Nyuma y’uko umuhanzi Kitoko abimburiye abandi mu gusezera Salax Awards y’uyu mwaka, n’abandi bahanzi barimo Rafiki, Alpha Rwirangira na Uncle Austin basezeye bavuga ko babitewe n’impamvu zabo bwite.
Babinyujije ku rubuga rwa Facebook, abantu benshi bavuga ko badashimishijwe n’ukuntu bakorerwa isakwa bagiye gusenga, abandi nabo bakavuga ko babona ari ngombwa bitewe n’impamvu z’umutekano.
Ababyeyi bo mu karere ka Ruhango batuye mu duce twamaze kugeramo iterambere nk’umuriro bahangayikishijwe n’insinga z’umuriro zinyura mu butaka ko zishobora kubaca ku rubyaro.
Mu rwego rwo gushyira imbere imikoranire myiza hagati ya Polisi ndetse n’abaturage, ku cyumweru tariki 20/01/2013, Abapolisi bakorera mu karere ka Rulindo bakinnye n’abamotari nabo bakorera muri aka karere batsindanwa igitego 1-1.
Intsinzi y’ibitego 3-0 Rayon sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport, yatumye yegukana igikombe cya ‘Football Rwanda Media Limited Cup’ (FRM cup) mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumeru tariki 20/01/2013.
Abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside bibumbiye muri AERG-KIST/KHI ishami rya Nyamishaba mu karere ka Karongi, tariki 19/01/2013, bizihije isabukuru y’imyaka 12 umuryango umaze ushinzwe.
Abaturage bitanze kurusha abandi ngo imihigo y’umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara igerweho bahawe certificat z’ishimwe, ndetse umunyamabanga nshingwabikorwa w’umudugudu wabaye uwa mbere ahabwa igikombe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwasuye inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyakiliba bwemeje ko izo nyubako zifite ubuziranenge bitandukanye n’ibyari byaravuzwe na Nyanama y’ako karere yari yaravuze ndetse igasaba ko rwiyemezamirimo wazubakaga ahagarika imirimo.
Mu gihe gahunda ya Leta y’u Rwanda ishishikariza abantu guhanga indi mirimo itari iy’ubuhinzi, abana bose bakajya mu ishuri, abantu bagatura mu midugudu bityo hakaboneka ubutaka bugaragara bwo guhinga, Abanyarwanda bakwiye gutangira guhinga bifahishije imashini.
Abitabiriye inama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17/01/2013 bagaragaje ko kuba amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza yariyongere bishobora kuba aribyo bituma butitabirwa nk’uko byari byitezwe.
Nyirambonyimana Noella w’imyaka 36 y’amavuko wari Umucungamutungo (Comptable) wa Koperative Umurenge SACCO yo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi kuri uyu wa 19/01/2013 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ngo anyereze umutungo.
Mu nama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’Amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17 Mutarama, abayobozi bagaragaje ko abaturage bashishikarizwa guhinga no korora kandi umusaruro ukaboneka, ariko ko igisigaye ari ugushaka uburyo uwo musaruro wakongererwa agaciro udapfuye ubusa.
Nk’uko byagaragajwe n’inama y’abafatanyabikorwa mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero, abantu bagera kuri 301 bakorewe ibikorwa by’ihohoterwa mu mwaka ushize wa 2012.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora, Prof. Kalisa Mbanda, yasabye inzego z’ubuyobozi zo mu Ntara y’amajyepfo gushyira imbaraga mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 akazagenda neza kandi akanabera ahantu heza.
Nyuma y’inama y’abanyamakuru bakurikiranira hafi imyidagaduro hamwe n’abategura Salax Awards yataye tariki 18/01/2013, hatangajwe urutonde rw’abahanzi bahatanira Salax Awards mu byiciro 13.
Mu masaha yo ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 18/01/2013, inkumi iri munsi y’imyaka 25 yanyweye inzoga aho bita mu kajagari mu murenge wa Bwishyura hakunze kuba abakobwa bigurisha, ubundi si uguteza akavuyo mu muhanda biratinda.
Abakozi b’ibitaro by’akarere ka Nyanza bahuriye hamwe bose bufurizanya umwaka mushya wa 2013 basabirana mu mvugo n’amasengesho ko umwaka batangiye wazababera uw’ishya n’ihirwe kandi barushaho gutanga serivisi nziza ku babagana.
