Abanyamakuru bo mu Rwanda bavuga ko imbogamizi ebyiri zibakomereye mu mwuga wabo, ari ukuba hari abakibarushya mu kubaha amakuru hakiyongeraho ko abahembwa byujuje amategeko ari mbarwa abandi nabo ntibanahembwe.
Ikibuga cy’indege cya Kamembe kiri mu karere ka Rusizi kigiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’amezi atanu kugirango gisanwe uhereye tariki yambere z’ukwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2014.
Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 29/09/2014, yasozaga imurikagurisha rya gatanu mu Ntara y’Amajyaruguru Umuyobozi w’iyo ntara yasabye abikorera gutandukana n’imikorere ya gakondo bakagira icyerekerezo cyo kwagura ibikorwa byabo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryngo wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ruratangaza ko rwishimiye cyane ibikorwa bimaze kugerwaho n’urubyiruko rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango. Ikarusaba kwegera n’urundi rubyiruko kugirango narwo rudasigara inyuma.
Abaturage batuye umurenge wa Gashora mu karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu zabasaniye ikiraro gihuza iyo mirenge none kikaba cyongeye kuba nyabagendwa.
Nyuma y’ibibazo by’ubutaka byakomeje kurangwa hagati y’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’abaturage baturanye n’uruganda, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke baratangaza ko byaba bigiye kubonerwa umuti mu gihe ibiganiro bya nyuma n’abaturage byaba bigenze neza.
Mu Rwanda hatangijwe isosiyete yitwa SSIAP (Societe de Securite Incendie et d’Assistance aux Personnes) y’abikorera ishinzwe gukumira, kurwanya inkongi z’imiriro mu nyubako no gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’ibyo byago, kugirango Polisi y’igihugu izajye itabara hatarangirika byinshi.
Nubwo bemeza ko ntako Leta itagize ngo ibakire beza, bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Nyarusange, akarere ka Muhanga, barasaba kubona aho kuba no guhinga kuko nta masambu bagira.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi bo mu ntara y’Uburengerazuba bahaye imiryango 30 yo mu karere ka Rutsiro inka muri gahunda ya Girinka bakaba biyemeje kurandura imibereho mibi.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 27/09/2014 polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage batuye mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza isiza ibibanza by’aho iteganya kubakira abatishoboye amazu yo kubamo.
Abakozi 40 ba company yitwa CAPUSCINE ikora isuku mu bitaro bya Gihundwe bashinja umukoresha wabo kubakata amafaranga ibihumbi bitatu bikurwa kuri buri mukozi bizezwa ko bayabashyirira mu isanduku y’ubwiteganyirize yabo nyamara bagerayo bagasanga ntayo.
Abaturage b’akarere ka Ruhango barasabwa gukomeza kwimakazi gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, baharanira ko ukwezi kw’imiyoborere kwasiga buri wese agize uruhare rugaragara mu bumwe n’ubwiyunge.
Nyagatare: Ntawukwiye kwicuza ku bikorwa byo gufasha Amazu atatu niyo yazamuwe n’amatafari 2000 arabumbwa mu gikorwa cy’umuganda wi kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania kuri uyu wa gatandatu tariki 27/9/2014, cyabereye mu karere ka Nyagatare, mu mudugudu wa Ryeru akagali ka Ryeru umurenge wa Rwempasha.
Ibikorwa bibi byabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byagize ingaruka ku bagize uruhare mu kuyikora no kubayirokotse, kuko hariho imitima ifite intimba n’agahinda baterwa n’ibyo bakorewe, ku rundi ruhande hakabaho ipfunwe n’ikimwaro ku bakoze Jenoside.
Nk’uko biba bimenyerewe buri wa gatandatu wa nyuma usoza ukwezi, Abanyarwanda n’abaturarwanda bose bazindukira mu gikorwa cy’umuganda mu gihe cy’amasaha atatu kuva ku isaha y’isaa mbili kugeza ku isaa tanu z’amanywa.
