Umugabo witwa Birindabagabo Jean Paul, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Sake, ubu ni mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma; yagejejwe i Kigali akuwe muri Uganda, aho yafatiwe mu cyumweru gishize.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile n’abandi bakozi b’Akarere ka Rusizi batatu bahakanye ibyaha baregwa byo gukoresha inyandiko mpimbano.
Abasore babiri bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Nikuze Xaverina, kuri uyu wa kabiri tariki 13/01/2015 baburanishirijwe aho bakoreye icyaha, ubushinjacyaha bubasabira igifungo cya burundu.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile hamwe n’abandi bakozi batatu bo ku karere bitabye urukiko kuwa 12/01/2015 baburana ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.
Abanyeshuli bashya baje kwiga mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ILPD (The Institute of Legal Practice and development) muri uyu mwaka wa 2015 bijeje ko bazahava ari abanyamwuga ba nyabo mu mategeko.
Umugabo witwa Nzamuranga Jean wavutse mu 1946 utuye mu Mudugudu wa Rutaragwe mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yasabiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo nyuma yo gushinjwa gutema umugore we n’umuhoro.
Urukiko rw’ibanze rwa Kagano rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze umusore witwa Hafashimana Edison iminsi 30 mu gihe ategereje kuzaburana mu mizi.
Mu rubanza ruregwamo abagabo bane bashinjwa kwica umugore nyuma yo kumusambanya, ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu nyuma y’uko umwe muri bo yemeye ko ari bo bakoze icyo cyaha.
Nyuma y’urubanza rw’abantu 14 bashinjwa gukorana na FDLR, mu karere ka Musanze hatangiye urundi rubanza rw’abantu 16 nabo bashinjwa gukorana na FDLR no kwinjiza imbunda mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko Leta yongereye ubushobozi n’ubumenyi abakozi bakora mu biro bishinzwe kugira inama abaturage mu bijyanye n’amategeko (MAJ), kugira ngo zikemura ibibazo by’abaturage bahora basiragira mu nkiko rimwe na rimwe bitari ngombwa.
Abapolisi babiri bashinjwa kwica Makonene Gustave wakoreraga umuryango urwanya ruswa Transparency International Rwanda basabiwe gufungwa burundu; ni mu rubanza rwaburanishijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rubavu kuri uyu wa 30/12/2014.
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe na Ntamuhanga Cassien, ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu naho Dukuzumuremyi Jean Paul asabirwa imyaka 50 mu gihe Agnes Niyibizi we yasabiwe imyaka 25. Bose bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo gushaka guhirika ubutegetsi no kugirira nabi umukuru w’igihugu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46, yamaze kugezwa muri gereza ya Rusizi, nyuma yufatwa bigoranye ubwo yari yihishe mu karere ka Karongi.
Umuyobozi w’urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yasabye abantu 133 barahiriye kwinjira mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda ko bagomba kwitwara neza batanga serivisi zinoze, ariko bakibuka no gukurikiza indangagaciro ziranga umwuga w’ubw’Avoka.
Abana ba nyakwigendera Rubangura Vendaste umwe mu bakire bari bazwi muri Kigali, bagejeje mukase wabo mu nkiko bamushinja kwigarurira igorofa izwi nko kwa Rubangura kandi, mu gihe umwunganizi we avuga ko nk’uhagarariue abazungura abyemerewe.
Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda iraburira abantu batsindwa imanza ntibishyure ibyo batsindiwe ko bakwiriye kwishyura vuba na bwangu kandi ku neza, bitaba ibyo bakitegura inkundura yo kubishyuza ku ngufu ibyo batsindiwe bizajya byiyongeraho ikiguzi cy’abaje kubishyuza ku ngufu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46 n’umucungamutungo wa SACCO ya Bushenge, Kimazi Jimmy uri mu kigero cy’imyaka 34 bari gushakishwa na polisi kubera ibyaha bakurikiranyweho byo kunyereza umutungo, gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda (...)
Bamwe mu batuye mu Karere ka Rulindo ntibavuga rumwe ku mpamvu ituma hari abaturage batarabasha kwishyura imitungo yangijwe muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko izakomeza guha ubufasha mu by’amategeko abantu bose, by’umwihariko ihereye ku batishoboye kugira ngo babashe kugira uburenganzira bwuzuye nk’uko abandi bose babubona.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyamasheke bagaragaza ko hari ibibazo bakunda kugira mu miryango iwabo bikabananira kubikemura ibindi bakarenzaho, kubera kutamenya amategeko.
Kuri sitadi Ubworoherane mu karere ka Musanze hamaze gutangira urubanza ubushinjachaha bw’u Rwanda buregamo abantu 14 barimo abagore batatu buvuga ko bakorana n’umutwe wa FDLR.
Bamwe mu baturage bakatiwe kurangiriza ibihano byabo mu mirimo nsimburagifungo ntibayitabira, bityo akarere ka Nyamagabe kakaba kagiye kubahagurukira abadashaka gukomeza imirimo nsimburagifungo bagasubizwa muri gereza.
Mwumvinezayimana Fiacre uyobora akagari ka Gasiza mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo yafunguwe kuri uyu wa 09/12/2014, nyuma y’igihe afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi acyekwaho urupfu rw’umuturage wo mu kagari ayobora.
Kwigisha abaturage amategeko biratanga ikizere mu kugabanya imanza kuko usanga ahanini, ibyinshi mu bibazo by’abaturage biba bishingiye ku manza zitarangira cyangwa zitarangijwe neza akenshi ziterwa n’uko abaturage nta bumenyi bafite ku mategeko.
Bamwe mu bahesha b’inkiko bakorera mu karere ka Gicumbi bagaragarije komisiyo ya sena ishinzwe imiyoborere myiza n’ubutabera ko ibibazo by’amasambu aribyo byiganjemo ibibazo bidakunze kurangira.
Mu ruzinduko bamwe mu basenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bagiriye mu karere ka Kamonyi tariki 02/12/2014, baganiriye n’abaturage b’umurenge wa Runda ku bibazo biri mu butabera. Abaturage bagaragaza ko basiragizwa bashaka kugera ku butabera.
Nyuma yo gushinja bagenzi be kumwandikira sms z’iterabwoba, umunyeshuri wo muri G.S. Gatagara yatahuwe ko ari we wabwiyandikiraga maze ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abahesha b’inkiko batari ab’umwuga ko bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2014 imanza zose bafite bagomba kuba bazirangije, kuko iyo umuturage atabonye ibyo afitiye uburenganzira bituma adatunganya gahunda za Leta uko bigomba.
Kuba bamwe mu bunzi batazi gusoma no kwandika ntibifatwa nk’imbogamizi mu kunga abaturage babitoreye kuko nta mashuri cyangwa ubundi bwenge buhanitse bisaba, ahubwo ubunyangamugayo ni yo ndangagaciro ya mbere isabwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije Ndereyimana Joseph ibyaha bitatu birimo kwica uwari umugore we no kwihekura, n’ubwinjiracyaha mu kwihekura mu ntangiriro z’icyumweru gishize.