Minisitiri wa Cameroun yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Cameroun, Lejeune Mbela Mbela, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, ashengurwa n’ubwicanyi ndengakamere bwakorewe Abatutsi.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Cameroun, Lejeune Mbela Mbela, yababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Cameroun, Lejeune Mbela Mbela, yababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Minisitiri Mbela Mbela yasuye uru rwibutso kuri uiyu wa Kabiri tariki 19 nyakanga 2016, aho yashyize indabo ku mva ndetse yunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguyemo.

Nyuma yo gusobanurirwa amateka yaranze u Rwanda mbele y’ubukoloni kugeza ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Minisitiri Mela Mbela yavuze koa ababajwe na jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse ko isi yose ikwiriye gukora ibishoboka kugira ngo ibyabaye ntibizongere kubaho ukundi.

Minisitiri Mbela Mbela yatangaje ko yifuriza Abanyarwanda, Afurika n’isi yose kubana mu mahoro kugira ngo ibikorwa nk’ibi by’ubunyamaswa bitazagira ahandi byongera kuba ku isi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Cameroun na we yari amaze iminsi i Kigali, aho yari yitabiriye Inama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afrika (AU) yabereye mu Rwanda kuva tariki 10 kugeza 18 Nyakanga 2016.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka