Kubera konerwa n’imvubu bahisemo guhinga amasaka gusa

Bamwe mu baturage b’akagali ka Kanyonza umurenge wa Matimba akarere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubakemurira ikibazo cy’imvubu zabaciye ku guhinga indi myaka bagasigara ku masaka gusa.

Imidugudu ihinga amasaka kubera yo ngo atonwa n’imvubu ni iyegereye umugezi w’Akagera dore ko izi mvubu arimo zibera. Ngo banagerageje gucukura imiringoti itangira imvubu hafi y’umugezi w’Akagera ariko biranga zirabonera.

Ikindi ngo ntibabasha kuzirinda dore ko ngo ziza mu ijoro zitaza ku manywa; nk’uko bisobanurwa na Nyiranzabamwita Mellanie.

Peace Mukamfizi we avuga ko imvubu zabaciye ku bindi bihingwa nk’ibijumba n’ibishyimbo ariko cyane cyane ibigori byeraga cyane muri aka gace kuko ngo byo ari nk’umunyu w’imvubu.

Dore imifuka y'amasaka bahinga kubera imvubu zitayona.
Dore imifuka y’amasaka bahinga kubera imvubu zitayona.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Atuhe Sabiti Fred, avuga ko iki kibazo kizwi kandi na bwo butishimiye ko abaturage bahora bahingira inyamanswa cyangwa ngo bahinge amasaka gusa kandi ntacyo yabamarira nk’indi myaka.

Gusa ngo nk’uko bahashyije izonaga umuceri mu murenge wa Nyagatare zivuye mu mugezi w’Umuvumba, ngo n’izindi hari gahunda yo kuzirinda konera abaturage. Uyu muyobozi rero akaba yizeza aba baturage ko bakiganira n’inzego zitandukanye harimo na RDB kugira ngo gikemurwe byihuse.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo cy’imvubu kiramutse kibonewe igisubizo na bo babasha kwiteza imbere basimburanya ibihingwa by ’ubwoko bwose bwatoranyijwe muri aka gace batuyemo.

Sebasaza Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka