Umufasha w’umukuru w’igihugu, Madame Jeannette Kagame, arasaba Abanyarwanda gutekereza ku kintu gishobora guca burundu ubucuruzi bw’abana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikorerwa cyane cyane abakobwa aho usanga bashorwa mu buraya.
Abanyarwanda umunani bari bamaze ukwezi barafashwe bugwate n’ingabo za Kongo bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko bishwe n’inzara bigatuma ingabo za Kongo bibafungura aho bari bafungiye muri gereza yitwa T2 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Bamwe mu bakora akazi k’ubunyonzi bakorera muri koperative “Koranumwete Gakenke” babangamiwe n’amafaranga ubuyobozi bw’iyo koperative bubaca kuko ngo barengeje umuvuduko nyamara nta byuma bipima umuvuduko bugira kandi ngo abanyamuryango bavuga ko batazi aho ayo mafaranga arengera.
Ibiro by’ubutaka by’akarere ka Muhanga (Muhanga one Stop Centre) bifite abakozi batatu gusa mu gihe ngo bakagombye kuba 12, ibi bigatuma umukozi umwe akora aha bane mu gihe mu mirenge naho aba bakozi batarahagera.
Nyuma yuko Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bajyanywe mu turere dutandukanye, aboherejwe mu murenge wa kigabiro mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe amazu atandatu.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu karere ka Musanze buratangaza ko impanuka zagabanutse mu buryo bugaragara nyuma y’ingamba zafashwe mu guhangana nazo.
Sosiyete ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitwa Rwanda RUDNIKI, yahawe igihe cy’amezi atatu ngo ibe yarangije gutunganya ikirombe icukuramo amabuye y’agaciro bigaragara ko kidakoze neza.
Minisititi w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwegera abaturage babakemurira ibibazo kuko kudakemura ibibazo by’abaturage bidindiza iterambere bigatuma icyerekezo cy’iterambere u Rwanda rwihaye cya 2020 kitagerwaho neza.
Abashoferi bakoresha umuhanda Kigali-Nemba baravuga ko babangamiwe no kuba uyu muhanda nta byapa by’aho bashyiriramo no gukuriramo abagenzi biwurimo, ku buryo usanga bibateranya n’abagenzi mu gihe babarengeje kandi ngo abapolisi bakabanira guhagarara nabi mu buryo budasobanutse.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Mu gihe mu karere ka Nyabihu hakibarizwa imiryango myinshi ibana mu buryo butemewe n’amategeko kuko itasezeranye, gusezeranya iyi miryango byagizwe umuhigo mu mirenge yose igize aka karere muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza.
Kijabuzima Simon wo mu mudugudu wa Bubare akagali ka Nyarurema umurenge wa Gatunda avuga ko Nyiramariza Patricia batigeze basezerana byemewe n’amategeko n’ubwo byabaye, ubuyobozi bukaba buvuga ko bugiye kwifashisha inzego z’ubutabera kugira ngo uyu mugore arenganurwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiratangaza ko igipimo cy’amazi cyari gitegerejwe ngo urugomero rwa Nyabarongo rubashe gutanga ingufu z’amashanyarazi cyageze mbere y’igihe cyari giteganyijwe kandi imashini zose ziri mu mwanya wazo, hakaba hategerejwe inzobere zigomba kuza kugira ngo igerageza ritangire gukorwa.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA), Imena Evode aravuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu bucukuzi bw’amabuye.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa 7 Ukwakira 2014 basuye abaturage batuye umurenge wa Gasaka mu rwego rw’imiyoborere myiza aho baganiriye n’abaturage uko imibereho myiza, ubukungu ndetse n’umutekano uko byifashe.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda(CLADHO) iratangaza ko mu igenzura iherutsemo ku mirambo yatoraguwe mu kiyaga cya Rweru kigabanya u Rwanda n’u Burundi ngo yasanze abaturage bo ku ruhande rw’u Rwanda nta makuru bazi kuri izo mpfu.
Bamwe mu bagore bitabiriye inama mpuzamahanga isuzuma uruhare rw’umugore mu kurangiza intambara no guteza imbere amahoro na demokarasi ku mugabane wa Afurika; bavuga ko bashobora gufatira imyanzuro abagabo n’abana babo bishora mu ntamabara.
Kwirinda inda nini, kwegera no gukemura ibibazo by’abaturage no guharanira ko batera imbere nibyo byasabwe abayobozi kuva ku rwego rw’akarere kugera ku mudugudu mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 07/10/2014, ubwo minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yifatanyaga nabo mu nteko rusange y’akarere.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu baratangaza ko bafitanye n’ingabo z’igihugu igihango gikomeye kibatera kwambara imipira yanditseho amagambo azishimira agira ati "Bato batari gito #Inkotanyi".
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri (Federation Rwandaise du sport scolaire) burasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kuba umusemburo w’impinduka nziza igihugu gikeneye cyane cyane mu miryango babamo, binyuze muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda”.
Abaturage baturiye ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu bavuga ko bari mu gihirahiro aho bamaze imyaka 10 babwiwe ko bazimurwa ariko iki gikorwa kikaba kitarakorwa.
Umuyobozi w’u Bwongereza ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Iburasizuba (British Peace Support Team) Col. Richard Leakey arashima intambwe imaze guterwa n’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) mu gihe gito rimaze rivutse.
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ubumenyi n’ubushakashatsi ari byo byari inzira yonyine yo gufasha u Rwanda kugaruka mu murongo w’ubukungu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko inzego zose zari zasenyutse igihugu nta murongo kigenderaho.
Mu isengesho ngaruka kwezi mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe ryabaye kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014, hagaragaye abantu batatu batanga ubuhamya ku byababayeho kubera iri sengesho harimo n’uwakize uburemba.
Imiryango umunani yakoreraga ubuhinzi mu mudugudu wa Gakagati ya 2 akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare ikaza kwimurwamo kubera kudakoresha ubutaka icyo bwagenewe ivuga ko kugeza magingo aya itari yasubizwa amafaranga yabo yatanze nyamara benshi barayabonye.
Kabera Antoine w’imyaka 110 y’amavuko utuye mu kagari ka Nyakarekare umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, arashimangira ko n’ubwo ashaje yumva neza gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, agasaba abandi kuyumva neza kuko izatuma abanyarwanda bamenyekana nk’abanyarwanda aho kwitirirwa ibindi.
Inteko rusange y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi yateranye tariki 05/10/2014 mu karere ka Kirehe aho urubyiruko rwishimiye inyigisho rwahawe zijyanye no kwihangira imirimo ku buryo bafashe ingamba zo kurwanya ubushomeri.
Abayobozi b’imidugudu n’utugari bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko imihigo basinyana n’ubuyobozi bw’imirenge yabo ibaha imbaraga, maze bakabasha kugera kuri byinshi baba biyemeje.
Umushinga Rwanda Peace Education Program (RPEP) uharanira kubaka amahoro Education Program (RPEP) urasaba abo wahuguye mu karere ka Muhanga kuba intumwa nziza mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge aho batuye n’aho bagenda.
Abasheshe akanguhe batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko bafite amasaziro meza kubera ko bafite ubuyobozi bwiza bubitaho bukabaha inkunga y’ingoboka ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.