamwe mu batuye Akarere ka Bugesera baravuga ko umusaruro w’ibigori bafite uzaziba icyuho cy’umusaruro w’imyumbati kuko imbuto yayo bahinze yibasiwe n’indwara.
Abahinzi b’imbuto n’imboga bo mu Karere ka Rusizi barasabwa kongera umusaruro wabyo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Amakoperative ahinga ibigori mu ntara y’Uburasirazuba avga ko yaguye mu gihombo kubera utumashini dupima ubuhehere yahawe tudafite ubushobozi.
Abashinzwe iby’umuhinzi mu Karere ka Burera bahamya ko babashije guhashya byimazeyo forode y’ifumbire mvaruganda yari yarabaye nk’icyorezo mu bahinzi b’aka karere.
Abashoramari b’Abayapani biyemeje guhinga indabo mu Rwanda bagamije kuzamura umusaruro wazo nyuma yo gusanga ubuhinzi bwazo bukiri hasi.
Abahinzi bo mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero bubakiwe ibigega bizabafasha guhunika neza umusaruro wabo, bagatera imbere.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko imirimashuri yatumye umusaruro bakura mu buhinzi wikuba inshuro eshanu.
Abaturage bo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi bahagurikiye guhinga imboga z’ubwoko butandukanye ndetse n’imbuto kugira ngo barandure Bwaki.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Gicumbi baravugako bahura n’imbogamizi zo kubura ibikoresho bibafasha gukorera Ikawa kugira umusaruro wiyongere.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative Urumuri Nyarugenge mu Bugesera, barasaba ko bakwishyurwa miliyoni 60Frw y’imyaka yabo yangijwe n’amazi y’uruzi rw’Akanyaru.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kiravuga ko imbuto y’imyumbati kizavana Uganda kimwe cya kabiri kizahabwa Ruhango.
Itsinda ry’abantu 70 bahagarariye umushinga wateye inkunga ya miliyari 111 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) imishinga yo kuhira imyaka, bari mu turere tune tw’igihugu bayigenzura.
Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.
Abashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Rubavu bavuga ko ikibazo cy’ubuhinzi n’imyumvire bibangamira gahunda yo gukoresha inyongeramusaruro n’imbuto z’indobanure.
Habumugisha Augustin avuga ko mu myaka icyenda amaze akora ubuhinzi bw’ibinyomoro bwamuhaye ubuzima bwiza amashuri yize ya kaminuza atari kuzamuha.
Ikigega cy’Ubuhahirane cy’Abanyakoreya (KOICA) kiri gukora isuzuma ry’imibereho myiza ku batuye mu murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.
Abakora imirimo ijyanye no kongera umusaruro w’ubuhinzi bashyizeho ishyirahamwe bazahurizamo imbaraga mu kurwanya ibura ry’imbuto rikunze kugaragara mu Rwanda.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Amakoperative y’abahinzi b’ibigori mu Karere ka Gatsibo arasaba Leta kuyashakira isoko kuko ngo arimo kugurirwa umusaruro w’ibigori ku giciro gito.
Bamwe mu baturage b’Intara y’Iburasirazuba kugeza ubu ntibakozwa ibyo guhinga ibihingwa byatoranyijwe nk’uko biteganywa na gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka.
Mu gihembwe cy’ihinga cya 2016 A ibipimo by’ifumbire mvaruganda ikoreshwa mu karere ka Gakenke, byagabanutseho hafi ½ cy’iyari isanzwe ikoreshwa.
Abahinzi ba kawa mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa kwita mbere na mbere ku yo bafite kurusha gushaka kongera ubuso ihinzeho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irakangurira abaturage bo mu karere ka Rulindo kubyaza umusaruro amaterasi y’indinganire mu kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Ruhango na Minisiteri y’inganda n’ubucururizi, mu cyumweru kimwe gusa hafunzwe inganda zitunganya umuceri ku buryo butemewe n’amategeko.
Raporo ya EICV ya gatatu igaragaza ko ubukene bwagabanutseho 23% mu Karere ka Muhanga, bigatuma n’inzara igabanuka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB, kiravuga ko kigiye gutumiza indi mbuto y’imyumbati mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Imbuto ya pomme isigaye ihingwa mu Karere ka Rulindo, mu gihe mbere yajyaga iboneka ari uko itumijwe hanze y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buravuga ko umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize ushimishije n’ubwo izuba ryibasiye ibice bimwe by’iyo ntara.