Ikipe y’u Rwanda y’abagabo n’iy’abagore zikina Basketball, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/01/2013 zerekeje i Dar es Salaam muri Tanzania mu mikino y’akarere ka gatanu, igamije no gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Mu karere ka Ruhango haje ubundi bucuruzi budasanzwe butuma abantu bibagirwa gukora indi mirimo n’abari bafite ingendo bakazihagarika bakabanza gucuruza. Ubwo bucuruzi busaba igishoro cy’amafaranga 100 gusa, bushobora gufasha ubwinjiyemo gukorera andi menshi.
Abakoporali babiri Mbananabenshi na mugenziwe Nzeyimana, baraye bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/01/2013. Batangaza ko bitari byoroshye gutahuka n’agato kubera ko FDLR izira kumva abantu batahutse.
Ubuzima bwongeye kugaruka nk’ibisanzwe mu duce twegereye umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, Nyuma y’imyigaragambyo yoroheje y’abatuye mu gice cya Uganda, biturutse ku rupfu y’urupfu rw’umugande watwikiwe mu modoka n’abagizi ba nabi.
Abari abayobozi bose b’ikipe ya AS Muhanga bamaze guhagarikwa burundu ku mirimo yabo, nyuma y’aho ikipe igaragarije umusaruro mucye mu mikino ya shampiyona ibanza. Kuri ubu iyo kipe irimo kuyoborwa na Komite y’inzibacyuho.
Polisi yo mu karere ka Burera icumbikiye umugabo witwa Felix Ntaganzwa, ukekwaho kwiba moto ya Anastase Nteziryayo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhunde.
Impunzi z’Abanyarwanda zari zaraheze muri Repubulika iharanira Demokaresi ya Congo zikomeje gutahuka mu Rwanda, aho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/12/2013 abagera kuri 29 nabo bageze mu nkambi ya Nyagatare.
Ubuyobozi bwa koperative yo kubitsa no kugurizanya ya Musange “Urumuri rwa Musange SACCO”, buratangaza ko kuba iyi sacco yaribwe bitahungabanyije serivisi abanyamuryango bayo bahabwaga kuko zakomeje gutangwa nk’uko byari bisanzwe.
Guhabwa service mbi umuntu agaceceka no kudaharanira uburenganzira bwe no kudatanga amakuru ku babishinzwe kugira ngo utanze service mbi akurikiranwe, ni kimwe mu bituma hari ahantu hakirangwa serivisi mbi mu Rwanda.
Abahinzi b’urutoki mu karere ka Bugesera baravuga ko inyigisho bahawe zo kuvugurura urutoki zatumye barimo kubona umusaruro, bakaba baratangiye kubona umusaruro.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyambabuye buratangaza ko igikorwa cyo gusezeranye imiryango yabanaga bitemewe n’amategeko kibafasha kugabanya amakimbirane yo mu miryango.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), cyagabiye inka y’inzungu n’iyayo umuryango wibarutse abana bane kuri uyu wa gatanu tariki 18/01/2013, mu rwego rwo kubonera amata aba bana, kubera ko umubare wabo ugaragaza ko batahazwa n’ibere rya nyina.
Umusifuzi w’umunyarwanda Felicien Kabanda aragira uruhare rukomeye mu mukino ufungura igikombe cya Afurika, uza guhuza Afurika y’Epfo yakiriye iyo mikino na Cape Verde kuri uyu wa gatandatu tariki 19/01/2013.
Hashize ibyumweru bibiri uwitwa Nyiraneza Chantal yirukanywe mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga , mu murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, akavuga ko yazize ko abana be barwaye bwaki ariko ubuyobozi bukemeza ko atabitagaho.
Minisitiri Lambert Mende yashyize atangaza ko ko umutwe wa Mai Mai Nyatura ukomeje gukura mu byabo Abanyecongo bavuga ikinyarwanda ubangamiye leta ya Congo. Avuga ko Leta ikomeje guhangana nawo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye Abanyamerikakazi babiri Patricia Crisafulli na Andrea Redmond, banditse igitabo cyitwa”‘Rwanda inc”, gishima amateka y’iterambere ry’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bashimiye Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ko yabagobotse nyuma y’umutingito wabaye mu 2008 ugahungabanya Intara y’Iburengerazuba.
Cyanika Cross Border, Koperative y’abahoze bakora forode, bazwi ku izina ry’ “abafozi”, biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bakusanya amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 120 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF).
Ubwinshi bw’abakora uburaya n’abandi bakora ibikorwa byo guhungabanya umutekano birimo guta abana no gukwirakwiza Virusi itera Sida, biri mu bibazo bikomeje gufata indi ntera mu karere ka Rubavu.
Akarere ka Gicumbi niko keguriwe inzu Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yubakiye abanyabukorikori bo muri ako karere, mu rwego rwo kugira ngo kabe ariko kajya kagenzura imikorere yabo n’uburyo biteza imbere.
Abana 460 bagiye kongera guhurira mu nama nkuru y’abana igiye kuba ku nshuro ya munani, iy’uyu mwaka ikazaba ifite insanganyamatsiko igira iti “uruhare rw’abana mu kwihesha agaciro”.
Mu gihe abashinzwe uburezi mu karere ka Nyagatare buvuga ko nta munyeshuli ugomba kwirukanirwa ko umubyeyi we atitabiriye inama, bamwe mu babyeyi, ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuli rwa Nyagatare ndetse n’ubw’umurenge iri shuli ribarizwamo bwemeza ko nta bundi buryo bwakoreshwa.
Abarundi icyenda n’Abanyarwanda babili bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ngoma iri mu karere ka Ngoma, bakekwaho gutwara urumogi na forode z’amasashe n’amamesa.
Ambasaderi mushya w’u Bufaransa mu Rwanda, Michel Flesch, aratangaza ko igihugu cye kiteguye gukomezanya n’u Rwanda mu gushyiraho umubano mushya ushingiye ku bufatanye n’iterambere, nyuma y’ibihe byakurikiye Jenoside byagaragayemo umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi.
Mu biganiro umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ububanyi n’amahanga yagiranye na ba ambasaderi b’Ububiligi na Norvege kuri uyu wagatanu taliki 18/01/2013 yongeye kubagaragariza aho u Rwanda ruhagaze ku mutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yiswe Knowledge Transfer Partnership (KTP), igamije gufasha za Kaminuza, amashuri makuru n’ibindi bigo bikora ubushakashatsi, kugirana ubufatanye n’abanyenganda, mu rwego rwo guhesha abantu akazi, hamwe no kongera ubwiza n’ubwinshi bw’ibikorwa.
Gusukura ibikoresho byakoreshejwe mu rutoki mbere na nyuma yo kubikoresha hifashishijwe umuti wica udukoko wa Jick cyangwa kubinyuza ku muriro, nizo nama zihabwa abahinzi b’urutoki bo mu kagali ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’indwara ya kirabiranya.
Intumwa za minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zasuye akarere ka Nyanza tariki 18/01/2013 zashimye aho ako karere kageze gashyira mu bikorwa imihigo kihaye muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’uko umusaza Ruzindana Ladislas wo mu karere ka Nyamasheke agaragarije Perezida Kagame akarengane yagiriwe na NPD-COTRACO yakoresheje ubutaka bwe itamwishyuye, ku wa 17/01/2013 iyi sosiyete yamwishyuye amafaranga miliyoni nk’ingurane y’ubutaka yakoresheje icukuramo itaka ryo gukora umuhanda Buhinga-Nyamasheke.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 18/01/2013 ahitwa Rwafandi mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi abagizi ba nabi bahatwikiye umugande witwa Tinyinondi Dickson mu modoka ubwo yari avuye mu mujyi wa Kigali kuvunjisha amadorari.
Ikipe ya Volleyball y’ingimbi z’u Rwanda yamaze kugera mu gihugu cya Algeria aho yagiye mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 izabera i Alger tariki 21-31/01/2013.
Kuri uyu wa 18/01/2013, Perezida Kagame yaganiriye n’abaturage b’akarere ka Rusizi ababwira ko hoteli ikomeye igomba kubakwa mu karere ka Rusizi mu bihe bya vuba kuko ngo ikenewe cyane kandi yashishishikarije abashoramari guhuza imbaraga kugira ngo yubakwe kuko aribo izagirira akamaro gakomeye.