Abakorerabushake 45 b’umuryango utabara imbabare, Croix Rouge, ku rwego rw’igihugu bari guhugurwa ku masomo yo gukumira no guhangana n’ibiza birimo imyuzure, inkangu, imiyaga ishobora gusenya amazu, imitimgito n’iruka ry’ibirunga.
Iyo igihugu gifite abantu batinya Imana nta kabuza gitera imbere kubera baba batarabaswe no kunywa ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi zirimo uburaya. Ibi ni ibyari bikubiye mu nyigisho zahawe abayoboke bashya b’itorero ry’abadivantisite b’umunsi wa karindwi babatijwe guhera kuri uyu wa 13 Nzeli.
Inkamyo ikururana yo mu bwoko bwa Actros yari itwaye ifumbire yaguye mu ruzi rw’Akagera, ubwo ikiraro gihuza akarere ka Ngoma n’akarere ka Bugesera cyacikaga.
Abayobozi ba gisivili, abagisilikare n’inzego z’umutekano mu Karere ka Ngororero hamwe n’abaturage b’umurenge wa Gatumba barangajwe imbere na Guverineri w’intara y’uburengerazuba Mukandasira Caritas tariki 11/09/2014 bagiranye ikiganiro bamagana ihohoterwa rikorewa abana n’abagore birangira biyemeje ko kizira guhohotera (…)
Nyuma y’igiterane mpuzamatorero cyabereye mu murenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi, kuwa 11/09/2014 kigamije gusengera no gufataniriza hamwe izindi gahunda za Leta zirimo no gufasha bamwe mu batishoboye bo muri uwo murenge, umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Rusizi, Mukamurigo Mediatrice, yatangaje ko gukorera hamwe (…)
Umurwanyi wa FDLR watashye mu Rwanda taliki 12/09/2014 Cpl Habineza Jean Claude yatangaje ko abarwanyi ba FDLR bakorera Rusayo na Nyiragongo aribo bagenzura isoko ry’amakara yinjira mu mujyi wa Goma aturutse mu misozi, ibi bigatuma ingabo za FARDC zibubaha ntizibarwanye aho bakorera.
Korali BETHESDA yo mu Itorero rya ADPR mu Mujyi wa Kibuye mu Karere ka Karongi guhera ku wa 12 Nzeri 2014, irimo gukora igitaramo (concert) cy’iminsi itatu yise “Ubumwe bw’Abakirisito” mu rwego rwo gusobanurira Abanyarwanda ko ibibaranga bigaragaza ko ari bamwe bityo ikabashishikariza ku bana kivandimwe kandi mu mahoro.
Abagenzi bava mu karere ka Rutsiro berekeza hanze y’ako karere bahangayikishijwe no kutabona uko bagera aho bateganyije, kubera kubura imodoka zikora ari nke zitinya imihanda mibi.
Abafite ubumuga bo mukarere ka Gicumbi baramaganira kure ababyeyi bamwe bagifite imyumvire yo guhisha abana bavukanye ubumuga bigatuma abo bana batabarurwa ndetse ugasanga babheza mu muryango Nyarwanda.
Nyuma y’aho abagize local defense bahagarikiwe ku mirimo kugira ngo bazasimburwe na DASSO, abadasso bashyashya bamaze iminsi barahira mu turere dutandukanye tw’igihugu. Abo mu karere ka Huye barahiye ku tariki ya 11/9/2014.
Abagore bo mu karere ka Ngororero biyemeje gukusanya miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu gufasha bahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba no kuzereka ko bazishyigikiye kandi bishimiye ibyo zikorera abaturage.
Abagabo n’abagore batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko ubuharike n’ubushoreke bukomeje gufata isura mbi kandi bukaba bugenda bukura umunsi ku munsi ku mpamvu batavugaho rumwe.
Imvura nyinshi yaranzwe n’inkubi y’umuyaga yasenya inzu 10 n’ibikoni byazo mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 11/9/2014, mu mudugudu wa Gitega abagari ka Nyakabungo umurenge wa Mpanga k’ubw’amahirwe nta muntu yahitanye cyangwa ngo akomereke.
Ubuyobozi bw’umushinga ushinzwe gukurikirana ibikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu, uvuga ko inama yahuje abashakashatsi n’impugucye ku miterere y’iki kiyaga mu bihugu bigize umuryango w’ibiyaga bigari yagize akamaro, kuko yatumye u Rwanda na Congo bashobora kumva akamaro ko gufatanya kubungabunga ubusugire bw’ikiyaga cya Kivu.
Ubwo yakiraga indahiro ya Senateri Kazarwa na raporo y’imihigo y’umwaka ushize ndetse n’ibizagerwaho mu mwaka wa 2014-2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimye uturere duhora tuza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo, ariko akaba yaburiye abayobozi b’uduhora tuba utwa nyuma ndetse n’abandi banyereza umutungo w’igihugu.
