Abiga n’abize mu ishami ry’abaganga b’impuguke mu buvuzi rusange, Clinical Medicine, ngo ntibumva impamvu batagaragara ku mbonerahamwe y’imirimo kandi ari ishami rya kaminuza y’u Rwanda.
Kenshi abantu bumva ijambo ikinyabibiri, ariko bamwe ntibasobanukirwa niba bibaho cyangwa niba bitabaho.
Tariki ya 18 Mata 2019, i Gahini mu Karere ka Kayonza hazatahwa ku mugaragaro ikigo gikora inyunganirangingo n’insimburangingo zigenerwa abafite ubumuga.
Tuyisenge Clementine w’imyaka 19 atuye mu kagari ka Shara,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke. Afite umwana w’amezi arindwi, ukurikira undi w’imyaka ibiri yabyaye afite imyaka 17.
Umwana w’umukobwa aterwa inda bikamwangiriza ubuzima, ariko n’ingaruka ziba ku rungano rwabateye inda ndetse no ku bagabo babaruta baba babashutse ngo ntizikwiye kwirengagizwa.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barasaba ko ivuriro riciriritse biyujurije ryakwegerezwa amazi, n’abaganga bahagije.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuganga n’iry’ubuforomo muri Kaminuza y’u Rwanda, bari mu gikorwa cyo gusuzuma indwara zitandura ku buntu, mu Karere ka Huye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko u Rwanda rwageze ku ntego y’isi ya 90-90-90 mu kurwanya SIDA, iyo ntego ikaba yagombaga kugerwaho bitarenze umwaka wa 2020.
Umuryango nyarwanda nturasobanukirwa neza uburemere bwo gusambanya umwana utagejeje igihe cy’ubukure, aho raporo ya CLADHO yerekana ko mu bangavu 55,018 batewe inda mu myaka itatu ishize, abagera kuri 28,5 ku bufatanye n’imiryango bahishiriye ababangiza binyuze mu bwumvikane.
Abaturage bo mu karere ka Kamonyi bari bafite indwara bamaranye igihe kinini zirimo izifata igitsina gabo, udusabo tw’intanga n’izindi barishimira ko bazivuwe nyuma y’uko haje abaganga b’inzobere bakanabavura ku buntu.
Umwana witwa Nzikwinkunda Jackson wavutse muri Gicurasi 2010, abari bamuzi mbere batangazwa no kumubona kuko yabashije gukira ubumuga yavukanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana abateye inda abana b’abakobwa 373 kuva muri 2016 kugera muri 2018.
Umuryango Rwanda Legacy of Hope wazanye abaganga b’inzobere bazavura ibibyimba byo ku bwonko ahanini bya kanseri ndetse n’izindi ndwara zananiranye, bakabikora ku buntu.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bwitwa ‘Autisme’ bashima amahugurwa bahawe yo kubitaho mu rugo buri munsi iyo bavuye ku ishuri ribafasha muri icyo kibazo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.
Igituntu ni indwara iri mu zica abantu benshi ku isi ari yo mpamvu u Rwanda rwahagurukiye kukirwanya mu gukora ubukangurambaga mu baturage no kuzana imiti mishya ikivura.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bemeza ko kutita ku isuku y’amenyo bishobora guteza umuntu uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zitandukanye.
Jacqueline Kayitare, umukozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), asaba abakiri batoya gukunda kwiga, kuko we yabigezeho bimugoye nyamara yarabikundaga, none ubu bikaba byaramuhesheje akazi.
Ababyeyi barakangurirwa gukomeza kwigisha abana babo imihindagurikire y’umubiri wabo kugira ngo hakomeze hakumirwe inda ziterwa abangavu.
Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko Miliyoni zigera kuri 300 z’amafaranga y’u Rwanda ari zo zimaze gukoreshwa mu bikorwa byo gukumira Ebola, birimo gutoza abantu, kugura imiti n’ibikoresha byakenerwa mu gihe Ebola yagera mu Rwanda.
Muri gahunda yo guhangana n’ikibazo cy’indwara y’umwijima, Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itanu ubwandu bwa virusi itera Hépatite C buzaba bwaragabanutse ku buryo bugaragara.
Mushabe David Claudian uyobora Akarere ka Nyagatare aravuga ko ukwezi kwa Werurwe kuzarangira ikibazo cya bwaki mu bana cyarangiye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko inama ku by’ubuzima yaberaga i Kigali isize hari abafatanyabikorwa bari basanzwe n’abashya biyemeje kugira ibyo bateramo inkunga u Rwanda muri urwo rwego.
Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Nyafurika ufite intego zo gusakaza ubuvuzi burambye kuri bose (Amref Health Africa) ku bw’igihembo wamugeneye.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yakiriye igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).
Umurwayi wiswe ‘London Patient’ yabaye uwa kabiri ukize SIDA, nyuma y’uko mu myaka 10 ishize, hatangajwe umuntu wa mbere wakize iyi ndwara ubusanzwe izwiho kudakira.
Mu Rwanda hagiye gutangira uruganda ruzakora inzitiramibu, uyu mwaka ukazarangira rukoze izigera kuri miliyoni umunani, ngo rukazagabanyiriza igihugu umutwaro wo kuzigura hanze.
Bamwe mu bangavu baterwa inda mu karere ka Rusizi, baragirwa inama yo kuboneza urubyaro kugirango hato badakomeza kubyara kandi bakiri bato, bityo ubuzima bukarushaho kubakomerera. Bamwe muri bo banatangiye kubikora.
Uturere tw’Intara y’Amajyaruguru n’Intara y’Iburengerazuba dukize ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi tuza ku isonga mu kugira abana bagwingiye mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko mu myaka ibiri ishize abarwaraga malariya y’igikatu bagabanutseho 50% kubera ingamba zafashwe zo kuyirwanya ndetse n’uruhare rukomeye rw’abajyanama b’ubuzima.