Abiga mu ishuri rikuru rya IPB basabwe kongera indangagaciro ku bumenyi bafite

Ubwo hatangizwaga itorero mu ishuri rikuru rya Institut polytechnique de Byumba (IPB) umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri biga muri iryo shuri kwimakaza ubutore na kirazira ndetse bakongera indangagaciro ku bumenyi barimo bavoma muri iryo shuri.

Rucagu yavuze ko gahunda y’itorero muri za kaminuza ari uburyo bwo gufasha abanyeshuri bakagira ubumenyi bufite indangagaciro bityo bakazavamo abayobozi beza. Yabwiye abanyeshuri biga muri IPB ko baramutse bagize ubumenyi nta ndangagaciro bafite ibyo baba biga byababera impfabusa.

Ati “mu gihe cya Jenosode hari abanyabwenge bize kaminuza bishoye mu bikorwa bibi bakora Jenoside aba rero turi kubatoza indangagaciro na kirazira bityo ubutore bwabo bubafashe kurwanya ikibi cyose cyakongera gukurura umwuka mubi mu Banyarwanda”.

Umutahira mukuru Rucagu Boniface ageza gahunda y'itorero ku banyeshuri biga muri IPB.
Umutahira mukuru Rucagu Boniface ageza gahunda y’itorero ku banyeshuri biga muri IPB.

Izina ry’ubutore ryahawe abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya IPB ubwo hatangizwaga itorero tariki 18/07/2014 ni INDEMEREZAMIHIGO.
Abanyeshuri biga muri iri shuri rikuru nabo bavuze ko guhabwa inyigisho z’itorero bibafasha kongera imbaraga zo kubaka igihugu cy’u Rwanda bimakaza amahoro.

Ngo inyigisho bahawe zizabafasha guhuza ubumenyi bafite n’ubutore kuko aribyo bizabafasha kubaka igihugu kirangwamo amahoro; nk’uko Turatsinze Munezero Yve umunyeshuri muri iyo kaminuza abivuga.
Kuri we ngo ubutore bivuze gukunda igihugu, ndetse bagaharanira inyungu z’Abanyarwanda muri rusange.

Bacinye akadiho.
Bacinye akadiho.

Intore kandi ngo ni ishaka ibisubizo by’ibibazo adahutaje bagenzi be kubwe ngo yumva kwimakaza ubutore ari umusingi w’iterambere ry’igihugu.

Gahunda y’itorero igamije gutoza Abanyarwanda kwanga ikibi bagakunda icyiza ndetse bakubaka indangagaciro na kirazira bimakaza ubutore kuko igihugu kitagendera ku ndangagaciro na kirazira kiba cyasenyutse.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Izina ry’Itorero muri IPB ni INDASHYIKIRWA zigendera ku ntego UBUREZI-BURERE, UBUMENYI-BUHANGA, KUBA INGIRAKAMARO.

Pepe yanditse ku itariki ya: 21-07-2014  →  Musubize

ubumwe butagira ikinyabupfura ni umuco ntacyo buba bumaze rwose, ibi nibyo rucagu arimo asobanura rwose kandi birumvikana umwana wuje umuco ndetse ni indangaciro , kwihesha agaciro kwitanga ugakora cyane iyo bijyane ni umumenyi usanga umuntu yuze kandi akagenda yimwe akagira ishema ryo kwita umunyarwanda ni uwurebye yaramufashihse nko kwiga akavuga ati rwose nakoze igikorwa kigaragara

sam yanditse ku itariki ya: 21-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka