Nyuma yuko rwiyemezamirimo wakoraga imirimo yo kwagura isoko rikuru rya Kibungo (Ngoma) atereye imirimo kuva mu mwaka wa 2013, abakozi 250 bambuwe na rwiyemezamirimo wataye akazi barishyuza akarere.
Mu rwego rwo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa 23/09/2014, akarere ka Nyaruguru kashyikirije amazu ane imiryango ine y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bazatura mu murenge wa Ngera.
Kwimakaza ukuri ni umwe mu mihigo abafungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Ngoma bihaye, kuri uyu wa 23 Nzeli, ubwo basozaga ibiganiro by’iminsi ibiri bahabwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Minisitiri wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasuye Akarere ka Karongi tariki 23/09/2014 maze asobanurira abagize Inama Mpuzabikorwa y’ako karere ko gukorera hamwe no kwegera abaturage ari ryo banga ry’imiyoborere myiza rishobora gutuma bongera guhagarara neza mu mihigo.
Niyoyita Jean Claude w’imyaka 31 witabye Imana mu rucyerera rwa taliki 22/09/2014 arashwe na Cpl Habiyambere Emmanuel yashyinguwe kuri uyu wa 23/09/2014 mu irimbi rya Karundo mu karere ka Rubavu.
Dr Guillain Lwesso wari umuyobozi w’agateganyo mu bitaro by’akarere ka Nyanza aravugwaho kuba yarataye akazi kuva tariki 14/09/2014 ku mpamvu ze bwite atabimenyesheje ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bumushinzwe.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV4 yavaga i Kigali ijya ahitwa Mayange mu Bugesera ihiriye mu muhanda irakongoka ariko ku bw’amahirwe ntawe ihitanye nta n’ukomeretse.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 22 Nzeli 2014 abaturage b’umurenge wa Katabagemu bagaragaje ko bishimira iterambere bagenda bageraho kubera imiyoborere myiza.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Huye yateranye ku cyumweru tariki ya 21/9/2014, bashishikarijwe gukora ubukangurambaga bukwiye kugira ngo imihigo akarere kahize igende neza, ndetse banashishikarizwa kutarebera igihe bumvise abatanga amakuru atari yo.
Ubwo mu karere ka Nyanza hatangizwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza, umuyobozi w’Intara y’Amajypepfo Munyantwali Alphonse yavuze ko umuyobozi urya ruswa nta na rimwe ashobora kubaho neza kurusha umuyobozi utayirya.
Abantu 25 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 22 Nzeri 2014, bavuga ko hari byinshi byatumye bafata icyemezo cyo gutaha birimo abagore bafatwa ku ngufu, kutagira uburenganzira busesuye ku byabo, umutekano muke n’ibindi.
Intumwa z’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa FPR Inkotanyi zahuguye inzego z’ubuyobozi bw’uwo muryango mu Ntara y’Uburengerazuba ndetse n’iz’uturere twa Karongi na Rutsiro mu rwego rwo kubungura ubumenyi no kubafasha guhwiturana no guhwitura inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta kugira ngo Umuryango wa FPR Inkotanyi uzashobore (…)
Maniraguha Francoise yinjiye mu gisirikare cy’umutwe wa FDLR-FOCA afite imyaka 13 agamije gusahura ibyo kurya n’ibindi kugira ngo umuryango we ubashe kubaho kuko ngo ubuzima bwari bubi cyane mu ishyamba aho uwaba adafite umusirikare byamugoraga kubona ibimutunga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafashe ingamba nshya zo gucyemura bimwe mu bibazo byakomeje gutuma aka karere gahora mu myanya y’inyuma mu mihigo, nyuma y’uko bwisuzumye bugasanga bimwe mu bibazo biterwa no kutegera abaturage n’imikoranire itari myiza hagati y’abayobozi.
Abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagira uburangare mu gukemura ibibazo by’abaturage bagiye kujya bakurikiranwa nibiba ngombwa bafatirwe ibihano byo guhagarikwa, kuko byagiye bigaragara ko ibibazo byinsh bikemuka ari uko umukuru w’igihugu ahageze.
Abagore bari mu muryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, baratangaza ko bishimira iterambere bagezeho binyuze muri gahunda zirangajwe imbere na FPR, dore ko ngo bari barahejejwe inyuma ariko kuri ubu bigishijwe kwibumbira hamwe no kwihangira imirimo.
