Muko: Koperative “Abajyana n’igihe” yahinduye imihingire biteza imbere

Koperative “Abajyana n’igihe” ni imwe mu makoperative yo mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Muko ikora neza ikaba yaranabaye iya mbere mu Karere muri 2013. Iyi koperative ikora ibijyanye n’ubuhinzi bw’imbuto n’imboga yafashije abahinzi guhindura imyumvire bakora ubuhinzi bugezweho bubaha amafaranga.

Perezida w’iyi koperative, Wibabara Fidele, avuga ko ubumenyi bw’ishuri ry’abahinzi mu murima (IAMU) baha abanyamuryango bwatanze umusaruro by’umwihariko ku banyamuryango bava mu buhinzi bwa bwire-ndamuke bakora ubuhinzi bubateza imbere.

Wibabara Fidele (wambaye umupira urimo imirongo y'umukara) yemeza ko ubumenyi bwa IAMU bwahinduye ubuhinzi bw'abanyamuryango.
Wibabara Fidele (wambaye umupira urimo imirongo y’umukara) yemeza ko ubumenyi bwa IAMU bwahinduye ubuhinzi bw’abanyamuryango.

Nzagirwanimana Elias, umunyamuryango wa koperative “Abajyana n’igihe” utuye mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Muko, avuga ko mbere yo kujya muri koperative yakoraga ubuhinzi butagize icyo bumumariye. Nyuma yo kubona ko guhinga ibinyomoro n’inyanya muri koperative bitanga umusaruro na we ngo yatangiye kubihinga bimuha amafaranga.

Amafaranga akura muri ubwo buhinzi yayubatsemo inzu ifite agaciro ka miliyoni eshanu ndetse anarihirira ibihumbi 80 ku gihembwe, akaba afite icyizere cy’uko abana be bose baziga bakarangiza amashuri yisumbuye.

Agira ati “Ntabwo natekerezaga ko nabasha umwana none mfite umwana urajya mu mwaka wa gatanu hamwe n’uruhare rwa koperative maze kugera kuri byinshi ku buryo mfite icyizere cy’uko abana banjye bose bakwiga.”

Nyuma yo kurebera kuri koperative, Nzagirwanimana yatangiye guhinga ibinyomoro bimuha amafaranga none arahamya ko agenda yiteza imbere.
Nyuma yo kurebera kuri koperative, Nzagirwanimana yatangiye guhinga ibinyomoro bimuha amafaranga none arahamya ko agenda yiteza imbere.

Koperative kandi ngo yagiriye akamaro umubyeyi witwa Nyirandutiye Marie Therese na we ushimangira ko kuba muri koperative byahinduye ubuhinzi bwe abukora bya kijyambere abona umusaruro utubutse.

Ngo ashobora gusarura imifuka irindwi y’ibigori ku mwero umwe kandi mbere bitarabagaho. Ngo bituma abasha kwiyishyurira mitiweli n’umuryango we ndetse n’abana ntibabure ibikoresho by’ishuri.

NSHIMIYIMANA Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

kuki mutagaragaza aho umuntu yakura isoko aramutse abihinze bikamubana byinshi

nkunzurwanda alexis yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka