My District Today
Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.
Kigali Today yihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bayisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye.
Mu buryo bwo kurushaho kunoza imikorere, Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda. Ubwo buryo ni bwo MY DISTRICT TODAY.

Kigali Today.
Ibitekerezo ( 1370 )
Ohereza igitekerezo
|
NYAMARA UWO MUPADIRI UWAMUKWEGEREZA URI UMUPOLICE YAKUBWIRAKO ATONGERA KWIRUKA,YAGERA KUBANDI ATI BURYA POLICE IRABANGAMYE!SIWE GUSA NABANDI BIYUMVEMO KO ICYOREZO GITWARA BENSHI NA BYINSHI ARI UMUVUDUKO WABATWARA.TURABYAMAGANYE PE!
ahaa!! uwo gitifu wi BUSORO nuwo mukagali ka Munyinya imiyoborere yabo irakabije
Ndashimira ibitaro bya polisi uburyo bikora ariko ndasaba ubuyobozi bwabyo ko bwareba imvune abakozi bahakora bahura nazo barebe uko bakongera abakozi kuko nibitaba ibyo ibyo twashimaga bizaba bibi kuko ntamuntu wakora nkuko nabonye bakora imyaka 5 niyo yayikora amafaranga akorera ntacyo yamumarira.murakoze bayobozi amanota muhabwa mwibuke ko muyakesha abakozi kdi mubahe agaciro kabakwiye .basomyi namwe muzigerereyo murebe.
UMUTEKANO WO MU MUHANDA N’UBUNGAWBUNGWE NEZA KUKO BITABAYE IBYO PADIRI MUTO WA PARUWASE YA RAMBURA YA ZAMARA ABANTU KUKO YIRUKA CYANE SINZI NIBA ARIJYE UBIBONA GUSA NAHANYU KUBIGENZURA N’ABISHINZWE.
Mbanje kubasuhuza,mboneyeho gutabariza umuhanda wa masaka,abahantu bafite imodoka zarahashiriye pe.mutubwirire Paul Jules
MURAHO BANYANYANZA,JYE NDASHIMA IMIKORERE YA BA EXECITIVES BA BUSORO ,KIGOMA NA MUYIRA.ARIKO NIBADUTABARE BASHYIRE HAMWE BAKORE IMIHANDA BAHURIRAMO KUKO NIZO NZIRA ZITUNZE BENSHI MU BUZIMA BUSANZWE.URUGERO ITEME RYA BUDUBI(KIGOMA) RITEYE IMPUNGE KWA KAJYAMBERE PATRICK,UMUHANDA UVA I BUSORO UJYA I NYAMURE KWA GASORE CLEMENT WARANGIRITSE CYANE,NIBADUKORESHE TWEBWE ABATURAGE KUKO BIDUFITIYE INYUNGU,(ESE IGIHE TIG ITABONETSE IBIKORWA REMEZO BIDUPFANE? NIMWIBAZE BAYOBOZI BACU.
TURASABA USHINZWE UBUREZI MU KARERE KO YANJYA AGENZURA IMYANDIRE YABANA BABONA IMISHINGA MURI BURI MURENGE KUKO USA ABANDIKWA BABA BAFITE ABABYEYI BISHOBOYE MURAKOZE NIGA MATIMBA T.T.C
Birababaje ibo i Busoro niba ari ukuri koko , Nibatabare.Gusa turashima cyane Gitifu Jean Pierre NKUNDIYE wahoze ahayobora , yakora ga neza cyane , ni aho ari Imana imuhe amahoro n’imigisha.
ariko reka mbabaze mumurenge wabusasamana (rubavu) ho inka zirinda zarwara uburenge ababishinzwe barihe ? iyo habaye umukwabo wokuzifata ko baboneka? gusa nibave mubiro begere abaturage murakoze.....
UYU MUNTU WITA ABANDI INJIJI NGO BARAVUGA NABI NKUNDAKOZERA Charles /etat civile wa BUSORO/NYANZA na MIGISHA Janvier ko barya ruswa mugutanga services.bishoboka ko ari janvier &Charles banditse basubiza uyu muntu utarashatse kwivuga kubera impamvu z’umutekano we.urebye umujinya bakoresheje basubiza bigaragara ko aribo (affaire social MIGISHA Janviere&Etat Civile NKUNDAKOZERA Charles)
Ubwiherero bw’abatishoboye bw’ubatswe muri Busoro/nyanza akagari ka GITOVU aho bukera affaire sociale MUGISHA Janvier azishyura amafaranga yabutanzweho kuko uwo yizaniye Martin wiyitaga umufundi ngo abyiyitirire yarabitaye none abaturage byatuyobeye.Twifuza ko mwabidukurikiranira kuko iyo ureze umuyobozi usanga bagenzi be bakwishyizemo yewe numusimbuye akakurakarira,niyo mpamvu twitabaza ikorana buhanga.
akarere ka Nyanza iterambere rirakataje, ariko ubuyobozi nibutabare mu murenge wa kigoma abantu bafite ikibazo cyamazi. aho bavoma amazi yohasi yamesewemo, bogeyemo, bakwiye gutabarwa. nahubundi diarhee irabamara.