Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bwitwa ‘Autisme’ bashima amahugurwa bahawe yo kubitaho mu rugo buri munsi iyo bavuye ku ishuri ribafasha muri icyo kibazo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.
Igituntu ni indwara iri mu zica abantu benshi ku isi ari yo mpamvu u Rwanda rwahagurukiye kukirwanya mu gukora ubukangurambaga mu baturage no kuzana imiti mishya ikivura.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bemeza ko kutita ku isuku y’amenyo bishobora guteza umuntu uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zitandukanye.
Jacqueline Kayitare, umukozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), asaba abakiri batoya gukunda kwiga, kuko we yabigezeho bimugoye nyamara yarabikundaga, none ubu bikaba byaramuhesheje akazi.
Ababyeyi barakangurirwa gukomeza kwigisha abana babo imihindagurikire y’umubiri wabo kugira ngo hakomeze hakumirwe inda ziterwa abangavu.
Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko Miliyoni zigera kuri 300 z’amafaranga y’u Rwanda ari zo zimaze gukoreshwa mu bikorwa byo gukumira Ebola, birimo gutoza abantu, kugura imiti n’ibikoresha byakenerwa mu gihe Ebola yagera mu Rwanda.
Muri gahunda yo guhangana n’ikibazo cy’indwara y’umwijima, Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itanu ubwandu bwa virusi itera Hépatite C buzaba bwaragabanutse ku buryo bugaragara.
Mushabe David Claudian uyobora Akarere ka Nyagatare aravuga ko ukwezi kwa Werurwe kuzarangira ikibazo cya bwaki mu bana cyarangiye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko inama ku by’ubuzima yaberaga i Kigali isize hari abafatanyabikorwa bari basanzwe n’abashya biyemeje kugira ibyo bateramo inkunga u Rwanda muri urwo rwego.
Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Nyafurika ufite intego zo gusakaza ubuvuzi burambye kuri bose (Amref Health Africa) ku bw’igihembo wamugeneye.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yakiriye igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).
Umurwayi wiswe ‘London Patient’ yabaye uwa kabiri ukize SIDA, nyuma y’uko mu myaka 10 ishize, hatangajwe umuntu wa mbere wakize iyi ndwara ubusanzwe izwiho kudakira.
Mu Rwanda hagiye gutangira uruganda ruzakora inzitiramibu, uyu mwaka ukazarangira rukoze izigera kuri miliyoni umunani, ngo rukazagabanyiriza igihugu umutwaro wo kuzigura hanze.
Bamwe mu bangavu baterwa inda mu karere ka Rusizi, baragirwa inama yo kuboneza urubyaro kugirango hato badakomeza kubyara kandi bakiri bato, bityo ubuzima bukarushaho kubakomerera. Bamwe muri bo banatangiye kubikora.
Uturere tw’Intara y’Amajyaruguru n’Intara y’Iburengerazuba dukize ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi tuza ku isonga mu kugira abana bagwingiye mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko mu myaka ibiri ishize abarwaraga malariya y’igikatu bagabanutseho 50% kubera ingamba zafashwe zo kuyirwanya ndetse n’uruhare rukomeye rw’abajyanama b’ubuzima.
Kigali Today yaganiriye n’umuganga witwa Rutangarwamaboko, igamije kubagezaho bimwe mu bimera bivura indwara zitandukanye cyangwa se byari bifite akandi kamaro mu mateka y’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro byitiriwe umwami Faisal, buravuga ko bufite ikibazo cy’igihombo baterwa n’abanyamahanga baza kwivuriza ntibishyure ku buryo muri iyi myaka ibiri habarwa miliyoni 400 zitishyuwe.
Turikumwenayo Jean De Dieu w’imyaka 14, umwana wo mu kagari ka Kabeza umurenge wa Cyuve i Musanze wavutse atagira umwanya wo kwitumiramo, arifuza kuziga akaba umuganga.
Hashize iminsi havugwa abagore bafite virusi itera SIDA bari ku miti igabanya ubukana bw’iyo virusi (ARV) bafashe uburyo bwo kuboneza urubyaro bw’agapira gashyirwa mu kuboko ariko bakagasamiraho.
Hari byinshi abantu bibaza ku kinya gikoreshwa kwa muganga, icyo ari cyo, uko gikora, ibibazo gishobora gutera umuntu n’ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko 30% by’impfu z’abageze kwa muganga ziterwa no gutinda kubakira, kubakira nabi cyangwa gutinda kubavura.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda buravuga ko abafite ubumuga bakoresha Mutuweri mu kwivuza batoroherezwa mu kwivuza kuko RSSB yashyizeho ikigo kimwe kibaha seriyevisi zijyanye n’ubumuga.
Guha amaraso umurwayi ni kimwe mu by’ingenzi mu kuramira ubuzima bwe igihe abaganga babonye ko ayakeneye, nyamara bigasaba ibizamini bitandukanye kugirango hagaragare ubwoko bw’amaraso umurwayi ari buhabwe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr Isaac Munyakazi avuga ko nta mwarimu ukwiye kwimwa serivisi z’ubuvuzi kuko atarahembwa.
Abarwariye mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bavuga ko hari abantu bafite umutima mwiza bajya baza bakabasengera, bakabaganiriza ndetse bakabaha n’impano z’ibikoresho byo kwifashisha, hakaba n’ababazanira amafunguro.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Kinyababa buravuga ko kutagira ivuriro hafi byatumye abagore bagera kuri 13 bo mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera babyarira munzira mu mezi arindwi ashize.
Umukobwa w’imyaka 19 utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, avuga ko yatewe inda n’umugabo na we uba mu mujyi i Nyanza, bamenyaniye kuri telefone.
Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yavuze ko abangavu batwaye inda mu Rwanda muri 2018 bangana n’abatuye Umurenge wa Rwabicuma muri Nyanza.