Mu isoko rya Gasarenda riherereye mu murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe hari ikimoteri cyohereza umwuka mubi rimwe na rimwe uvanze n’imyotsi y’imyanda iba yatwitswe, gikomeje kubangamira abacuruzi ndetse n’abagana iri soko baje guhaha.
Abaturage bo mu murenge wa Bushoki bakoranye n’umushinga wa Handicap International wari ugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe bashima ko uyu mushinga wagize uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa ribera mu ngo, abagabo n’abagore bakaba babanye neza.
Ubwo abagize urwego rwo kunganira ubuyobozi mu kubungabunga umutekano w’abaturage (DASSO) mu karere ka Huye, barahiriraga kuzakora neza umurimo biyemeje tariki 11/9/2014, hari 11 batarahiye kubera batujuje ibisabwa abakozi ba Leta.
Abaturage 134 bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barishyuza amafaranga miliyoni imwe n’imihumbi 500 bakoreye ubwo bubakaga ibyumba by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) n’ubw’imyaka icyanda (9YBE) mu mwaka wa 2012.
Abanyarwanda bavuye hirya no hino ku isi bazahurira i Atlanta muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri Rwanda Day izaba tariki 20/09/2014 bazamurika ibikorerwa mu Rwanda, bakore umuganura ndetse banaganire n’abandi bashoramari ku byo kuza gukorera mu Rwanda.
Ambasaderi Remy Sinkazi ushoje manda ye yo guhagararira u Burundi mu Rwanda, aratangaza ko mu myaka 4,8 yari amaze mu Rwanda yishimira ko yashoboye kuzamura imibanire hagati y’ibihugu byombi ndetse akanagira uruhare mu ikemurwa rya bimwe mu bibazo byagaragaye.
Nyuma y’imyaka 13 habaye ibitero bya Al_Qaeda muri Amerika kuwa 11/9/2001, Abanyarwanda bo hirya no hino batubwiye uko bibuka uwo munsi utazibagirana mu mateka y’isi kuko wahinduye byinshi mu miterere y’ubuyobozi, politiki n’ubukungu hirya no hino ku isi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz Actros yakoze impanuka ahagana mu ma saa saba z’amanywa zo kuwa 11/09/2014, mu murenge wa Giheke mu kagari ka Kigenge mu mudugudu wa Gahurubuka shoferi arakomereka ariko tandiboyi aba ari we ukomereka bikabije.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Nyabihu, bishimira ko kuba muri uyu muryango bibafasha kwikura mu bwigunge, bakaganira ku bibazo bahura nabyo, bakungurana ibitekerezo kandi bagashakira hamwe uburyo bataheranwa n’agahinda ahubwo bagaharanira kwiteza imbere.
Abantu 10 bavuka muri Nyabihu barimo n’umusaza Ntebanye w’imyaka 82 bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batangajwe n’iterambere u Rwanda rugezeho, cyakora umusaza Ntebanye we avuga ko bitewe n’imyubakire n’iterambere yasanze mu Rwanda, byatumye ayoberwa n’aho yari azi, yarerewe.
Umunyamakuru Patrick Kanyamibwa wamenyekanye cyane mu gice cy’Iyobokamana (Gospel) akaba yaranagiye akora mu bitangazamakuru binyuranye, yitabye Imana azize impanuka ya moto ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/09/2014.
Mu rwego rwo kugirango hakomeze gukumirwa impanuka zishobora guterwa n’igikamyo cyari kimaze iminsi ibiri cyarahirimiye mu mu kingo uri iruhande rw’umuhanda ukinjira neza muri santere ya Gakenke uturutse mu Karere ka Musanze, ingabo za RDF zifatanyije n’abaturage batanze ubufasha kugirango iyi kamyo ihavanwe.
Imiryango 16 yo mu karere ka Ngororero mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba imaze imyaka ibiri itegereje kwishyurwa imitungo yabo yiganjemo amazu yasenywe n’intambi zaturitswaga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwakorwaga na sosiyete yitwa GMC (Gatumba Maining Concession) ubu yafunze imiryango.
Umusirikare mu ngabo za Kongo (FARDC) ufite ipeti rya Komanda wafatiwe mu Rwanda taliki ya 29/8/2014 yashyikirijwe ingabo z’umuryango wa ICGLR ngo zimushyikirize igihugu cye.
Nkundabanyanga Joseph utuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yasenyewe n’ubuyobozi bw’umurenge ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Nzeri 2014, bamushinja kubaka mu mbago z’isoko rishya riri kubakwa no kubaka adakurikije amategeko.