My District Today

Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.

Kigali Today yihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bayisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye.

Mu buryo bwo kurushaho kunoza imikorere, Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda. Ubwo buryo ni bwo MY DISTRICT TODAY.

Kigali Today.

Ibitekerezo   ( 1370 )

ngir’inama daniel ubona ko hakwiye gufashw’abakiribato kandi aribo bagifit’imbaraga ngirang’ahubwo bishobotse basaranganya kuko mu zabukuru niho haruhije kurusha bitabujije ko n’abato bakwitabwaho

kamali yanditse ku itariki ya: 31-05-2017  →  Musubize

kubabarira no kwiyunga bidufasha kwiyubaka

alias yanditse ku itariki ya: 28-05-2017  →  Musubize

ndifuzakonzajyamenya amukuru yaye mukarere kacu.

ntibazankwirafocas yanditse ku itariki ya: 27-05-2017  →  Musubize

Mbona amafaranga Leta iha abasaza n’abakecuru yaburi kwezi yajya iyaha urubyiruko mu kubafasha kwiteza imbere mwiterambere ry’igihugu cyacu

Daniel yanditse ku itariki ya: 25-05-2017  →  Musubize

I Kibeho ni ahantu hatagatifu kandi si amazi y’isoko ya Bikira Mariya gusa hari ibyiza byinshi abahagenda baharonkera njye ndahatuye muzaze mbatembereze mwihere amaso.

DANIEL yanditse ku itariki ya: 25-05-2017  →  Musubize

Akarengane muri KAYONZA DISTRICT, KABARONDO SECTOR, CYINZOVU CELL, CYINZOVU VILLAGE.aho abaturage 7 bikururije umuriro w’amashanyarazi wa EUCL 2 muri bo bari bamaze hafi amezi2 bacana. Ejo le 17/5/2017 manager wa EUCL KAYONZA araza abambura ama cash power abandi 5 baribatarazibona barazishyuye muri EUCL KAYONZA, Manager avuga ko uwo muriro bawubonye kuburyo budakurikije amategeko kandi ari we wawubahaye. YItwaje ko batishyuye umukecuru 50000 frw ngo yo gufatira ku ifoto ye. Bigaragara ko harimo akagambane k’umukobwe witwa Mutoni na Manger wa EUCL kugira ngo abo bafatabuguzi bashya bahombe kandi byarabatwaye amafranga menshi no guhera mu kizima. Turasaba kurenganurwa byihuta ninzego zose bireba, iz EUCL HEADQUATER, IZA lETA, IZ’UBUCAMANZA kugira ngo iterambere ryihute kandi Abanyarwanda bose basangire ibyiza Leta yacu ishaka kutugezaho.

Hitimana theonase yanditse ku itariki ya: 18-05-2017  →  Musubize

mwaramutse mwiterambere nibyiza nkunda ikipeyagicumbi nifuzakwabayobozibayo bayegerahafi ntisubire mucyiciro cya 2 murakoze.

nkurikiye yanditse ku itariki ya: 8-05-2017  →  Musubize

mwaramutse mwazadusuye mu karere ka gisagara mu murenge wa gikonko mu kagari ka gasagara.ko hari ibibazo bikeneye ubuvugizi bwanyu

alias yanditse ku itariki ya: 4-05-2017  →  Musubize

Mwaramutse Ben! ibiyobyabwenge bidinza iterambere. Duhe indirimbo " nzoga iroshya" ya....,..kugira ngo dukomeze turwanye ibiyobyabwenge.

kamana charles yanditse ku itariki ya: 4-05-2017  →  Musubize

Turashima cyane ibikorwa bya RPF/INKOTANYI byokutugezaho ibikorwa remezo bitandukanye iwacu i GIKUNDAMVURA.

MUKESHIMANA SAMUEL yanditse ku itariki ya: 4-05-2017  →  Musubize

Turashimira Akarere Kanyabihu Ibikorwa Byiza Birimo Ndetse Nimihanda Irimogukorwa.Ikindi Abantubenshi Bavuga Umuriro Wamashanyarazi Ko Wabageraho Barabikeneye

Felix yanditse ku itariki ya: 2-05-2017  →  Musubize

Ndashimira Ubuyobozibwakarere Ka Nyabihu

Felix yanditse ku itariki ya: 2-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka