Minisitiri Musoni arashishikariza abahinzi b’ikawa kugira umuco wo kuzigama

Ubwo yagendereraga abahinzi ba Kawa b’ahitwa i Cyendajuru ho mu Murenge wa Simbi, mu Karere ka Huye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabasabye gutangira kugira umuco wo kuzigama no gucunga neza umutungo wabo.

Ibi Minisitiri yabihereye ku ko aba bahinzi bahinze kawa mu masambu yabo yose, none ubu izi kawa zikaba zizatangira kwera ku isizeni yo muri uyu mwaka wa 2014.

Minisitiri Musoni ati “musabwa guhinga ikawa mu masambu yanyu kwari ukugira ngo mutere imbere. Ni byiza ko mutangira kumenya uko mucunga umutungo, kuko mu minsi iri imbere muzatangira kubona amafaranga menshi.”

Minisitiri Musoni areba ahari imirima y'ikawa mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye.
Minisitiri Musoni areba ahari imirima y’ikawa mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye.

Yabagiriye inama kandi yo kwita ku ikawa zabo agira ati “ikawa muyifate neza, igiti kijye gitanga umusaruro mwinshi ushoboka.”

Abahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Simbi bari mu gace ubu kari guhingwamo kawa ku buryo bufatika bitewe n’uko hazwi kuba hera ikawa iryoshye yamamaye ku isi hose ku izina ry’ikawa ya Maraba.

Mu guhinga izi kawa zabo bagiye babihemberwa amafaranga 1000 ku munsi ndetse bakanemererwa kuzihingamo imyaka itazica zikiri ntoya. Icyakora, ubwo ubu zigeze kuba zakwera, basabwa kuzisasira ntibongere kuzihingamo.

Uyu muhinzi wa Kawa uhagarariye abandi yemeza ko ubu bamaze kumva akamaro ko guhinga kawa mu masambu yabo yose.
Uyu muhinzi wa Kawa uhagarariye abandi yemeza ko ubu bamaze kumva akamaro ko guhinga kawa mu masambu yabo yose.

Ku ikubitiro abahinzi bamwe ntibemeraga kuba bahinga ikawa ku butaka bafite bwose bwagenwe kuyihingamo, ariko ubu na bo ngo bamaze kubyumva.

Umwe muri bo ati “n’ubundi ubutaka bwacu bwaragundutse, ntibwera indi myaka. N’urutoki ruhari rurabigaragaza (si rwiza ndlr). Nyamara ikawa yo irahera cyane. Dufite icyizere ko ubwo itangiye kwera izatumara ubukene.”

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nibyo usibye nabo bahinzi ba kawa n’abanyarwanda twese dukwiye kwiga umuco wo kwizigamira kuko iyo tugize ikibazo tubasha kwirwanaho kandi bigafasha imiryango yacu

Zubeda yanditse ku itariki ya: 23-02-2014  →  Musubize

ikawa ni igihingwa cyazanira abanyarwanda amafaranga mu gihe kitaweho

ikawa yanditse ku itariki ya: 23-02-2014  →  Musubize

abahinzi bikawa bo byakabaye umwihariko kuko bari mubantu babona ak=gatubutse igihe ikiawa yeze neza ikagurishwa ntakibazo, umuco wo kuziga utarange kandi utubemo kuko niryo terambere rirambwe, NKIHERA INAMA Y’INSHUTI URUBYIRUKO USANGA AFIT NKAHO AKURA AMAH=ARANGA RUNAKA ARIKO UGSANGA TWOSE ARADUTSINDA MUKABARI NTAHO TUGANA NIBA ARIKO DUKOMEJE, KUZIGAMA NIBWO BUKIRE BURAMBYE

majyambere yanditse ku itariki ya: 23-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka