Kuba mu Rwanda harakozwe Jenoside igakorwa na bamwe mu Banyarwanda kandi abenshi bari abayoboke b’amadini yigishaga urukundo no kuyoboka Imana, ni ikimwaro ku muryango Nyarwanda wose n’ikimenyetso ko abanyamadini bananiwe kugera ku ntego y’ibyo bagombaga kumvisha abayoboke babo, nk’uko byemezwa na Depite Constance Rwaka.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bo mu karere ka Rusizi banenzwe uko batita ku banyeshuri mu gihe amashuri aba afunze, aho batererana abana ntibabakurikirane mu gihe cyo gutaha basubira iwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abagatuyemo bahuriye ku kicaro cy’akarere mu gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 19, cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Abagore bo mu karere ka Musanze batanze ibitekerezo ku byo babona byashingirwaho hategurwa intego z’ikinyagihumbi za nyuma y’uriya mwaka, mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku ntego z’ikinyagihumbi za nyuma ya 2015.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Olivier Rebero yarokotse impanuka y’imodoka na moto yabaye ku mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013, ku bw’amahirwe ntiyapfa ariko ipantaro yari yambaye ihinduka uburere yangirika n’igice cy’ukuguru kumwe.
Bamwe mu bahanzikazi baremeza ko ruswa y’igitsina isabwa abahanzikazi kugira ngo bamenyekanishirizwe ibihangano, icyo kibazo kibabangamiye bagasaba ko hari icyakorwa kugira ngo icike.
Anathalie Nyirabikari w’imyaka 67, wari utuye umudugudu wa Nyabitare, akagari ka Gitare ho mu murenge wa Nyarubaka, bamusanze mu nzu amaze iminsi yicishijwe ibyuma. Abantu batanu bakaba bakekwaho kuba ari bo bamwishe.
Umunyamabanga wa Kiyovu Sport Jean Marie Nsengiyumva aratanagza ko mu mukino wa shampiyona bakina na Rayon Sport kuri uyu wa Gatandatu tariki 20/4/2013 kuri Stade Amahoro, intego yabo ari ugutsinda, kuko bizatuma abakunda iyo kipe bongera kuyigirira icyizere no kugaruka ku kibuga.
Urwibutso rwa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo habereye igikorwa cyo kwimura imibiri yari ishyinguye mu rwibutso rwa kiziguro, muri zimwe mu mva zagaragaraga ko zitakimeze neza, igikorwa cyabaye Kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batakamba ngo uwo ariwe wese waba azi ahari umubiri w’umwe mu bazize Jenoside utarashyingurwa mu cyubahiro gukoresha umutima nama akhagaragaza kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro, abavandimwe be babashe kuruhuka no gutuza ku mutima.
Abakora umwuga wo gutwara ba mukerarugendo mu bice nyaburanga bitandukanye mu gihugu, basanga ubuvumo bwa Musanze ari umwimerere kuko uretse gutunganya aho umuntu akandagira ibindi bice byose nta cyahinduwe.
hatangiye gutekerezwa uko inkunga z’ingoboka zari zisanzwe zigenerwa abakene bo mu ntara y’Amajyepfo zabyazwamo imishinga izabaviramo inyungu yo kubafasha ku buryo burambye, uburyo bwaba buje bwunganira indi mishinga y’iterambere ikorwa muri iyi ntara.
Nyakirori Emmanuel w’imyaka 41, afungiye kuri station ya Polisi Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 19/04/2013 akekwaho ubujura bwo kwiba moto abanje gusinziriza abazitwara.
Inzego zitandukanye zo mu Muryango w’Abibumbye zikorera mu Rwanda ziraganira n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke ku byagezweho mu Ntego z’Ikinyagihumbi (MDGs) mu Rwanda, imbogamizi zikigaragara n’ibitekerezo byatuma ibitaragezweho bibasha kugerwaho.
Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta, ari mu ruzinduko mu karere ka Rusizi rugamije kwagura ishuri rya kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) ryahatangiye mu mwaka wa 2007 ariko rikaba ritari rifite ubushobozi buhagije kuko aho abanyeshuri bigira ari mu macumbi.
Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu 20 bo mu Ntara y’Amajyepfo bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye mu buryo bw’imvugo zisesereza abayirokotse.
Mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro tariki 18/04/2013 habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya gatatu abantu baguye mu kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 2000 bagiye kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inama yahuje abayobozi b’uturere n’intara hamwe n’abayobozi bakuru muri Guvenema kuri uyu wa gatanu tariki 19/4/2013, yafatiwemo ingamba zisaba imbaraga nyinshi abaturage mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, hamwe no kwimura abantu batuye mu buryo bashobora guhitanwa cyangwa kwangirizwa n’ibiza.
Koperative yo kubitsa no kuguriza ZIGAMA CSS yagize urwunguko rwa miliyari ebyiri na miliyoni 400 mu mwaka ushize wa 2012 ugereranyije na miliyari eshatu n’igice bateganyaga. Iyi nyungu bayibaze nyuma gucyemura ibibazo byose bijyanye no gufasha abanyamuryango bayo.
Umugore witwa Kanakuze Alphonsine yitabye Imana mu ijoro rishyira uwa 18/04/2013 azize inkangu yatengukiye inzu yari aryamyemo mu mudugudu wa Mburabuturo, akagari ka Gitwe mu murenge wa Karambi wo mu karere ka Nyamasheke.
Kuva tariki 16/04/2013, umuhanda Gasarenda-Gisovu wacitsemo kabiri, mu kagari ka Rugano mu murenge wa Musebeya, kubera inkangu ubu ukaba udashobora kunyurwamo n’imodoka.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi cyane cyane abaturiye umupaka wa Kamanyura uhana imbibe n’uwo murenge barakangurirwa kugira isuku n’isukura mu rwego rwo gukumira icyorezo cy’indwara ya korera yagaragaye mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.
Inganda 12 muri 13 z’amakoperative y’abahinzi ba kawa mu Karere ka Gakenke zagize igihombo mu mwaka wa 2012 kubera ikibazo cy’igiciro cya kawa y’ibitumbwe cyari gihanitse n’imicungire mibi y’umutungo wa koperative.
Abakorera bushake b’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) barongerera ubumenyi abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Kizanye cyo mu murenge wa Ruhuha mukarere ka Bugesera uburyo bwo guhinga ahantu hato kandi bakabona umusaruro mwinshi.
Itsinda ry’abakozi batatu baturuka mu Karere ka Nyanza bayobowe na Nkurunziza Philbert, baganiriye n’abayobozi b’Akarere ka Gakenke babasaba kubafasha kubona abakozi bagera ku bihumbi 10 bo gukoresha mu mirimo yo guca amaterasi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu rwanda (FERWAFA) ryemeye ubusabe bw’ikipe ya Rayon sports bwo kwimura umukino wagombaga kuyihuza na Kiyovu Sports, uvanwa ku cyumweru ushyirwa kuri uyu wa gatandatu tariki 20/04/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.
Minisitiri w’imikino mu Rwanda, Protais Mitali, aratangaza ko Minisiteri ayobora na FERWAFA bafashe icyemezo cyo gusezerera Milutin Sredojevic Micho watozaga Amavubi, nyuma yo kubona ko adashobora kuzageza u Rwanda ku nshingano yari yihaye ndetse no ku cyerekezo cy’umupira w’u Rwanda muri rusange.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye impunzi z’Abanyekongo mu karere ka Karongi habereye inama y’abana iba buri mwaka bagatanga ibitekerezo ku ruhare rwabo mu bikorwa byose bibakorerwa, ariko abanyamakuru babujijwe kwinjira mu cyumba cy’inama.
Sebuhoro Daniel wo mu mudugudu wa Kabuye mu kagari ka Rurambi mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza yishe umugore we n’umwana we w’amezi atatu mu ijoro rya tariki 18/04/2013 nawe ahita yitera ibyuma.
Gatarayiha Aloys w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka mu kagali ka Kinanira, umurenge wa Remera mu karere ka Ngoma, afungizwe azira inoti 50 z’amafaranga 2000 z’amahimbano yari agiye kwishyura inzoga ku kabari k’umuntu bakunda kwita Pati gaherereye ahitwa mu Ivundika.
Enterprise ENAS Ltd y’umushoramari wikorera ku giti cye Nkubiri Alpfred yeguriwe 60% by’uruganda rw’umuceri rwa Kirehe naho 40% bigasigarana Leta aho bizakomeza gukoreshwa n’andi makoperative y’umuceri.
