Urupfu rwa Thomas Nzamwita wari utuye mu cyahoze ari segiteri Buhinga, komini Mabanza ku Kibuye ni kimwe mu bigaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome bw’indengakamere kuko bamwishe babanje kumubamba hagati y’abagore babiri.
Umuvugizi w’ubushinjacyaha mu Rwanda, Alain Mukuralinda, yemeza ko ibyangombwa bitangwa mu nzego za Leta bitagurwa kandi niyo bibaye haba hari igiciro kizwi ndetse n’ahishyurirwa hazwi na buri wese.
Abayobozi batandukanye barimo umuyobozi wa Polisi ku rwego rw’igihugu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, n’umuyobozi w’intara y’iburasirazuba tariki 11/04/2013 bakoze urugendo rwo kureba ikoreshwa ry’umuhanda Rwamagana-Kirehe kugira ngo bakomeze gukumira impanuka muri uyu muhanda.
Uburezi n’ubuhanga byunganiwe n’umuco w’ubupfura ni kimwe mu byashimangiwe na Lieutenant General Fred Ibingira mu kiganiro yatanze muri kaminuza y’Umutara Polytechnic mu ijoro ryo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu rwibutso rw’akarere ka Nyabihu hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 35 yakuwe mu murenge wa Jenda, Mukamira na Muringa, isanga imibiri 2020 yari isanzwe ishinguwe muri urwo rwibutso.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri ½ cy’irangiza muri UEFA Champions League yabaye tariki 12/04/2013, ikipe ya FC Barcelone yatomboranye na Bayern Munich naho Real Madrid itomborana na Borussia Dortmund.
Nyuma gato yo gushyikirizwa umufarizo wo kuraraho (matela), umusaza w’imyaka 85 witwa Ukunzake Ananias utuye mu Kagali ka Nganzo, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke avuga ko ari bwo bwa mbere mu buzima bwe agiye kurara kuri matela.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke, Gasasa Evergiste atangaza ko bakusanyije inkunga ingana na miliyoni eshatu zishyirwa mu kigega cy’ingoboka cyo gufasha abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Gakenke.
Amazina y’abashaka imyanya y’ubuyobozi muri Komite y’igihugu y’imikino Olmpique (CNO) yashyizwe ahagaragara tariki 12/04/2013 ndetse banatangira kwiyamamaza hirya no hino mu bazabatora tariki 20/04/203.
Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bagize ubutwari n’umutima wa kimuntu wo gufasha Abatutsi mu gihe cya Jenoside, ubu abo bafashije baracyariho kandi barabifuriza ngo Imana izababahembere.
Bihoyiki Claude wo mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi afunzwe azira ko umugore we yamubwiye ko bajyana kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi hanyuma akamusubiza ko ajya kwibuka we ufite abo yibuka kuko ngo we ntabiwe bishwe na Jenoside.
Umuriro ushobora kuba watewe n’amashyarazi wibasiye inzu y’umuturage maze utwika “amajyambere” (ibikoresho by’umukobwa witegura kurushinga) mu mujyi wa Nyamagabe ahitwa mu Kiyovu.
Abanyarwanda barasabwa guharanira kwigira kandi bagakora ibishoboka byose ngo bazabigereho vuba kuko ntacyo amahanga azabakorera, ngo ahubwo nibikomera amahanga azongera akuremo akarenge nk’uko yabyerekanye mu gihe cya Jenoside yo mu 1994.
Perezida Yahya Jammeh uyobora igihugu cya Gambia yongeye kugaragaza ko atihanganira na busa abakorana imibonano mpuzabitsina n’abo babihuje, ndetse avuga ko uzafatwa akora ibyo bikorwa yita urukozasoni azahabwa ibihano bikarishye, akicuza icyatumye avuka.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), Margaret Nantongo Zziwa, arashima ibikorwa bimaze kugerwaho n’uruganda rw’amakaro (East African Granite Industries) rukorera mukarere ka Nyagatare.
Umubikira wo muri kiliziya Gatulika witwa Mary Anne Rapp yemereye imbere y’urukiko muri Amerika ko yibye amadolari ya Amerika ibihumbi 130 (86.500.000 Rwf) akayakinisha mu mikino bita casino benshi bafata nk’urusimbi rwa kizungu kandi rwemewe.
Urubuga nkoranyambaga rwa Facebook rwatangiye kwishyuza amafaranga akabakaba ibihumbi 10 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda abandikira abo badafitanye ubucuti kuri Facebook nk’igihano kuko baba babavogerera ubuzima.
Ku bufatanye hagati y’abacitse ku icumu b’i Musange n’akarere ka Nyamagabe, mu murenge wa Musange hagiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside rusimbura urwari ruhari rutari rumeze neza mu rwego rwo guha agaciro imibiri y’abishwe muri Jenoside iruhukiyemo.
Abagabo babiri bazwi ku izina ry’Abarembetsi bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba bazira gufatanwa Kanyanga bari bavanye mu gihugu cya Uganda.
U Rwanda rwasubiye inyuma imyanya itatu ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rwashyizwe ahagaragara na FIFA ku wa gatatu tariki 10/04/2013.
Intumwa ya rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umuraza Landrada, yagaye cyane abagore bateshutse ku bubyeyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko ashima n’uruhare abagore bakomeje kugira mu kubaka u Rwanda.
Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.
Mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye mu murenge wa Tare tariki 13/04/2013, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo Izabiliza Jeanne yasabye ababyeyi kubwiza abana ukuri ku byerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyarwanda bakwiye kumenya imvano ya Jenoside, bagasubiza amaso inyuma bakareba ibibi yakoze bikabafasha kuyikumira; nk’uko byasobanuwe na Minisitiri Sheikh Moussa Fazil Harerimana, ubwo yasuraga umurenge wa Save mu karere ka Gisagara akabaganirira ku mateka ya Jenoside.
Uwimana Athanasie, umufasha wa Gen Nsabimana yatangarije Artiges Guy umugenzacyaha i Bruxelles taliki 30/06/1994 ko mbere yo guhamagarwa ngo aherekeze Perezida Habyarimana mu mishyikirano y’amahoro yagombaga gusinyirwa Arusha umugabo we yari ahangayikishijwe n’ikintu gishobora guturika bigatuma intambara yongera kwegura.
Ngabonziza Athanase wo mu kagari ka Kitazigurwa mu murenge wa Muhazi ho muri Rwamagana yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 azira ko yakoze imibonano mpuzabitsina n’umwana utarageza imyaka 18 wari watumye mushiki wa Ngabonziza ngo azabwire musaza we ko amukunda.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko bamwe mu bagororwa basohoka muri gereza barangije ibihano byabo bagera hanze bakitwara nabi baba basubiza inyuma igihugu cyabo.
Umuyobozi wa Ibuka, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, aravuga ko amafaranga ateganywa n’itegeko agomba kujya mu kigega gishinzwe gufasha abarakotse Jenoside yakorewe Abatutsi “FARG” agomba gufasha mu bikorwa bitandunye nta na rimwe ryari ryagera muri icyo kigega.
Abaturage bagera ku bihumbi bitatu bo mu Murenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’ububiko bw’ibicuruzwa biva mu mahanga (MAGERWA), cyasuye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu mudugudu wa Bimba ho mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, babashyikiriza n’inkunga y’ibiribwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/04/2013.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Ikipe ya APR Volleybal Club y’abagore yatahukanye umwanya wa gatandatu mu mikino y’igikombe cya Afurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, yasojwe ku wa Gatanu tariki 12/4/2013 i Antananarivo muri Madagascar.
Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 19 cyatangiye itariki 07/04/2013, cyanabereye mu ntara ya Darfur mu gace ka Elgeneina muri Sudani, giteguwe n’Ingabo na Polisi y’u Rwanda bashinzwe kugarura amahoro muri ako gace.
Mbonyinzira Jean Bosco, Uwimana Jean Claude, Ntabyera Saleh na Rurangwa Charles bafungiye kuri station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, bakurikiranweho gushaka kwiba Banki y’abaturage y’u Rwanda n’umurenge wa SACCO, biherereye mu murenge wa Kibilizi.
Itsinda ry’abantu 28 baturutse i Burundi bakora muri minisiteri ifite mu nshingano itarambere ry’amakomini mu Burundi, ryageze mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki 11/04/2013, aho ryeretswe byinshi mu bikorwa byateje aka karere imbere.
Komiseri Mukanyagenzi Dativa ushinzwe kugorora, uburenganzira bwa muntu n’imibereho myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) aratangaza ko atigeze asura Kadogi Paul muri gereza ya Nyanza ahubwo ngo yahageze ku bw’impamvu z’akazi aboneraho kumusuhuza nk’umwe mu mfungwa n’abagororwa afite mu nshingano ze.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki RAA 153 M yakoze impanuka irangirika cyane, abantu babiri barimo barakomereka byorohereje na ho umushoferi avunika imbavu enye ziratana.
Umuryango w’Abanyarwanda baba mu ntara ya Darfour n’inshuti zabo hamwe n’intumwa z’Umuryango w’Abibumbye bifatanyije kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu muhango wo gushyingura imwe mu mibiri y’abishwe muri Jenoside mu karere ka Ngororero, tariki 11/04/2013, Depite Ngabo Amiel yashimangiye ko nyuma y’ubugwari bw’abishe inzirakarengane z’abanyarwanda, Umuryango w’Abibumbye nawo ukwiye kugira isoni kubera ko watereranye abicwaga.
Bamwe mu bamaze kubona itegeko no02/2013 rigenga itangazamakuru barishimira kuba riha abaturage agaciro ndetse n’ubwigenge ku itangazamakuru rikorera mu Rwanda.
Abakozi ba Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET) batangajwe ndetse banababazwa cyane n’ibyo babonye mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi za Ntarama n’urwa Nyamata ziri mu karere ka Bugesera.
Musenyeri wa Diocese ya Gahini, Alex Birindabagabo, aratangaza ko imwe mu miryango mpuzamahanga yirukankira ahari imvururu muri Afurika ivuga ko ije gufasha imbabare, ariko igahugira mu biyifitiye inyungu gusa.
Umuyobozi wa IBUKA ku rwego rw’igihugu, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, yagaragaje ko abacitse ku icumu rya Jenoside batishimiye ko nyuma ya Gacaca, abafite amafaranga bajya gusubirishamo imanza.
Nyiraneza Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza muri Musanze, akomeje kwibasirwa n’abantu bataramenyekana, aho mu ijoro ryo kuri uyu wa 09/04/2013 baje bagakura ihembe ry’inka ye, maze inyana bakayizirikanya n’imbwa.
APR Volleyball Club y’abagore yatsinze Ndejje University yo muri Uganda mu mukino wo guhatanira umwanya hagati y’uwa gatanu n’uwa munani, mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo irimo kubera muri Madagascar.
Ndagijimana Jean Bosco, Moise Sinangumuryango n’abandi, barashimwa ko bakoze ibikorwa byerekana umutima w’impuhwe n’urukundo kuko babashije guhisha Abatutsi bahigwaga mu bihe bya Jenoside none bakaba bakiriho.
FC Barcelone na Bayern Munich, tariki 10/4/2013, zabonye itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu mikino uhuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League).
Mu gihe cy’ibiganiro bijyanye no kwibuka ku nshuro ya 19 Abatutsi bazize Jenoside byabeyere mu nzu mberabyombi y’Akarere ka Huye kuwa 10/4/2013, abaturage bo mu Kagari ka Butare bagaragaje ko gufasha inshike ari ngombwa, ariko bakibaza bati “tubafashe gute?”
Umukuru w’ingabo mu turere twa Rusizi na Nyamasheka, Brig Gen Karamba Charles, aranenga abagize uruhare muri Jenoside bagahabwa imbabazi none bakaba batitabira ibiganiro bijyanye no kwibuka ku ncuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyeshuri bibumbiye mu muryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) bo mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE) n’ubuyobozi bw’iri shuri basaniye uwacitse ku icumu utuye i Rukumberi inzu banoroza abandi icumi babaha amatungo.