Abatuye mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Gakenke barishimira ibitaro by’icyitegererezo bari kubakirwa, bakavuga ko bagiye gutura umutwaro wari ubaremereye nabi w’ibirometero bisaga 60 bakoraga bajya kwivuriza i Nemba.
Nyuma yo kubona imashini kabuhariwe zigezweho mu gupima indwara zitandukanye, Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko ibizamini byose by’indwara ubu bishobora gupimirwa mu Rwanda.
Bamwe mu baturiye umupaka w’u Rwanda na Congo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bagira ikibazo cyo kubona udukingirizo mu ijoro kuko abaducuruza bahita baduhenda.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko biteguye gupima Abanyagisagara bose indwara y’umwijima izwi nka epatite C, abo basanze bayirwaye bagahabwa imiti.
Perezida Paul Kagame avuga ko igihugu ubwacyo kitakwifasha mu kwihutisha interambere ryacyo, kidashyizeho ubufatanye n’abikorera mu nzego zitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahagaritse icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiribwa by’abana birimo amata bikorwa n’Uruganda rwa Lactalis rwo mu Bufaransa, kubera ikibazo cy’ubuziranenge.
Perezida Kagame yemeza ko ari uruhare rw’abayobozi kugira ngo ihame ry’ubuvuzi butagize uwo busiga inyuma butere imbere.
Mu gihe ikigereranyo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu gihugu ari 3%, mu Karere ka Nyarugenge honyine abahatuye bangana na 8.3% ngo bafite ubwandu bwa Sida.
Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’Umuryano w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yageze mu Rwanda aho aje kureba aho u Rwanda rugeze rwubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’ubuvuzi kuri bose.
Abahuraga n’ibibazo byo kurwara bakabura uko bagera kwa muganga byihuse kuri ubu babonye igisubizo babikesha ikoranabuhanga rikoresha terefone.
Abahanga bavuga ko gutanga amaraso ari ugutanga ubuzima, ari yo mpamvu uyatanga agomba kuba na we afite ubuzima buzira umuze.
Niba uri umubyeyi ufite ikibazo cy’indwara yo kujojoba warwaye nyuma yo kubyara, ugiye kuvurwa wongere ugire ubuzima buzira umuze.
Iyi ni imwe mu nkuru igaragaza uburyo u Rwanda rugenda rukurura benshi mu barugenderera bikarangira bahisemo kudasubira iwabo ahubwo bakahaguma ubuziraherezo.
Urubyiruko rufite ubumuga bunyuranye cyane cyane abafite ubwo kutabona n’ubwo kutumva bagira ikibazo cyo kutamenya amakuru y’ahari akazi bityo ntibajye kugahatanira.
Mu bikorwa byaranze urwego rw’ubuzima muri 2017, habayeho inama mpuzamahanga zavugaga ku ndwara zitandura zitandukanye, n’uko hakongerwa ingufu mu kuzikumira no kuzivura.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyosezi ya Byumba yemeza kuba inda z’imburagihe zikomeje kwiyongera mu bangavu ziterwa no kuba abana basigaye baregerejwe udukingirizo.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha butandukanye (OXFAM) watangije umushinga wo kurwanya ndetse no gushyigikira abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina uzatwara miliyari 1.3Frw.
Abanyeshuri 250 bo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi ni bo bahawe bwa mbere udukoresho two kwipima virusi itera SIDA.
Inzobere mu kuvura uburwayi bwo mu mutwe zitangaza ko umujinya mwinshi ari kimwe mu bimenyetsoby’indwaraza zo mu mutwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze ku bufatanye na Polisi y’Igihugu ihakorera batangiye guta muri yombi abanywa itabi rya Shisha banabambura ibyo bayinywesha.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yafashe icyemezo cyo guca burundu ikoreshwa ndetse n’itumizwa ry’impombo zifashishwa mu kunywa itabi rizwi nka SHISHA ku butaka bw’u Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe ‘PRIMS’ rizagabanya iminsi yo kubona ibyangombwa ku bacuruza imiti bityo ntizongere kubura aho igomba kuba iri.
Urugaga Nyarwanda rw’abababana n’ubwandu bwa Virusi itera Sida RRP+, ruratangaza ko hari abanga gukoresha agakingirizo nyamara umwe muri bo yanduye undi atanduye, bikabaviramo kwanduzanya no guhohoterana.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Miss Queen Kalimpinya avuga ko benshi mu bana bafite ubumenyi bucagase ku buzima bw’imyororokere ngo hakaba hakenewe kongerwa ingufu mu bukangurambaga.
Muri gihe hari hashize igihe kirekire udukingirizo tw’abagore tutagaragara ngo abadukeneye batubone, guhera mu mwaka wa 2018 ngo tuzongera tuboneke ahatangirwa utw’abagabo.
Abafite ubumuga basabye ko Leta yaborohereza bakabasha kubona insimburangingo n’inyunganirangingo bifashishije ubwisungane mu kwivuza ngo kuko zihenze cyane ku buryo batashobora kuzigurira ku giti cyabo.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Ntawe bitatungura kuba yajya kwipimisha kwa muganga agasanga afite indwara kandi yari asanzwe agenda mu nzira yumva nta kibazo afite.