Ijambo “Ndagukunda” waribwira umuhungu/umukobwa mumaranye igihe kingana iki?

Ijambo“Ndagukunda” hagati y’umuhungu n’umukobwa si ijambo rikunda kuza vuba ubusanzwe kuko urukundo ruzira uburyarya ari ikintu kigoye, gikomeye kandi kidahita gihutiraho.

Mbajije iki kibazo kubera impamvu. Wakwibaza ni iyihe? Muri iki cyumweru nerekeje aho bategera hazwi nka “Gare ya Nyabugogo” nshaka gufata imodoka zigendera igihe (Express) ngo njye ku kazi mu ntara, nk’uko ari akamenyero kanjye. Ku bw’amahirwe mu minota mike, nabonye imodoka nifuzaga.

Twahagurutse coaster yuzuye, njye nicaye ku ntebe ya kabiri inyuma y’umushoferi, imbere yanjye hicaye umukobwa n’umuhungu. Nyuma y’iminota nk’itanu, umusore uri mu kigero cy’imyaka 22 yatangiye kuganira n’umukobwa bari mu kigero kimwe.

Nakomeje gukurikirana hafi ibiganiro byabo, buri wese abwira mugenzi aho avuka. Mu gihe gito, umusore yanditse izina rye muri terefone n’umukobwa amwibwira akoresheje terefone. Ibiganiro byarakomeje.

Ubwo twari tumaze kugenda nk’iminota 30, umusore yafashe agapapuro ahari kuko yakeka ko hari abagenzi bamwumva cyangwa kubera isoni zo gutobora ijambo rikomeye ririmo urukundo yandikira umukobwa agira ati: “none se ko ngukunze nkaba nshaka ko uzansura niba ubyemeye nsubiza.”

Umukobwa ntiyajuyaje gusubiza wa muhungu kuri ka gapapuro ariko sinabashije kumenya icyo yamushubije. Icyakora, umuhungu yakomeje guhatiriza ariko umukobwa amubera ibamba. Yagize ati: “Ngendera ku bitekerezo byanjye kandi umuntu ni we wifatira icyemezo.”

Ku rundi ruhande, mu bushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru eharmony bugaragaza ko abagabo bakunda kuvuga ijambo “ Ndagukunda” kurusha abagore. Abagabo nibura nyuma y‘iminsi 88 na ho abagore bakabitinyuka nyuma y’iminsi 134.

Ubu ni ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu bya kure ariko mu Rwanda byo ntibifata iyo minsi nk’iriya.

Umugabo utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ijambo “ndagukunda” ridahubukirwa kuko kubwira umuntu ngo ndagukunda bigomba kwitonderwa ukabimubwira uzi neza imico n’imyifatire ye kugira ngo ejo cyangwa ejo bundi utazisubiraho igihe wasanze itakunogeye.

Abagabo bashatse baganiriye na Kigali Today bemeza ko kenshi na kenshi iyo ubwiye umukobwa ngo “ndagukunda” muba mushobora no kubana igihe akwemera. Ibi byatumye nibaza iriya “ndagukunda” ya nyuma y’iminota 30 ari “ndagukunda” y’ukuri ivuye ku mutima cyangwa hari ikiyihishe inyuma?

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 210 )

koko burya urukundo ruradusumbuwa pe! bigezaho tuba abasazi?

Didier maniriho yanditse ku itariki ya: 21-10-2013  →  Musubize

erega kwihanga murukundo biragora ntimuzi ko iyumuntuyaku nze abayasaze?

uwiringiyimana janvier yanditse ku itariki ya: 21-10-2013  →  Musubize

WAMANZA UKABITECYEREZAHO MBEREYOKUBYEMERA URI UMUKOBWA

TUYISHIMIRE JEAN DAMOUR yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

Harigihe Uhiturivuga Bitewenuko Uwo muvugana Ukoyitwaye Harigihe Ubonutarivuze Yagucika Kdi Akeneyeko Urimubwira

HABIMANA J Baptiste yanditse ku itariki ya: 18-10-2013  →  Musubize

MU BINTU BIKOMEYE BYO KWITONDERA NI IJAMBO NDAGUKUNDA RIGAMIJE KUBAKA FONDATION YURUKUNDO RUGAMIJE KUBANA.INZU UKO YABA IMEZE KOSE KU GIHE RUNAKA ITESHWA AGACIRO NA  FONDATION YAYO.BANZA UGENZURE NDAGUKUNDA YUKURI ITURUTSE MU MUTIMA KDI MBERE YO KUYISUBIZA BANZA UYIGENZURE UTAZARIRIMBA URWO MBONYE.

theogene maombe yanditse ku itariki ya: 16-10-2013  →  Musubize

Hi.ubundi tuvugishije ukuri ushobora gukunda umuntu umubonye 1 ? Ubwose imicoye se ra?

Kennedy yanditse ku itariki ya: 13-10-2013  →  Musubize

Umva rwose mwa bajene mwe,ndagukunda y’umuhungu ya 3Omin surukundo ahubwo nukugirango barebe uko umuntu yigira gusa bafite uko baba babonye umuntu.please be carefull

olive yanditse ku itariki ya: 13-10-2013  →  Musubize

Tuvugishe ukuri ijambo ndagukunda kurikura kumutima birakomeye pe kuburyo bitafata iminota 30 nubwo nemerako gukunda umuntu bwambere bibaho gusa uwo muhungu nta consience afite

Kamugisha yanditse ku itariki ya: 13-10-2013  →  Musubize

Muravuga?Naba Nabo Barabonanye amaso Kuyandi!Ubwose Abokuri Fcbk Urabavugaho Iki?

Chantal yanditse ku itariki ya: 13-10-2013  →  Musubize

Uwo muhungu arabangutsepe! muriyo mminota 30 umuntu ashobora kwifuza no kurarikira, bahungu ndagukunda yacu mureke tuyubahe.

Umuragwa yanditse ku itariki ya: 12-10-2013  →  Musubize

ariko birashoboka da! nonese sihari nigihe ureba umuntu muhuye ukumva uramukunze mutaranavugana.

iradukunda soleil yanditse ku itariki ya: 12-10-2013  →  Musubize

njye mbona ijambondagukunda harabarigize nkimikino

olivier yanditse ku itariki ya: 11-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka