Abahinzi b’urutoki kuri iki gihe bashishikarizwa guhinga ubwoko bw’ibitoki butanga umusaruro mwiza harimo ibyitwa FIA 17 na FIA 25.
Semwiza Jean Damascene, umuturage wo mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Rango A, ho mu Karere ka Huye, yiyemeje guhinga urutoki mu buryo bwa kijyambere, ndetse anareka ibindi yari asanzwe akora.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Musanze baravuga ko gukoresha imashini mu buhinzi bwabo bituma bakoresha amafaranga make, bikihutisha igikorwa ndetse bikanatuma umurima umera neza kuko imashini igera ku mu butaka kurusha amaboko y’abantu.
Umushakashatsi akaba n’umwarimu mu ishuri rikuru ISAE Busogo ukomoka mu gihugu cya Koreya y’Epfo yakoze ubushakashatsi asanga imbuto y’amashu y’iwabo ishobora kungukira Abanyarwanda kurusha isanzwe ihingwa ino.
Nyuma y’igihe kirekire abahinga umuceri mu gishanga cy’Umukunguri, barya umuceri basekuye mu isekuru, kuri ubu hashize amezi abiri babonye uruganda ruwubatonorera, bakaba bishimiye ko batagitanga amafaranga yo kuwutonoza cyangwa ngo bawusekure.
Umwe mu bahinzi borozi bo mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Rulindo witwa Ruzibiza Jean Claude aratangaza ko mu Rwanda bishoboka ko hahingwa igihingwa cya pome kuko nawe yatangiye kugihinga.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngoma amaterasi yaho yakozwe nabi kuko nta musaruro yabahaga, abaturage basabye akarere kuzagenzura neza uzafata isoko ryo kuyubaka kugirango batazongera kononerwa ubutaka.
Umusore witwa Pierre Canisius Dushimimana utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko guhinga ibihumyo bimuha amafaranga bikamufasha kwikenura nk’urubyiruko ruri kubaka ejo hazaza harwo.
Bamwe mu bazobereye mu kumenyekanisha ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, barerekana ko hari abakorera mu Rwanda bajya gushaka imyaka hanze y’igihugu kandi ihari kuko baba batamenye ko ihari ngo babe ariho bayigura.
Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.
Bimwe mu binyamakuru bikorera hanze y’igihugu byari bimaze iminsi bitangaza ko mu karere ka Muhanga hari inzara imereye nabi abaturage nyamara umuyobozi wako we arabihakanira kure.
Nyuma yuko abaturage bo mu murenge wa Bweyeye basaranganyijwe igishanga cya Matyazo, bamwe banze gutangira guhinga kubera bagenzi babo bari basanzwe bafitemo imirima babateraga ubwoba bababwira ko nibatinyuka guhinga ahahoze imirima yabo bazabaroga.
Iyo waganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Matimba na Musheri ho mu karere ka Nyagatare, benshi wasangaga binubira uburyo Leta yabategetse guhinga ibigori mu kibaya cya Rwentanga ariko ubu barishimira ko babihinze.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Mu gihe hashize iminsi mike amakoperative y’abahinzi b’ingano mu karere ka Nyamagabe asinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, abahinzi bavuga ko ntakabuza bazabasha kubona umusaruro mwinshi w’ingano cyane ko bafite icyizere cyo kubona isoko.
Ikibazo cy’imigabane ishyirwa mu mushinga wa CEPGL wita ku bushakashatsi mu buhinzi (IRAZ) cyongeye kugaragazwa mu nama yahuje abayobozi muri minisiteri z’ubuhinzi z’ibihugu bigize CEPGL (Rwanda, Burundi na Congo) tariki 25/04/2013.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi, ibinyujije mu mushinga Livestock Infrastructure Support Programme (LISP) yatangiye kubaka imiyoboro y’Amazi azakwirakwizwa mu nzuri mu karere ka Nyagatare.
Kwishyura ifumbire mvaruganda itangwa n ikigo gishinzwe kohereza ibintu mu mahanga (NAEB) bikomeje kuba ikibazo cy’ingutu. Mu Karere ka Gakenke habarurwa umwenda wa miliyoni hafi 87 z’ifumbire yatanzwe mu mwaka 2011, amakoperative ya kawa agomba kwishyuza abahinzi.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Abakorera bushake b’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) barongerera ubumenyi abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Kizanye cyo mu murenge wa Ruhuha mukarere ka Bugesera uburyo bwo guhinga ahantu hato kandi bakabona umusaruro mwinshi.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga w’Icyayi wa Gatare (Gatare Tea Project) mu karere ka Nyamasheke iratangaza ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo ibikenewe biboneke, bityo imirimo ijyanye no kubaka uruganda yihutishwe ndetse n’ubuso buhinzeho icyayi bwiyongere.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arahamagarira abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cy’ikirimburi mu karere ka Nyagatare kwikubita agashyi mu bikorwa byabo bakongera umusaruro.
Akarere ka Gicumbi kujuje inzu y’ibagiro ndetse ikazajya ivurirwamo amatungo yose. Iyi nzu yubatswe nyuma yuko iyari isanzweho yanenzwe kuba nto, kugira umwanda ndetse no kutuzuza ibyangombwa bisabwa ibagiro ry’amatungo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Agnes Kalibata avuga ko ubutaka buto Abanyarwanda bafite batabubyaza umusaruro nk’uko bikwiye. Arasaba abahinzi bo mu Karere ka Gakenke kubyaza umusaruro ubutaka bwabo bavugurura urutoki kugira ngo babashe gukora ku ifaranga.
Umukozi ushinzwe umusaruro mu mushinga w’ubuhinzi n’ubworozi ufasha abaturage kurwanya ubukene binyujijwe mu makoperative wo muri APROJUMAP, avuga ko ibiti bibiri bya avoka byitaweho neza, mu gihe cy’umwaka bishobora kuvamo amafaranga agura inka.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abahinzi bo mu karere ka Burera gutunganya ubuhinzi bwabo, bahuza ubutaka kandi bibanda mu guhinga ibihingwa byatoranyijwe, badahinga ibyo kubatunga gusa ahubwo bahinga ibibaha amafaranga.
Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.
Ku bufatanye na Koreya y’Epfo, mu karere ka Nyamagabe hari gutunganywa ibyuzi bizororerwamo amafi bikazegurirwa abaturage mu rwego rwo kubafasha gutera imbere no kuzamura imibereho yabo.
Igihembwe cy’ihinga cya 2013 B cyatangirijwe ku gihingwa cy’ingano mu karere ka Nyabihu kubera ko muri aka karere hera ingano kandi zigatanga umusaruro ushimishije cyane; nk’uko byasobanuwe n’ umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB).
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana bakoresha umuhanda wa Gasiza-Busasamana, bavuga ko kutagira umuhanda mwiza biri mu bisubiza inyuma umusaruro w’ubuhinzi babona kuko kubona ababagurira bitaborohera niyo baje babahenda.