Umukozi ushinzwe ahabikwa inyandiko n’amadosiye muri gereza ya Nyanza yafatishije imfungwa ebyiri zashakaga kumuha ruswa ngo azifashe kugera kuri dosiye y’umwe muri bo, bahindure ibisanzwe biyanditswemo, nyir’iyo dosiye afungurwe atarangije igihano.
Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene wahoze uyobora umutwe wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko mu Rwanda yamaze kwegura ku mirimo ye ku gicamunsi cyo kuwa 17/09/2014, umwanya yari yaratorewe kuwa 10/10/2011.
U Rwanda ruri mu bihugu bicye ku isi byatoranyije kuzatanga ibitekerezo bizagenderwaho mu nama mpuzamahanga itegurwa n’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban ki Moon ku butabazi n’ibikorwa bya kimuntu izaba mu mwaka wa 2016.
Uwari perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mu mutwe wa Sena mu Rwanda, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, amaze kwegura ku mirimo ye yo kuyobora sena ariko asaba gukomeza kuba umusenateri.
Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu, Gen. James Kabarebe, agaragaza ko Akarere k’Ibiyaga Bigari kadashobora kugira amahoro n’umutekano igihe cyose umutwe wa FDLR uteza umutekano muke ku Rwanda n’akarere muri rusange udahagurukiwe ngo urwanwe.
Ministiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yatangaje ko agiye kunoza servisi muri Ministiri ayobora ya MINISPOC n’ibigo biyishamikiyeho, mu rwego rwo gushimisha ababagana no kongera umusaruro uva mu byo ibyo bigo byinjiriza Leta.
Abakora mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka ku mipaka y’u Rwanda bagera ku 120 biganjemo abapolisi, bari guhugurwa na polisi y’igihugu ku kwakira neza impunzi zishobora kwinjira ku butaka bw’u Rwanda.
Nubwo agace bari batuyemo mu gihugu cya Repabulika iharanira demokarasi ya Congo ntawababuzaga gutaha kubera ko ngo ako agace katabarizwamo umutwe wa FDLR, ubuzima butari bwiza bari babayemo ntibwari gutuma bihanganira kuruhira hanze y’igihugu cyabo.
Uwahoze ari Senateri Gasamagera Wellars, wari mu batumiwe n’urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere (RGB), mu muhango wo kwifatanya n’isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa demokarasi kuri uyu wa 15/9/2014 mu ngoro y’Inteko, yasobanuye ko demokarasi ari umwimerere wa buri gihugu, aho kuba ikintu ngo bagenda bagatoragura mu (…)
Umuryango nyarwanda ugamije kwigisha amahoro Rwanda Peace Educational Program (RPEP), ku bufatanye n’urwibutso rw’abazize Jenoside rwa Gisozi, batangije imurika rizamara ibyumweru bitatu mu karere ka Muhanga rikaba rizibanda ku kwerekanano gusobanura ubutumwa bw’ababashije kwiyubaka nyuma ya Jenoside.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yemeye inyandiko zibohereza guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda kuri uyu wa 15/9/2014; ba ambasaderi b’ibihugu bya Pakistan, Botswana, Venezuela, u Buhinde n’u Bubiligi (abenshi muri bo bafite icyicaro i Nairobi muri Kenya) bemeje ko ubufatanye bw’ibihugu byabo n’u Rwanda (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane, Madame Louise Mushikiwabo arahamagarira ibihugu byo mu burasirazuba no mu ihembe rya Afurika gushyira hamwe ingufu bifitemo kugira ngo bigere ku mutekano urambye ryo shingiro ry’iterambere.
Nyuma y’aho Akarere ka Gatsibo kaziye ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014, Ubuyobozi bw’aka karere buvuga ko butaveba abaturage cyangwa abakozi b’akarere kuko bakoresha imbaraga nyinshi kugira ngo Akarere kabo gatere imbere.
Abagize umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda (AVEGA Agahozo) bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko ubuzima bwabo bugenda buhinduka bwiza bikongera kubaremamo icyizere cy’ubuzima buzira umuze gusa ikibazo cy’incike zitishoboye kiracyabakomereye.