Abaturage 120 bo mu murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko noneho babonye uburyo bwo kwivuza.
Urukingo rwa SIDA rwageragerejwe mu bihugu bitanu birimo u Rwanda, Amerika (USA), Uganda, Afurika y’Epfo na Thailand rwagaragaje ibimenyetso ko rushobora kuzatanga umusaruro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bishimira igabanuka ry’indwara zirimo Cholera n’impiswi, kubera amazi meza bahawe.
Mu bitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi hatangijwe serivisi y’ubuvuzi bw’indwara z’impyiko (Dialysis) izafasha abafite ubwo burwayi kubona aho bivuriza hafi.
Abanyeshuri 213 bize ubuforomo mu ishuri ry’ubuzima rya Ruli bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) ngo bajye ku isoko ry’umurimo.
Dr. Matshidiso Moeti, Umuyobozi w’ Ishami ry’Umuryango w’abibumbye wita ku buzima (OMS/WHO) ku rwego rw’Afurika, yavuze ko bifuza kugeza gahunda y’u Rwanda y’ubwisungane mu buvuzi izwi nka “Mitweli”, kubera ko ifasha abaturage benshi.
Madame Jeannette Kagame yeretse amahanga uburyo u Rwanda rwashyizeho gahunda zitandukanye zita ku buzima bw’ingimbi n’abangavu.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Nyamagabe batangaza ko batakigenda ibirometero byinshi bajya kwivuza kuko begerejwe ikigo nderabuzima.
Ukuriye Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, avuga ko u Rwanda rwakagombye kubera urugero Afurika kubera Mituweri.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko umubare w’abafite ubumuga bwo mu mutwe bakirwa mu bitaro byabagenewe bya Ndera, ukomeje kwiyongera.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Abatuye mu Murenge wa Mukarange muri Kayonza batangaza ko kwegerezwa umuyoboro w’amazi meza babifata nk’igitangaza kuko batari bazi ko yabageraho.
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.
Dr. Alex Manirakiza, uvura indwara za kanseri mu bana mu Bitaro bya Burera, ni umuganga w’umurundi, wari umaze igihe kinini akorera ubuvuzi mu Rwanda, mbere y’uko i Burundi haduka imvururu zatumye benshi bahunga barimo n’abaganga bagenzi be.
Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabohoye abarwayi b’indwara zitandukanye bari baragizwe imbohe n’abavuzi gakondo babavurishaga ibyatsi n’imitongero.
Abantu bafite uruhara n’abandi bafite ikibazo cy’imisatsi barasubijwe kuko mu gihe kiri imbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ivuriro rigarura imisatsi.
Abatuye mu Nkambi ya Nyabiheke iri mu Karere ka Gatsibo bayobewe indwara yafashe abana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 12 na 17.
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko hashize imyaka isaga 20 imbasa (Polio) icitse mu Rwanda kubera ingufu igihugu cyashyize mu guyikingira.
Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba asaba abaganga n’abakora kwa muganga kwirinda gukoresha ibigenewe abaturage mu nyungu zabo, kuko ntaho byaba bitandukaniye no kubica.
Abaturage batuye Zone Birindi mu karere ka Gicumbi, bavuga ko kugirango bagere aho bivuriza bibasaba amasaha atari munsi y’atatu, bagasaba kwegerezwa ivuriro.
Abaganga bashinzwe kuvura abana kanseri mu bitaro bya Butaro byo mu karere ka Burera bemeza ko iyo bavuwe hakiri kare bakira neza.
Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba arahamagarira abakora muri serivisi z’ubuzima guhagurukira ikibazo cy’abana bapfa bavuka.
Abarwayi ndetse n’abarwaza ba kanseri ku bitaro bya Butaro, bifuza ko imiti y’iyi ndwara yazajya itangirwa no mu bindi bitaro kugira ngo bagabanirizwe imvune.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko kuba Ingabo z’u Rwanda (RDF) zitabira gutanga amaraso yo gufasha abarwayi bizatuma atazongera kubura.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.