Abakuru b’imidugudu bagera muri 630 igize akarere ka Gicumbi bahawe terefone zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo. Telefoni bazishyikirijwe n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa gatanu tariki 26/9/2014.
Abagore bo mu murenge wa Ndera 500 bakora akazi ko gutunganya ikawa, bishyize hamwe batera inkunga ingabo z’igihugu zamugariye ku rugamba bagura imipira 500, umwe bawugura ibihumbi bitanu.
Sinumvayabo Valens utuye mu murenge wa Kibeho avuga ko atarajya mu matsinda y’abagabo n’abagore bahabwa ibiganiro na RWAMREC ngo yari umuntu wananiranye ahora arwana n’umugore yaramubujije amahoro ariko ubu yiyemeje kuba intangarugero akaba “Bandebereho”.
Abana babiri umwe uri mu kigero cy’imyaka itatu uvuga ko yitwa Eric na murumuna we uri mu kigero cy’umwaka umwe witwa Ahishakiye barashakirizwa ababyeyi babo nyuma yuko batoraguwe mu rugo ry’umuturage mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge.
Ingengo y’imari ya 2014-2015 izarangira umuhanda Ruhango-Kinazi-Mukunguri umaze gutunganywa, ibi bikaba ari ibyashimangiwe na Minisitriri w’intebe Anastase Murekezi ubwo aheruka gusura abaturage b’akarere ka Ruhango tariki 22/09/2014.
Abapolisi babiri, Kaporali Iyakaremye Nelson na Kaporali Ndabarinze Isaac, nibo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku itariki 17/7/2013 bishe Gustave Makonene wari umukozi w’umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya ruswa (Transparency International) mu karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko abashoferi batwara abagenzi mu buryo rusange bagiye guhabwa amakarita, aho bazajya bakurwaho amanota mu gihe batitwaye neza mu muhanda ku buryo uzagaragarwaho amakosa menshi azajya ahagarikwa.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara ruvuga ko kwibumbira mu matsinda yitwa ay’ubwiyunge n’iterambere biri mu bibafasha kurwanya ibiyobyabwenge, kurwanya inda zititeguwe ku bakobwa batarashaka no kurwanya amakimbirane ashingiye ku moko.
Ubwo abayobozi b’akarere ka Nyamasheke basuraga abaturage bo mu murenge wa Cyato, tariki 24/09/2014 abatuye uyu murenge basabye abayobozi kuzabagereza icyifuzo cyabo kuri Perezida Kagame ko bifuza kuzamubona imbone nkubone ngo bamwereke ibyo amaze kubagezaho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, atangaza ko ubuyobozi bwiza buha agaciro abaturage buharanira ko bikura mu bukene kugira ngo babeho neza, bitandukanye na mbere ngo ubuyobozi bubi bwaheje bunica abo bwagomba kuyobora.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe, guhera ku rwego rw’akarere kugeza ku rwego rw’umudugu binenze kutegera abaturage bihagije ngo bamurikirwe ibibakorerwa no gusobanurirwa uko politiki y’igihugu iteye n’uruhare rwabo mu gutegura no gushyira mu bikorwa imihigo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, Francis Kaboneka, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri Karongi guhorana ishema ry’uko bahisemo neza kuko ngo bari mu muryango utarangwa n’amagambo ahubwo urangwa n’ibikorwa.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro cyimaze gusohora urutonde rwa kabiri rw’Abaturarwanda kivuga ko babereyemo Leta imyenda ikomoka ku misoro batishyuye kandi ngo barasabwa kwishyura bitarenze iminsi 7.
Abaturage bo mu murenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu barishimira cyane uburyo ibibazo bari bafite bigenda bikemuka muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe tariki 22/09/2014.
Mu rwego rwo kugirango imiyoborere myiza irusheho gushinga imizi mu karere ka Gakenke abayobozi bo mu nzego z’ibanze barasabwe kumenya ko mu byo bakora byose mbere na mbere babanza kwita ku bibazo by’abaturage bakabona gukurikizaho ibindi.