Kuri uyu wa mbere tariki 26 Ugushyingo, Polisi y’Igihugu ifatanije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, bakoze umukwabu wo kugenzura amaduka acuruza amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo.
Uturere turasabwa kugira icyo dukora kugira ngo ingengo y’imari ishyirwa mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi yiyongere, kuko hakiri byinshi bigikenewe kongerwamo imbaraga mu guhangana n’iki kibazo.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nawe ahangayikishijwe n’ingaruka z’imikorogo mu Banyarwanda, asaba Minisiteri y’Ubuzima na Polisi y’Igihugu kubikurikirana.
Abaturage bo mu kagari ka Murandi mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, biyemeje kwishyira hamwe kugira ngo bahangane n’ibibazo by’imirire n’igwingira ry’abana, maze biyemeza kwiyubakira ikigo mbonezamikurire y’abana bato Early Childhood Development (ECD).
Ku bufatanye n’inzobere z’abaganga baturuka mu Buhinde, uruganda rwa CIMERWA rukora sima rwatangije gahunda yo gusuzuma no gutanga inama ku ndwara y’amenyo ku baturage baturiye uru ruganda.
Urukiko rw’ ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo ruzaterana tariki ya 28 Ugushyingo2018, rusoma urubanza ku kirego cy’umuganga wo ku bitaro bya Kibagabaga ushinjwa kurangarana umurwayi, bikamuviramo kujya muri koma kuva muri Kanama 2017, kugeza magingo aya.
Ibi byagaragaye ubwo aba bangavu begerwaga bakaganirizwa, muri gahunda Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yihaye yo kubegera (GBV Clinics), kuva tariki 14 kugeza ku ya 15 Ugushyingo.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umuguzi (ADECOR) uhamya ko hakiri icyuho mu ikorwa ry’ibiryo byongewemo intungamubiri bigatuma bitaboneka ku isoko n’aho biri bigahenda.
Ubushakashatsi bugaragaza ko buri segonda ku isi hapfa umwana wavutse atujuje iminsi isanzwe yo kuvuka, ihwanye n’amezi icyenda.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP 2018) bifuje ko serivisi zo kuboneza urubyaro zanozwa, zigatangwa neza kurushaho kugira ngo zigere ku ntego.
Umuryango Imbuto Foundation ntiwemeranya n’abavuga ko kwigisha abakiri bato ibyo kuboneza urubyaro ari ukubagabiza ubusambanyi ahubwo ko hari ibibazo byinshi bibarinda.
Urubyiruko rwo mu bihugu bitandukanye ruhamya ko rutisanzura iyo rushaka kuboneza urubyaro kuko ngo hari aho rukumirwa, rwanemererwa rukabikora rwihishahisha.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yemeza ko abajyanama b’ubuzima ari inkingi ikomeye mu by’ubuzima ari na cyo gituma gahunda zo kuboneza urubyaro zikora neza.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, aributsa abatuye isi ko kuboneza imbyaro bitareba abagore gusa ahubwo ko buri wese bimureba, akabigiramo uruhare kugira ngo bigere ku ntego.
Ku nshuro ya kabiri, Ikigo cya Johnson & Johnson cyatangije amarushanwa yo guhanga udushya muri siyansi yiswe “Africa Innovation Challenge 2.0”, aho abafite imishinga myiza bashobora kuzatsindira ibihumbi 50 by’Amadolari ya Amerika bakanakurikiranwa (Mentorship) kugeza bagejeje imishinga yabo ku isoko.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC, gitangaza mu Karere ka Musanze abafite uburwayi bwo mu mutwe batitabwaho mu buryo bunoze, bikabaviramo kugarizwa n’akangari k’ibibazo.
Inzobere mu by’indwara zidakira zivuga ko ari ngombwa gukomeza kwita ku muntu urwaye nk’imwe muri zo, arindwa kubabara no kwiheba (Palliative Care) aho kumuha akato.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko harimo gukorwa ibishoboka byose kugira ngo buri kagari kabone poste de santé mu rwego rwo kwegereza abaturage ubuvuzi.
Nshimyumuremyi Felix ni umwe mu bantu binjiye mu kugirira neza abarwayi, nubwo atari yarigeze atekereza ko ashobora gukora ibikorwa bisanzwe bizwi ku izina ‘ry’umusamariya mwiza’.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare buvuga ko amakimbirane mu miryango no kutamenya gutegura indyo yuzuye biri mu bituma bwaki idacika.
Kuri iki cyumweru tariki 28 Ukwakira, Abanyarwandakazi amagana, bahuriye mu mihanda ya Kigali bakora siporo mu rwego rwo kubungabunga ubuzima.
Kuva kera abafite ubumuga bwo kutabona bagorwaga no kugenda ngo bagere aho bashaka, kuko bifashishaga ikibando cyangwa igiti, bitaba ibyo bakabarandata ariko na byo ngo bikaba ikibazo kuko kubona umuntu ugendana n’utabona buri kanya ngo byari bigoye.
Benshi mu barwaye kanseri bahamya ko imiti ikoreshwa mu kuyivura ihenda cyane ku buryo batabasha kuyigurira bagasaba Leta kubafasha kugira ngo iboneke kandi ihendutse.
U Rwanda rwamaze kurangiza inyubako ndetse rwanateguye ibikoresho bikenerwa mu gutangiza ikibuga gishya cya Drones zifasha mu kugeza amaraso ku ndembe n’indi miti ku bitaro n’ibigo nderabuzima 430 zitari zisanzwe zigeramo.
Kuri uyu wa gatatu, Inama y’Abepisikopi Gaturika yasohoye itangazo ryamagana itegeko rishya ryo gukuramo inda riherutse kujya hanze, ndetse inasaba amavuriro yayo yose mu gihugu kutazakurikiza iri tegeko.
Umushinga wa SOS-Rwanda wita ku isuku yo mu kanwa n’intoki mu mashuri, uvuga ko Abaturage benshi by’umwihariko abana bibasiwe n’uburwayi bw’amenyo.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko inkoni yera ibayobora ari ijisho ryabo, bakifuza ko yashyirwa kuri mituweri kuko ihenze kandi bagasaba ko zajya ziboneka ahari ibikorwa by’ubuvuzi hose.
Musabyemariya Patricia arera umwuzukuru we Iradukunda Bosco w’imyaka umunani wavukanye ubumuga bw’ingingo n’ubwo mu mutwe, nyuma y’aho ababyeyi bamubyaye bamutaye.
Abahanga mu buvuzi bw’indwara yo kuvura kw’amaraso (Blood Clots) bakangurira abantu kumenya ibimenyetso byayo kuko ari indwara yica vuba ariko inakira iyo imenyekanye kare.
Nyiramukiza Alvera aragira inama abana bakiri bato bakomeje kubyara imburagihe nyuma, y’ingaruka byamugizeho nyuma yo kubyara umwana afite imyaka 14.