Umukecuru witwa Anne Marie Ndoricyimpa w’imyaka 63, wari utuye umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, mu ijoro rya tariki 03/05/2013, yishwe n’abagizi banabi kugeza ubu bataramenyekana.
Ibendera ryari rimanitse kubiro by’akagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ryibwe mu ijoro rishyira tariki 04/05/2013; kugeza ubu abaryibye ntibaramenyekana.
Perouse Nyirabasabose w’imyaka 65 afungiye kuri Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, guherakuri uyu wa gatanu tariki 03/05/2013, akekwaho gufasha umukobwa we Catherine Mukanyangezi w’imyaka 35 guta mu musarane uruhinja yari amaze kubyara.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba arahamagarira abatwara abagenzi ku mapikipiki kujya bubahiriza amabwiriza yose agenga uwo murimo, kuko aribwo bazawukora batekanye batikanga ibihano bya polisi, dore ko ngo polisi nayo itanezezwa no gutanga ibihano.
Zibia Mukamazimpaka wo mo mudugudu wa Kagarama, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke, yapfiriye ku Bitaro bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke nyuma gato yo gutoragurwa ku muhanda wo muri uyu mudugudu wa Kagarama aho yari yaguye.
Umusore y’imyaka 22 witwa Ntihabose Ildephonse yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu tariki 03/05/2013, mu isoko rya Gakenke afatanwe amafaranga mpimbano ibihumbi 21 ubwo yagerageza kuyishyura terefone ngendanwa yakoze.
Abajura bataramenyekana bateye ingo ebyiri zo mu kagari ka Kayonza, umurenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 02/05/2013 bashaka amafaranga, basiga batemesheje imihoro abagore n’abagabo bo muri izo ngo zombi.
Hakundimana Jean Baptiste w’imyaka 35, wari utuye mu mudugudu wa Nyamirembe, akagari ka Rukambura, umurenge wa Musambira, yicishijwe ifuni bamukubise mu mutwe.
Mugisha Moise w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi ari mu karere ka Nyanza azira amafaranga y’amahimbano agera ku bihumbi 244 yari aje gukwirakwiza mu mujyi wa Nyanza.
Jeannette Mukandanga utuye mu kagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yanyweye umuti wica imbeba tariki 01/05/2013 icyakora abaturanyi barahagoboka bamujyana kwa muganga, akaba yaravugaga ko arambiwe kubaho.
Kugeza mu ma saa tanu n’igice zo kuri uyu wa 03/05/2013, abantu batandatu bari bamaze kwitaba Imana bazize impanuka yabaye hagati ya coaster ya Sotra Tours na bisi ya Gaagaa Coach mu karere ka Huye (urenze gato kuri ISAR werekeza i Kigali).
Umusore witwa Sekaziga Innocent utuye mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa icyuma munsi y’ugutwi n’umugabo witwa Ndayambaje Jean de Dieu.
Habimana Evariste w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyagacyamo mu kagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza acumbikiwe kuri station ya Polisi ya Busasamana akurikiranweho kwica umusore mugenzi we amukubise ishoka mu mutwe.
Niyibizi Theoneste wari utuye mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika, yapfuye nyuma yo kugwirwa nurukuta rw’inzu ye, ubwo we na mugenzi we Uwizeyimana Claude bayihomaga aho yari itangiye gusenywa n’imvura.
Ubufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage mu kubungabunga umutekano bukwiriye gukomeza kwimakazwa kugira ngo umutekano usugire, bityo n’umurimo ubashe gukorwa neza; nk’uko bitangazwa n’Umukuru wa Polisi muri Station ya Police ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, CIP Adrien Rutagengwa.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki T 514B-TP yakoze impanuka, mu ijoro rishyira tariki 01/05/2013, ku bw’amahirwe umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima uretse imvune zidakanganye yabateye.
Umusore w’imyaka 29 wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ashobora gufungwa kuva ku mezi atandatu kugera ku myaka ibiri azira gufatwanwa ibiyobyabwenge. Uyu musore avuga ko yari abitwaje Umunyekongo wari kumuhemba amafranga 3000.
Hashize iminsi hagaragara impunzi zitahuka ziva mu mashyamba ya Congo ariko nyuma y’igihe gito bamwe muri bo bakongera bagasubirayo rwihishwa.
Mu gitondo cya tariki 30/4/2013 abagororwa babiri bo muri gereza ya Rilima batorotse ubwo bari bagiye guhinga mu mirima y’iyo gereza bari bafungiyemo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yabaye tariki 30/04/2013, hagaragajwe ko abagororwa 333 batorotse imirimo nsimburagifungo (TIG) bigira mu ngo zabo abandi bajya gupagasa hirya no hino mu bice bitandukanye by’igihugu ku buryo kubashakisha bitoroheye ababishinzwe.
Abayobozi b’utugali mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare ntibishimira uko Police station ya Gatunda itagira icyo ikora ku bakekwaho ibyaha bayohererezwa kuko ngo bishobora kubaca intege bikongera ukwidegembya kw’abanyabyaha.
Mu mukwabo wabaye ku bufatanye bw’Ingabo na Polisi mu murenge wa Runda no mu wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hafashwe urumogi, inzoga z’inkorano, na bamwe mu bakekwaho guhungabanya umutekano.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye tariki 29/04/2013, hagaragaye ko mu kwezi kwa Mata ibyawuhungabanyije byiyongereye ugereranyije n’uko byari byifashe mu mezi atatu ashize.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, avuga ko abakozi n’abakoresha bakwiye kuganira ku mutekano w’umukozi kugira ngo hirindwe impanuka kuko nyinshi mu ziba bishoboka kuzirinda.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza ibinyujije ku banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize ako karere uko ari 10 yatanze telefoni zigendanwa ku baturage basanzwe bayifasha mu kumenya amakuru y’ibyabereye iwabo mu midugudu batuyemo.
Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.
Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.
Protegene Siborurema utuye mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, afungiye kuri Polisi ya Ruhango guhera tariki 26/04/2013 nyuma yo gufatwa atetse kanyanga ndetse anafite gerenade yo Totase.
Mu nama umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza yagiranye n’abamotari bakorera mu gice cy’umujyi w’ako karere tariki 26/04/2013 yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muri bo bitwara nabi muri ako kazi.
Abajura binjiye mu biro bivunja byitwa Izere by’uwitwa Semanywa Sylvain biri ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, maze bamwiba Amashilingi y’Amagande miliyoni 13 n’ibihumbi 105 n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 988.