Dusabe Gabriel, umunyabugeni akaba n’umufotozi wabigize umwuga, avuga ko gufotora ari umwuga uteza imbere uwukora neza kandi awukunze.
Leta y’u Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi, aratangaza ko guverinoma igiye guhagurukira abazamuye ibiciro by’amazi nta burenganzira, kandi ibyemewe ari 20Frw ku ijerekani muri Kigali na 50Frw mu ntara.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza abagore kurangwa n’ibikorwa by’ubumuntu kuko ari byo biranga ‘Umugore mwiza’ ariko abibutsa gufatanya n’abagabo kuko ngo nubwo umugore yaba mwiza ariko adafatanya n’umugabo, ubwo bwiza butagira akamaro.
Minisiteri yUbuzima (MINISANTE) ivuga ko igiye gushaka uburyo yakoresha mu kugabanya ibiciro by’imiti y’indwara ya Hepatite, ku buryo byorohera buri wese.
Ku bufatanye bw’ishyirahamwe ritanga inguzanyo ku buhunzi n’ubworozi n’imishinga yo cyaro (AFRACA), BRD, MINAGRI na AFR, mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’impuguke mu ishoramari mu buhinzi n’ubworozi.
Abahesha b’inkiko bemera ko muri cyamunara ziba hirya no hino mu gihugu hakigaragaramo amakosa n’akajagari, biturutse ahanini no kutagira ubumenyi buhagije.
Perezida Ibrahim Ghali wa Sahwari yasuye urwibutso rwa Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Gisozi, ababazwa n’ibyo yabonye ariko ashima ubutwari bw’abayihagaritse bayobowe na Perezida Kagame.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Cameroun, Lejeune Mbela Mbela, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, ashengurwa n’ubwicanyi ndengakamere bwakorewe Abatutsi.
PL “Parti Liberal” riharanira ukwishira ukizana ririshimira intambwe rimaze kugera mu myaka 25 rimaze ryinjiye muri politiki.
Jumia yatangiye igikorwa kizamara amezi abiri cyo gushishikariza abafite inganda n’abacuruza ibikorerwa mu Rwanda, ‘’Made in Rwanda”, gutangira kwamamariza no gucururiza ibicuruzwa ku rubuga rwa internet www.jumia.rw.
Abaturage b’u Bwongereza batoye ko igihugu cyabo kiva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), nyuma y’amatora ya kamarampaka.