Minisiteri y’imikino n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda bahaye Nshimiyimana Eric gutoza ikipe y’igihugu Amavubi akazungirizwa na Kayiranga Baptiste, nyuma yo gusezerera Umunya-Serbia Milutin Sredojevic ‘Micho’ kubera umusaruro muke.
Imibare yo muri Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igaragaza ko kuva umwaka wa 2013 watangira abantu 37 bamaze kwitaba Imana bahitanywe n’ibiza birimo inkangu n’imyuzure.
Ushinzwe imirimo ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda (Charge d’Affaires), Jessica Lapenn, yijeje Abanyarwanda muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ko igihugu cye gishyigikiye u Rwanda muri gahunda yo kwigira.
Umugabo utuye ahitwa Cerreto Guidi mu Butariyani yaguye gitumo umujura wari winjiye iwe ashaka kwiba, yitabaza polisi iramutwara. Ariko amaze kumenya ko uyu mujura ari umushomeri, yiyemeje kumuha akazi.
Nyuma y’urupfu rw’abantu batanu bose bo mu muryango umwe bishwe n’inkangu mu ka kagari ka Kinyonzwe, umudugudu wa Matyazo, umurenge wa Mutuntu mu karere ka Karongi, ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kwimura indi miryango itatu yari ituranye na banyakwigendera.
Imvura nyinshi iri kugwa yatumye amazi y’uruzi rwa Nyabarongo arenga inkombe, akaba atangiye kugera mu muhanda wa Kaburimbo uhuza Kigali n’Intara y’amajyepfo.
Ntirenganya Celestin, umusore w’imyaka 30, akaba yari umukozi wa Airtel ku Ruyenzi, yagonzwe n’imodoka ikurura izindi, ubwo yari ageze ahitwa ku Mugomero, agiye gucuruza telefoni n’amakarita ku Kamonyi.
Abaturage bakoresha ikiraro cya Kazaza barifuza ko cyasanwa kuko cyahagaritse ubuhahirane. Uubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko kigiye gusanwa by’agateganyo, kigasanwa ku buryo burambye mu ngengo y’imari y’umwaka utaha izatangira muri Nyakanga.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga w’Icyayi wa Gatare (Gatare Tea Project) mu karere ka Nyamasheke iratangaza ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo ibikenewe biboneke, bityo imirimo ijyanye no kubaka uruganda yihutishwe ndetse n’ubuso buhinzeho icyayi bwiyongere.
Umugabo witwa Rwabuhungu Frederic, utuye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, avuga ko umushinga akora uzatera imbere nawe ukamuteza imbere kurushaho mu gihe mu murenge atuyemo hazaba hageze umuriro w’amashanyarazi.
Ijambo Leon Mugesera yavugiye ku Kabaya ari naryo rikomeje kumukurikirana, ryongeye gufatwa nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho ubushinjacyaha gushimangira ko akimara kurivuga hari Abatutsi bahise bicirwa aho yarivugiye.
Abanyeshuri, abakozi n’abarimu bakomoka mu bihugu 100 bo mu ishuri UNESCO-IHE (Institute for Water Education) ryigisha ubumenyi bw’amazi mu Buholandi bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banahamagarira amahanga yose gushyikiriza ubutabera abakekwa kuyigiramo uruhare.
Abanyarwanda n’inshuti batuye mu mujyi wa Edmonton muri Canada, tariki 13 Mata bakoze imihango inyuranye yo kwibuka ndetse no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ihene z’umuturage witwa Uwihanganye utuye mu mudugudu wa Nyarugenge akagari ka Burima umurenge wa Kinazi karere ka Ruhango, zariwe n’imbwa tariki 16/04/2013 zihita zipfa.
Girimpuhwe Anne umwana w’imyaka 16 wo mu karere ka Ruhango arashimira cyane uruhare rw’itangazamakuru mu kumukorera ubuvugizi ibibazo yari afite bigakemuka.
Umujyanama w’umunyamabanga mukuru wa UN mu bijyanye n’umutekano, Gen. Babacar Gaye, yatangaje ko umutwe ushinzwe guhashya imitwe yitwara gisirikare mu burasirazuba bwa Kongo-Kinshasa ugiye gutangira imirimo yawo mu minsi mike iri imbere.
Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Manchester, mu gihugu cy’Ubwongereza, barimo gutegura igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu mwaka wa 1994. Icyo gikorwa giteganyijwe tariki 20/04/2013 ahitwa Eccles.