Inama y’Abakuru b’ibihugu bigize z’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba EAC yabereye Arusha muri Tanzania ku cyicaro cyawo kuri uyu wa gatanu tariki 24 Ugushyingo 2023 yafatiwemo imyanzuro itandukanye.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika arashimira mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame n’Ingabo z’u Rwanda ku muhate bakomeje kugaragaza mu rugamba rwo kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cye.
Muri Tchad, abantu basaga Miliyoni 2 bugarijwe n’ikibazo cy’inzara, n’umubare munini w’abana bato bafite ikibazo cy’imirire mibi kubera kutabona indyo yuzuye. Impunzi nyinshi ziri muri icyo gihugu, bivugwa ko ziri mu byongera icyo kibazo cy’ibura ry’ibiribwa.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwakira abana 50 bakomerekeye mu ntambara ya Israel na Hamas bakajya kwitabwaho uko bikwiye.
Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping kuwa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo yagiranye ikiganiro cy’imbonekarimwe na mugenzi we wa USA Joe Biden mu buryo bw’imbona-nkubone.
Harrison Tare Okiri uzwi ku izina rya Harrysong ni umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat ukomoka mu gihugu cya Nigeria aherutse gukora agashya katangaje benshi ubwo yakoranaga ubukwe n’abakobwa 30 mu munsi umwe.
Igihugu cya Burukina Faso cyatangaje ko igitero giherutse kugabwa muri iki gihugu, cyahitanye abantu 70 biganjemo abana n’abageze mu zabukuru.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, nibwo abaturage bo muri Liberia bazindukiye mu gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’igihugu.
Aloys Ndimbati wahoze ari Burugumesitiri wa Komini wa Gisovu yitabye Imana nk’uko byatangajwe n’urukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryasabye Israel guhagarika byihuse ibitero bikomeje guhitana imbaga muri Gaza, nyuma yo kurasa ku bitaro bibiri bikomeye muri iyi ntara hagapfa abarwayi n’abaganga, ndetse abandi benshi bakabura uko bahunga.
Amagambo ya Franck Emmanuel Biya, umuhungu w’imfura wa Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yatumye Abanya-Cameroun batangira kumva ko ashaka kuzasimbura se ku butegetsi.
Recording Academy isanzwe itegura ibihembo bya Grammy Awards, bavuze imyato umunya-Nigeria Damini Ogulu, uzwi ku izina rya Burna Boy, ko nta muhanzi wa Afrobeats cyangwa undi muhanzi muri Afurika umuhiga.
Abasirikare batanu ba Amerika bapfuye ubwo indege ya Kajugujugu bari barimo mu gihe cy’imyitozo, yahanukiraga mu Nyanja ya Méditeranée, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Amerika.
Imvura nyinshi yateje imyuzure yica abantu 40 muri Kenya na Somalia, mu gihe abandi ibihumbi bavuye mu byabo nk’uko byatangajwe n’imiryango ifasha abari mu kaga.
Afurika y’Epfo yahamagaje Abadipolomate bayo bari muri Israel kubera intambara icyo gihugu kirimo kurwana na Palestine, biturutse ku gitero cyagabwe n’umutwe wa Hamas, imirwano ikomeje kugwamo abasivili batari bake abandi bagakomereka.
Abagabo babiri batawe muri yombi bakekwaho kwiba amafaranga ya Perezida w’Africa y’Epfo Cyril Ramaphosa yari abitse mu mwenda w’intebe yariri mu rwuri yororeramo ruherereye ahitwa Phala Phala.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yatangaje ko amatora asubikwa mu gihe ingengabihe yayo yateganyaga ko amatora y’Abadepite yari kuzaba mu Ukwakira 2024, naho ay’Umukuru w’igihugu akaba muri Werurwe uwo mwaka 2024.
Umujyi wa Goma utuwe na Miliyoni ebyiri z’abaturage, washyizwe mu icuraburindi n’intambara ibera mu nkenero zawo ihuje abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo, FARDC hamwe n’imitwe izitera inkunga.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko azitabira inama y’ingirakamaro ya COP28, yiga ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere izabera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera tariki 30 Ugushyingo kugeza tariki 12 Ukuboza 2023.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2023, Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Brazzaville, muri Repubulika ya Congo, bafatanyije n’ubuyobozi bwa Commune ya Bacongo ndetse na Minisitiri ufite mu nshingano ze Iterambere ry’uturere no kwegereza Ubuyobozi abaturage, Desiré Juste Mondelé, bahuriye mu gikorwa cy’umuganda (…)
Abantu 130 ni bo bamaze kwemezwa ko bapfuye naho abandi 100 bakaba bakomeretse, mu mutingito wibasiye agace kamwe k’icyaro mu Burengerazuba bwa Népal, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwo muri ako gace, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2023.
Amashuri yo mu Murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, yafunze kubera kwangirika kw’ikirere cyaho bitewe n’ibihu bijya gusa n’umuhondo, bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’icyo gihugu.
Muri Kenya, abagabo babiri bafatanywe imifuka 26 y’urumogi n’inyama z’ihene, ndetse n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bibye, bakabihisha mu rusengero mu gace kitwa Ongata Rongai, Kajiado ya ruguru.
Perezida w’u Budage, Frank-Walter Steinmeier, ubwo yari mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Tanzania, yasabye imbabazi kubera ibikorwa bibi byakozwe n’abasirikare b’u Budage, muri icyo gihugu mu gihe cy’ubukoloni.
Birashoboka ko hari bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas ku itariki 7 Ukwakira 2023, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Ishami rishinzwe ibya gisirikare muri uwo mutwe.
Sena ya Amerika yananiwe kumvikana ku nkunga yagombaga guhabwa Ukraine na Israel, ingana na Miliyari 14.3 z’Amadorari ya Amerika.
Umwami w’u Bwongereza, Charles III, ari muri Kenya mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine. Urwo rukaba ari rwo ruzinduko rwa mbere akoze mu gihugu cyo mu Muryango wa Commonwealth kuva yahabwa inkoni y’Ubwami.
Mu gihe amahanga asaba igihugu cya Israel guhagarika ibitero igaba kuri Gaza, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko Israel itazigera ihagarika kurasa no guhagarika ibitero kuri Gaza.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze impungenge atewe n’imyitwarire y’ibihugu biri inyuma ye mu ntambara arwana n’Uburusiya, ashimangira ko asanga nta wundi muntu wizeye intsinzi ye usibye we gusa, kuko ngo abona intwaro bamuha zidahagije kumufasha ngo abe yatsinda Uburusiya.
Leza Zunze Ubumwe za Amerika zasabye Israel gufata ingamba zikwiye, ziyifasha mu gushobora gutandukanya abasivili b’Abanya-Palestine n’umutwe wa Hamas, mu gihe igisirikare cya Israel gikomeje kongera ibitero byo ku butaka byo guhashya uwo mutwe muri Gaza.