Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mezi atandatu ari imbere buzaba bwamaze guhashya ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage birimo no kutagira amacumbi.
Nsengumuremyi Principe utuye mu Karere ka Kicukiro avuga ko amaze gutanga amaraso inshuro 96 kandi ngo ntateze kubihagarika kuko ntacyo bimutwara ahubwo akishimira ko afasha abayakeneye, ndetse akaba yanabihembewe.
Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso gitangaza ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’ubwoko bw’amaraso adakunze kuboneka (Rhésus négatif), nubwo ntawe urabura ubuzima kubera icyo kibazo.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryitwa Groupe Scolaire Rambura/Fille riri mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu batewe impungenge n’indwara y’amayobera ifata abana babo, bakagaragaza ibimenyetso byo kugagara mu mavi n’amaguru ku buryo uwo ifata atabasha kwigenza n’amaguru.
Minisiteri y’ubuzima MINISANTE yongeye gusaba Abaturarwanda gukaza ingamba zo gukumira ko icyorezo cya Ebola cyagera mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE)ivuga ko ikirimo kubura byibura abantu ibihumbi 60 bagakwiye kuba batanga amaraso ku bayakenera buri mwaka.
Ubusanzwe amaribori hari abayafata nk’uturango tw’ubwiza cyane cyane bagendeye ku muco nyarwanda. Nyamara abahanga mu buvuzi bemeza ko ari indwara ivurwa kandi igakira. Amaribori agaragara ku bagabo ndetse n’abagore. Icyakora agaragara ku bagore cyane kurusha abagabo.
Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye bemeje ko icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Ngarama giherereye mu Karere ka Gatsibo buvuga ko kubakirwa ikigo nderabuzima gishya byatumye nta murwayi ukimenya indwara y’undi.
Umuryango mpuzamahanga ushamikiye ku itorero ry’Abadivantisite, ADRA, washyikirije Akarere ka Nyabihu inzu y’ababyeyi n’ingobyi y’abarwayi, bifatwa nk’igisubizo ku kibazo cy’ababyariraga mu nzira.
Tangawizi ni igihingwa kimaze imyaka irenga ibihumbi bitanu, nk’uko tubikesha urubuga http://www.indepthinfo.com kikaba cyaragaragaye mbere na mbere mu Buhinde no mu Bushinwa, aho bayikoreshaga nk’ikirungo.
Uwimana (izina yahawe), umubyeyi wo mu karere ka Ruhango avuga ko umugabo we yamutaye nyuma y’uko arwaye indwara yo kujojoba (Fistula) amaze kubyara umwana wa kabiri, akaba yari ayimaranye imyaka 18.
Vitiligo ni indwara ikunze kwibasira igice runaka cyo ku mubiri w’umuntu ikarangwa n’amabara aza ku ruhu, ari ho yakuye izina “ibibara”.
Kuzirika inda cyangwa kwambara umukandara ufashe mu nda cyane, bituma inyama zo mu nda zegerana nyuma yo kubyara, n’inda igasa n’isubiranye, ndetse kikaba n’igisubizo mu gufasha umugongo gukomera.
Urubuga rwa Interineti www.medicalnewstoday.com rusobanura ko Osteoporosis ari indwara y’amagufa iboneka mu mubiri igihe habaye gutakaza amagufa, kuba ari mato, cyangwa byombi. Ibyo bigira ingaruka zo kudakomera kw’amagufa ku buryo umuntu avunika ku buryo bworoshye, hakaba igihe umuntu atsikira gato akavunika ku buryo bukabije.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu buratangaza ko ibivugwa by’uko ibi bitaro bifunga abarwayi atari byo, ahubwo ko ikibaho ari ukutemerera umurwayi gutaha mu rwego rwo gutegereza ko umuryango we umwishyurira.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA), buvuga ko Raporo yo mu mwaka wa 2016, yagaragaje ko muri uwo mwaka mu Rwanda habaruwe abasaga 2,200 bishwe n’indwara z’ubuhumekero.
Mu Karere ka Rusizi hari ababyeyi badakozwa gahunda yo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe abandi basobanura ko batazi imikorere y’iyo gahunda, ibi bikaba biri mu bituma aka karere kaza inyuma mu gihugu muri gahunda yo kuboneza urubyaro.
Inzobere mu bumenyamuntu zemeza ko uwakorewe ihohoterwa cyane cyane irishingiye ku gitsina, atongera gutekereza neza bigatuma ibyo yakoraga bimuteza imbere atongera kubikora.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Rwamagana bavuga ko kubera gukundana igihe kirekire bashakana batipimishije SIDA.
Claudine Kabeza asanzwe ari umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuvuzi i Rwamagana. Ni n’umunyeshuri muri kaminuza yo mu Budage.
Umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima (OMS) mu Rwanda, Rusanganwa André, avuga ko ibibazo bya Politiki biri hagati y’ibihugu bitabuza indwara kubyambukiranya bityo ko bigomba gufatanya mu kuzikumira.
Ashimwe Christine watorewe kuba umunyamuryango wa komite yo kurwanya indwara yo kuvura gukabije kw’amaraso izwi nka ‘Thrombosis’, atangaza ko kuva uyu mwaka wa 2019 watangira, imaze guhitana abagore batanu.
Umuryango Imbuto Foundation ukangurira abantu bose kongera ingufu mu kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro kugira ngo bagire imiryango ibayeho neza.
Abivuriza ku bigo nderabuzima bitandukanye bigenzurwa n’ibitaro bya Mibilizi biherereye mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi, baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cyo kutabona imiti kuko bisuzumisha ariko bajya kwaka imiti bagatumwa kujya kuyigurira hanze y’ibitaro ku mavuriro yigenga.
Abakozi b’ibigo bifasha abahohotewe (Isange One Stop Centers) baravuga ko hakiri abagana ibyo bigo basibanganyije ibimenyetso cyangwa bakererewe bigatuma badahabwa serivisi zihabwa abakorewe ihohoterwa.
Abaganga n’abakozi b’ibitaro bya Mibilizi biherereye mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi, bamaze amezi atatu badahembwa baravuga ko biri kubateza ingorane z’imibereho mu miryango yabo ndetse bikagira n’ingaruka kuri serivisi batanga.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu bavuga ko ubukangurambaga bukomatanyije bwa gahunda ‘Baho Neza’ bwabagobotse bitabira ari benshi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) buvuga ko bwashyize ingufu mu kugenzura imiti yinjira mu gihugu ku buryo iyinjiye itujuje ubuziranenge idacuruzwa ku isoko ry’u Rwanda.
Mbarushimana Alphonse umunyamabanga nshingwabikorwa w’ikigo gishinzwe kurwanya indwara zitandura mu Rwanda avuga ko mu Rwanda 30% by’abapfa bahitanwa n’indwara zitandura.